• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Perezida Kagame muri Zambia yasuye Pariki ikomeye ibamo inyamaswa z’inkazi

radiotv10by radiotv10
05/04/2022
in MU RWANDA
0
IFOTO: Perezida Kagame muri Zambia yasuye Pariki ikomeye ibamo inyamaswa z’inkazi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri muri Zambia mu ruzinduko ari kuhagirira, we na mugenzi we Hakainde Hichilema, kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Mata basuye Pariki y’Igihugu ya Musi-O-Tunya bareba ibyiza nyaburanga biyirimo birimo inyamaswa z’inkazi.

Byatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda mu butumwa bwatambutse kuri Twitter, buherekejwe n’amafoto agaragaza Perezida Kagame Paul na mugenzi we Hakainde Hichilema bari gutembera muri iyi pariki.

Ubu butumwa bugira buti “Muri iki gitondo, i Livingstone Perezida Hakainde Hichilema na Madamu Mutintu Hichilema bakiriye Perezida Kagame mu gutembera ibice by’ubukerarugendo”

Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda bitangaza ko ibi bice nyaburanga byasuwe na Perezida Kagame na mugenzi we Hakainde Hichilema birimo pariki ya Musi-O-Tunya iri muri Pariki zikomeye muri Africa ndetse n’Icyanya cy’ubukerarugendo kizwi nka Mukuni Big 5 Safaris kibamo inyamazwa z’inkazi.

Iyi Pariki ya Musi-O-Tunya iri mu ziri mu murage w’Isi wa UNESCO, ni imwe muri Pariki zikunzwe kugendererwa cyane na ba mukerarugendo kubera ibyiza nyaburanga biyigaragaramo birimo n’inyamaswa z’inkazi zidakunze kuboneka henshi.

Kuri uyu wa Mbere tariki 04 Mata 2022, Perezida Kagame na Hakainde Hichilema bari banasuye isumo rya Victoria Falls rifite amazi yisuka mu mugezi wa Zambezi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + seven =

Previous Post

Nyagatare: Amatungo mu cyumba kimwe n’abantu, ubuyobozi buti “Ntitwari tuzi ko bigeze aho”

Next Post

Mu Rwanda abajya kwivuza indwara zo mu mutwe bikubye 2 mu myaka 3

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Mu Rwanda abajya kwivuza indwara zo mu mutwe bikubye 2 mu myaka 3

Mu Rwanda abajya kwivuza indwara zo mu mutwe bikubye 2 mu myaka 3

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.