Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu Rwanda abajya kwivuza indwara zo mu mutwe bikubye 2 mu myaka 3

radiotv10by radiotv10
05/04/2022
in MU RWANDA
0
Mu Rwanda abajya kwivuza indwara zo mu mutwe bikubye 2 mu myaka 3
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima RBC, gitangaza ko abantu bajya kwaka serivisi z’ubuvuzi bw’indwara zo mu mutwe bikubye kabiri mu myaka itatu ishize ariko ko bitahita bihuzwa no kuba umubare w’abafite ibi bibazo wariyongereye.

Byatangajwe n’Umuyobozi w’Ishami rishinzwe ubuzima bwo mu mutwe muri RBC, Yvonne Kayiteshonga kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Mata 2022 mu kiganiro cyagaruka ku myiteguro yo kuzafasha abashobora kuzagira ibibazo by’ihungabana mu gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Yavuze ko Leta y’u Rwanda yashyizeho politiki yo kwegereza abaturage serivisi z’ubuzima n’iz’ubuvuzi bw’indwara zo mu mutwe “ku buryo uyu munsi 90% y’amavuriro mu Rwanda bafite izi serivisi, bafite abaganga babizobereyemo, tukaba dufite n’imiti.”

Yvonne Kayiteshonga yavuze ko kuva muri 2019 kugeza muri 2021 abajya kwa muganga kwaka izi serivisi z’ubuvuzi bw’ibibazo byo mu mutwe bagenda biyongera.

Ati “Abagannye serivisi zacu kandi bagakurikiranwa buri munsi bikubye kabiri mu myaka itatu.”

Icyakora avuga ko kuba barikubye kabiri mu myaka itatu, bitahita bisanishwa no kuba umubare w’abagira ibibazo byo mu mutwe ugenda wiyongera.

Ati “Ntabwo twahita tuvuga ko abarwayi babaye benshi, ahubwo tuvuga ko abantu barushaho kugirira icyizere serivisi z’ubuvuzi bw’indwara zo mu mutwe no kuzigana.”

Yvonne Kayiteshonga avuga ko abantu bakomeje kwizera serivisi z’ubuvuzi bw’indwara zo mu mutwe bakazigana

Yvonne Kayiteshonga avuga ko imwe mu mbogamizi ikigaragara mu buvuzi bw’izi ndwara, ari abanga kujya kwivuza bakeka ko bari buze kubaseka.

RBC ivuga ko ikibazo cy’ihungabana kiza ku isonga mu byugararije ubuzima bwo mu mutwe, igasaba Abanyarwanda kwitwararika no kwita ku bashobora kugira ihungabana muri iki gihe bagiye kwinjiramo cyo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Iki kigo kivuga ko umwaka ushize mu bihe byo kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside Yakorewe Abatutsi, abantu 2 628 bahuye n’ibibazo by’ihungabana.

Muri bo, 39% bafashijwe kuvurwa bagahita bakira, naho 61% bashyizwe mu matsinda bafashirizwamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

IFOTO: Perezida Kagame muri Zambia yasuye Pariki ikomeye ibamo inyamaswa z’inkazi

Next Post

Nyuma y’imyaka 5 Obama avuye muri White House agiye kongera kuyikandagiramo

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?
IBYAMAMARE

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’imyaka 5 Obama avuye muri White House agiye kongera kuyikandagiramo

Nyuma y’imyaka 5 Obama avuye muri White House agiye kongera kuyikandagiramo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.