Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Mu rubanza rw’uzwi mu myidagaduro uregwa gusambanya umwana hafashwe icyemezo gifashwe ubugiragatanu

radiotv10by radiotv10
18/05/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Uzwi muri muzika nyarwanda ufunze yagaragaye yaje kuburana
Share on FacebookShare on Twitter

Urubanza ruregwamo umubyinnyi Titi Brown uzwi mu myidagaduro yo mu Rwanda, rwongeye gusubikwa ku nshuro ya gatanu rushyirwa nyuma y’amezi abiri.

Uyu musore witwa Ishimwe Thierry akaba yaramamaye nka Tity Brown azwiho umwihariko n’ubuhanga mu kubyina indirimbo zigezweho, akaba yaranagaragaye mu ndirimbo z’abahanzi banyuranye.

Yaherukaga mu rukiko tariki 14 Werurwe 2023 ariko na bwo urubanza rwe rurasubikwa, rushyirwa none tariki 18 Gicurasi 2023.

Icyo gihe, uregwa yari yagaragarije Urukiko ko iyi tariki ari iya kure, asaba ko rwashyirwa mu matariki ya hafi kuko nabwo rwari rumaze gusubikwa inshuro ebyiri.

Inshuro zabanjirije iri subikwa, harimo ku ya 08 Gashyantare, rwari rwimuriwe tariki 22 Gashyanrare ari bwo rwongeraga gushyirwa tariki 14 Werurwe.

Kuri uyu wa Kane tariki 18 Gicurasi ubwo rwongeraga gusubikwa, Urukiko rwashingiye ku kuba hagitegerejwe ibisubizo by’ibizamini bya gihanga bya DNA ku mukobwa ukekwaho gusambanywa n’uregwa.

Ubushinjacyaha bwabwiye Urukiko ko ibi bisubizo bizaboneka mu gihe cy’ukwezi, bityo ko urubanza rwashyirwa nyuma y’icyo gihe.

Uruhande rw’uregwa rwo rwabwiye umucamanza ko mu gihe hagitegerejwe ibyo bisubizo, uregwa yaba arekuwe by’agateganyo, kuko gukomeza gutegereza icyo gihe cyose, ari kirekire.

Ni icyifuzo cyatewe utwatsi n’Ubushinjacyaha, bwavuze ko hari igihe giteganywa n’itegeko cyo gutegereza ibimenyetso, kandi ko kigomba kubahirizwa.

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge ruburanisha uru rubanza, rwanzuye ko rusubikwa, rurwimurira tariki 20 Nyakanga 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 3 =

Previous Post

Inama zikomeye z’umuraperi w’umunyabigwi mu Rwanda zatuma abasitari bubaka ingo zigakomera

Next Post

Umuyobozi w’ikigo gikomeye muri Kenya n’abandi 26 birukaniwe icyarimwe ku mpamvu idasanzwe

Related Posts

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi w’ikigo gikomeye muri Kenya n’abandi 26 birukaniwe icyarimwe ku mpamvu idasanzwe

Umuyobozi w’ikigo gikomeye muri Kenya n’abandi 26 birukaniwe icyarimwe ku mpamvu idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.