• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Mu rubanza rw’uzwi mu myidagaduro uregwa gusambanya umwana hafashwe icyemezo gifashwe ubugiragatanu

radiotv10by radiotv10
18/05/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Uzwi muri muzika nyarwanda ufunze yagaragaye yaje kuburana
Share on FacebookShare on Twitter

Urubanza ruregwamo umubyinnyi Titi Brown uzwi mu myidagaduro yo mu Rwanda, rwongeye gusubikwa ku nshuro ya gatanu rushyirwa nyuma y’amezi abiri.

Uyu musore witwa Ishimwe Thierry akaba yaramamaye nka Tity Brown azwiho umwihariko n’ubuhanga mu kubyina indirimbo zigezweho, akaba yaranagaragaye mu ndirimbo z’abahanzi banyuranye.

Yaherukaga mu rukiko tariki 14 Werurwe 2023 ariko na bwo urubanza rwe rurasubikwa, rushyirwa none tariki 18 Gicurasi 2023.

Icyo gihe, uregwa yari yagaragarije Urukiko ko iyi tariki ari iya kure, asaba ko rwashyirwa mu matariki ya hafi kuko nabwo rwari rumaze gusubikwa inshuro ebyiri.

Inshuro zabanjirije iri subikwa, harimo ku ya 08 Gashyantare, rwari rwimuriwe tariki 22 Gashyanrare ari bwo rwongeraga gushyirwa tariki 14 Werurwe.

Kuri uyu wa Kane tariki 18 Gicurasi ubwo rwongeraga gusubikwa, Urukiko rwashingiye ku kuba hagitegerejwe ibisubizo by’ibizamini bya gihanga bya DNA ku mukobwa ukekwaho gusambanywa n’uregwa.

Ubushinjacyaha bwabwiye Urukiko ko ibi bisubizo bizaboneka mu gihe cy’ukwezi, bityo ko urubanza rwashyirwa nyuma y’icyo gihe.

Uruhande rw’uregwa rwo rwabwiye umucamanza ko mu gihe hagitegerejwe ibyo bisubizo, uregwa yaba arekuwe by’agateganyo, kuko gukomeza gutegereza icyo gihe cyose, ari kirekire.

Ni icyifuzo cyatewe utwatsi n’Ubushinjacyaha, bwavuze ko hari igihe giteganywa n’itegeko cyo gutegereza ibimenyetso, kandi ko kigomba kubahirizwa.

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge ruburanisha uru rubanza, rwanzuye ko rusubikwa, rurwimurira tariki 20 Nyakanga 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 14 =

Previous Post

Inama zikomeye z’umuraperi w’umunyabigwi mu Rwanda zatuma abasitari bubaka ingo zigakomera

Next Post

Umuyobozi w’ikigo gikomeye muri Kenya n’abandi 26 birukaniwe icyarimwe ku mpamvu idasanzwe

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Umuyobozi w’ikigo gikomeye muri Kenya n’abandi 26 birukaniwe icyarimwe ku mpamvu idasanzwe

Umuyobozi w’ikigo gikomeye muri Kenya n’abandi 26 birukaniwe icyarimwe ku mpamvu idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.