Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu Rwanda abajya kwivuza indwara zo mu mutwe bikubye 2 mu myaka 3

radiotv10by radiotv10
05/04/2022
in MU RWANDA
0
Mu Rwanda abajya kwivuza indwara zo mu mutwe bikubye 2 mu myaka 3
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima RBC, gitangaza ko abantu bajya kwaka serivisi z’ubuvuzi bw’indwara zo mu mutwe bikubye kabiri mu myaka itatu ishize ariko ko bitahita bihuzwa no kuba umubare w’abafite ibi bibazo wariyongereye.

Byatangajwe n’Umuyobozi w’Ishami rishinzwe ubuzima bwo mu mutwe muri RBC, Yvonne Kayiteshonga kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Mata 2022 mu kiganiro cyagaruka ku myiteguro yo kuzafasha abashobora kuzagira ibibazo by’ihungabana mu gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Yavuze ko Leta y’u Rwanda yashyizeho politiki yo kwegereza abaturage serivisi z’ubuzima n’iz’ubuvuzi bw’indwara zo mu mutwe “ku buryo uyu munsi 90% y’amavuriro mu Rwanda bafite izi serivisi, bafite abaganga babizobereyemo, tukaba dufite n’imiti.”

Yvonne Kayiteshonga yavuze ko kuva muri 2019 kugeza muri 2021 abajya kwa muganga kwaka izi serivisi z’ubuvuzi bw’ibibazo byo mu mutwe bagenda biyongera.

Ati “Abagannye serivisi zacu kandi bagakurikiranwa buri munsi bikubye kabiri mu myaka itatu.”

Icyakora avuga ko kuba barikubye kabiri mu myaka itatu, bitahita bisanishwa no kuba umubare w’abagira ibibazo byo mu mutwe ugenda wiyongera.

Ati “Ntabwo twahita tuvuga ko abarwayi babaye benshi, ahubwo tuvuga ko abantu barushaho kugirira icyizere serivisi z’ubuvuzi bw’indwara zo mu mutwe no kuzigana.”

Yvonne Kayiteshonga avuga ko abantu bakomeje kwizera serivisi z’ubuvuzi bw’indwara zo mu mutwe bakazigana

Yvonne Kayiteshonga avuga ko imwe mu mbogamizi ikigaragara mu buvuzi bw’izi ndwara, ari abanga kujya kwivuza bakeka ko bari buze kubaseka.

RBC ivuga ko ikibazo cy’ihungabana kiza ku isonga mu byugararije ubuzima bwo mu mutwe, igasaba Abanyarwanda kwitwararika no kwita ku bashobora kugira ihungabana muri iki gihe bagiye kwinjiramo cyo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Iki kigo kivuga ko umwaka ushize mu bihe byo kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside Yakorewe Abatutsi, abantu 2 628 bahuye n’ibibazo by’ihungabana.

Muri bo, 39% bafashijwe kuvurwa bagahita bakira, naho 61% bashyizwe mu matsinda bafashirizwamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 1 =

Previous Post

IFOTO: Perezida Kagame muri Zambia yasuye Pariki ikomeye ibamo inyamaswa z’inkazi

Next Post

Nyuma y’imyaka 5 Obama avuye muri White House agiye kongera kuyikandagiramo

Related Posts

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

by radiotv10
17/09/2025
0

The first African hosting of the UCI Road World Championships in September 2025, will not be a mere sporting event...

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

by radiotv10
17/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwatangaje ko indege nto yazo yo mu bwoko bwa drone yakoreshwaga mu myitozo, yataye inzira...

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu...

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali; guhera ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza, yibukijwe ko mu cyumweru...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

IZIHERUKA

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels
MU RWANDA

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

by radiotv10
17/09/2025
0

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

17/09/2025
U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

16/09/2025
Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’imyaka 5 Obama avuye muri White House agiye kongera kuyikandagiramo

Nyuma y’imyaka 5 Obama avuye muri White House agiye kongera kuyikandagiramo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.