Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Mu rubanza rw’uzwi mu myidagaduro uregwa gusambanya umwana hafashwe icyemezo gifashwe ubugiragatanu

radiotv10by radiotv10
18/05/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Uzwi muri muzika nyarwanda ufunze yagaragaye yaje kuburana
Share on FacebookShare on Twitter

Urubanza ruregwamo umubyinnyi Titi Brown uzwi mu myidagaduro yo mu Rwanda, rwongeye gusubikwa ku nshuro ya gatanu rushyirwa nyuma y’amezi abiri.

Uyu musore witwa Ishimwe Thierry akaba yaramamaye nka Tity Brown azwiho umwihariko n’ubuhanga mu kubyina indirimbo zigezweho, akaba yaranagaragaye mu ndirimbo z’abahanzi banyuranye.

Yaherukaga mu rukiko tariki 14 Werurwe 2023 ariko na bwo urubanza rwe rurasubikwa, rushyirwa none tariki 18 Gicurasi 2023.

Icyo gihe, uregwa yari yagaragarije Urukiko ko iyi tariki ari iya kure, asaba ko rwashyirwa mu matariki ya hafi kuko nabwo rwari rumaze gusubikwa inshuro ebyiri.

Inshuro zabanjirije iri subikwa, harimo ku ya 08 Gashyantare, rwari rwimuriwe tariki 22 Gashyanrare ari bwo rwongeraga gushyirwa tariki 14 Werurwe.

Kuri uyu wa Kane tariki 18 Gicurasi ubwo rwongeraga gusubikwa, Urukiko rwashingiye ku kuba hagitegerejwe ibisubizo by’ibizamini bya gihanga bya DNA ku mukobwa ukekwaho gusambanywa n’uregwa.

Ubushinjacyaha bwabwiye Urukiko ko ibi bisubizo bizaboneka mu gihe cy’ukwezi, bityo ko urubanza rwashyirwa nyuma y’icyo gihe.

Uruhande rw’uregwa rwo rwabwiye umucamanza ko mu gihe hagitegerejwe ibyo bisubizo, uregwa yaba arekuwe by’agateganyo, kuko gukomeza gutegereza icyo gihe cyose, ari kirekire.

Ni icyifuzo cyatewe utwatsi n’Ubushinjacyaha, bwavuze ko hari igihe giteganywa n’itegeko cyo gutegereza ibimenyetso, kandi ko kigomba kubahirizwa.

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge ruburanisha uru rubanza, rwanzuye ko rusubikwa, rurwimurira tariki 20 Nyakanga 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 6 =

Previous Post

Inama zikomeye z’umuraperi w’umunyabigwi mu Rwanda zatuma abasitari bubaka ingo zigakomera

Next Post

Umuyobozi w’ikigo gikomeye muri Kenya n’abandi 26 birukaniwe icyarimwe ku mpamvu idasanzwe

Related Posts

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku...

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

by radiotv10
14/01/2026
0

Umuhanzi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi, yambitse impeta umukunzi we Nkurunziza Retina, amusaba kuzamubera umugore, na we...

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi w’ikigo gikomeye muri Kenya n’abandi 26 birukaniwe icyarimwe ku mpamvu idasanzwe

Umuyobozi w’ikigo gikomeye muri Kenya n’abandi 26 birukaniwe icyarimwe ku mpamvu idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.