Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu Rwanda habonetse abandi bahinzi b’umuceri bari kurira ayo kwarika

radiotv10by radiotv10
07/02/2025
in MU RWANDA
0
Mu Rwanda habonetse abandi bahinzi b’umuceri bari kurira ayo kwarika
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi b’umuceri bo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisagara bahinga mu gishanga cya Rwasave, bavuga ko bategereje ko ba rwiyemezamirimo babagurira umusaruro wabo nk’uko byari bisanzwe, none amaso yaheze mu kirere, ngo kuko imodoka yabuze aho inyura kubera umuhanda wangiritse, none n’umuceri uri kwangirika mu bwanikiro.

Ntakirutimana Emmanuel agira ati “Umuceri twejeje ubushize uracyari muri hangari watangiye kumera. Batubwira ko ikibazo gihari ari uko babuze imodoka iza kuwupakira bitewe n’uko umuhanda wangiritse, imodoka ibura aho inyura iza kuwutwara.”

Aba bahinzi b’umuceri, bavuga ko uretse kuba bababazwa no kuba umusaruro wabo uri kwangirika, ibi byanabashyize mu bihombo, ku buryo ubu ubukene bubamereye nabi.

Mukabahizi ati “Turakennye cyane kandi twakabaye twikenuza umuceri twejeje kuko uracyari ku bwanikiro umwe watangiye kumera twabaza impamvu udapakirwa bakatubwira ko imdoka yabuze aho inyura iza kuwuakira kubera umuhanda wangiritse […] Twabuze amafaranga yo kujyana abana bacu ku mashuri turakennye cyane.”

Aba bahinzi bavuga ko iyangirika ry’uyu musaruro wabo, ryanatijwe umurindi n’imvura yaguye muri ibi bihe, mu gihe utatindaga mu bwanikiro kuko ba rwiyemezamirimo bahitaga bawujyana.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Save, Sibomana Damien ko atari azi iki kibazo, gusa akavuga ko gishobora kuba cyaratewe n’ikorwa ryumuhanda wa Cyezuburo-Save-Musha watumye tumwe na tumwe mu duhanda twangirika tunyura mu bice by’icyaro ari na two tunyuramo izo modoka zijya kuzana umuceri.

Ati “Ntabwo icyo kibazo twari tukizi ko imodoka zabuze aho zinyura, gusa mu minsi yashize murabizi ko hari hari gukorwa umuhanda Cyezuburo-Save-Musha, imodoka zishobora kuba zarasibye uduhanda tujya mu ma-quartier, gusa tugiye kuvugana n’abakora uwo muhanda badusibure neza n’uwo musaruro w’abahinzi utwarwe.”

Aba bahinzi bavuga ko kutagurirwa umusaruro wabo ku gihe bituma  batabona uko biteza imbere dore babuze n’uko bongera guhinga kandi  n’uwo bari barahinze utaragurishwa.

Aba bahinzi bavuga ko bababazwa n’ubukene bafite nyamara bakagombye kuba bameze neza

Umusaruro wabo uri kwangirikira mu bwanikiro

Ngo byatewe n’umuhanda wangiritse ku buryo imodoka zibura aho zinyura zijya gutunda umusaruro wabo

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + eighteen =

Previous Post

Lies, indiscipline, embezzlement as principles of governance lead to irresponsibility

Next Post

Umukinnyi rurangiranwa wakiniye amakipe akomeye ku Isi yasezeye ruhago burundu

Related Posts

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi rurangiranwa wakiniye amakipe akomeye ku Isi yasezeye ruhago burundu

Umukinnyi rurangiranwa wakiniye amakipe akomeye ku Isi yasezeye ruhago burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.