Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu Rwanda habonetse abandi bahinzi b’umuceri bari kurira ayo kwarika

radiotv10by radiotv10
07/02/2025
in MU RWANDA
0
Mu Rwanda habonetse abandi bahinzi b’umuceri bari kurira ayo kwarika
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi b’umuceri bo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisagara bahinga mu gishanga cya Rwasave, bavuga ko bategereje ko ba rwiyemezamirimo babagurira umusaruro wabo nk’uko byari bisanzwe, none amaso yaheze mu kirere, ngo kuko imodoka yabuze aho inyura kubera umuhanda wangiritse, none n’umuceri uri kwangirika mu bwanikiro.

Ntakirutimana Emmanuel agira ati “Umuceri twejeje ubushize uracyari muri hangari watangiye kumera. Batubwira ko ikibazo gihari ari uko babuze imodoka iza kuwupakira bitewe n’uko umuhanda wangiritse, imodoka ibura aho inyura iza kuwutwara.”

Aba bahinzi b’umuceri, bavuga ko uretse kuba bababazwa no kuba umusaruro wabo uri kwangirika, ibi byanabashyize mu bihombo, ku buryo ubu ubukene bubamereye nabi.

Mukabahizi ati “Turakennye cyane kandi twakabaye twikenuza umuceri twejeje kuko uracyari ku bwanikiro umwe watangiye kumera twabaza impamvu udapakirwa bakatubwira ko imdoka yabuze aho inyura iza kuwuakira kubera umuhanda wangiritse […] Twabuze amafaranga yo kujyana abana bacu ku mashuri turakennye cyane.”

Aba bahinzi bavuga ko iyangirika ry’uyu musaruro wabo, ryanatijwe umurindi n’imvura yaguye muri ibi bihe, mu gihe utatindaga mu bwanikiro kuko ba rwiyemezamirimo bahitaga bawujyana.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Save, Sibomana Damien ko atari azi iki kibazo, gusa akavuga ko gishobora kuba cyaratewe n’ikorwa ryumuhanda wa Cyezuburo-Save-Musha watumye tumwe na tumwe mu duhanda twangirika tunyura mu bice by’icyaro ari na two tunyuramo izo modoka zijya kuzana umuceri.

Ati “Ntabwo icyo kibazo twari tukizi ko imodoka zabuze aho zinyura, gusa mu minsi yashize murabizi ko hari hari gukorwa umuhanda Cyezuburo-Save-Musha, imodoka zishobora kuba zarasibye uduhanda tujya mu ma-quartier, gusa tugiye kuvugana n’abakora uwo muhanda badusibure neza n’uwo musaruro w’abahinzi utwarwe.”

Aba bahinzi bavuga ko kutagurirwa umusaruro wabo ku gihe bituma  batabona uko biteza imbere dore babuze n’uko bongera guhinga kandi  n’uwo bari barahinze utaragurishwa.

Aba bahinzi bavuga ko bababazwa n’ubukene bafite nyamara bakagombye kuba bameze neza

Umusaruro wabo uri kwangirikira mu bwanikiro

Ngo byatewe n’umuhanda wangiritse ku buryo imodoka zibura aho zinyura zijya gutunda umusaruro wabo

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 7 =

Previous Post

Lies, indiscipline, embezzlement as principles of governance lead to irresponsibility

Next Post

Umukinnyi rurangiranwa wakiniye amakipe akomeye ku Isi yasezeye ruhago burundu

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi rurangiranwa wakiniye amakipe akomeye ku Isi yasezeye ruhago burundu

Umukinnyi rurangiranwa wakiniye amakipe akomeye ku Isi yasezeye ruhago burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.