Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu Rwanda abajya kwivuza indwara zo mu mutwe bikubye 2 mu myaka 3

radiotv10by radiotv10
05/04/2022
in MU RWANDA
0
Mu Rwanda abajya kwivuza indwara zo mu mutwe bikubye 2 mu myaka 3
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima RBC, gitangaza ko abantu bajya kwaka serivisi z’ubuvuzi bw’indwara zo mu mutwe bikubye kabiri mu myaka itatu ishize ariko ko bitahita bihuzwa no kuba umubare w’abafite ibi bibazo wariyongereye.

Byatangajwe n’Umuyobozi w’Ishami rishinzwe ubuzima bwo mu mutwe muri RBC, Yvonne Kayiteshonga kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Mata 2022 mu kiganiro cyagaruka ku myiteguro yo kuzafasha abashobora kuzagira ibibazo by’ihungabana mu gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Yavuze ko Leta y’u Rwanda yashyizeho politiki yo kwegereza abaturage serivisi z’ubuzima n’iz’ubuvuzi bw’indwara zo mu mutwe “ku buryo uyu munsi 90% y’amavuriro mu Rwanda bafite izi serivisi, bafite abaganga babizobereyemo, tukaba dufite n’imiti.”

Yvonne Kayiteshonga yavuze ko kuva muri 2019 kugeza muri 2021 abajya kwa muganga kwaka izi serivisi z’ubuvuzi bw’ibibazo byo mu mutwe bagenda biyongera.

Ati “Abagannye serivisi zacu kandi bagakurikiranwa buri munsi bikubye kabiri mu myaka itatu.”

Icyakora avuga ko kuba barikubye kabiri mu myaka itatu, bitahita bisanishwa no kuba umubare w’abagira ibibazo byo mu mutwe ugenda wiyongera.

Ati “Ntabwo twahita tuvuga ko abarwayi babaye benshi, ahubwo tuvuga ko abantu barushaho kugirira icyizere serivisi z’ubuvuzi bw’indwara zo mu mutwe no kuzigana.”

Yvonne Kayiteshonga avuga ko abantu bakomeje kwizera serivisi z’ubuvuzi bw’indwara zo mu mutwe bakazigana

Yvonne Kayiteshonga avuga ko imwe mu mbogamizi ikigaragara mu buvuzi bw’izi ndwara, ari abanga kujya kwivuza bakeka ko bari buze kubaseka.

RBC ivuga ko ikibazo cy’ihungabana kiza ku isonga mu byugararije ubuzima bwo mu mutwe, igasaba Abanyarwanda kwitwararika no kwita ku bashobora kugira ihungabana muri iki gihe bagiye kwinjiramo cyo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Iki kigo kivuga ko umwaka ushize mu bihe byo kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside Yakorewe Abatutsi, abantu 2 628 bahuye n’ibibazo by’ihungabana.

Muri bo, 39% bafashijwe kuvurwa bagahita bakira, naho 61% bashyizwe mu matsinda bafashirizwamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + four =

Previous Post

IFOTO: Perezida Kagame muri Zambia yasuye Pariki ikomeye ibamo inyamaswa z’inkazi

Next Post

Nyuma y’imyaka 5 Obama avuye muri White House agiye kongera kuyikandagiramo

Related Posts

Do young Rwandans really understand financial independence?

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

In Rwanda today, more young people are talking about “financial independence.” You’ll hear it on social media, in schools, and...

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

IZIHERUKA

Do young Rwandans really understand financial independence?
MU RWANDA

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

26/07/2025
Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’imyaka 5 Obama avuye muri White House agiye kongera kuyikandagiramo

Nyuma y’imyaka 5 Obama avuye muri White House agiye kongera kuyikandagiramo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Do young Rwandans really understand financial independence?

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.