Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda hagiye kwifashishwa indege mu gutahura abakora bimwe mu byaha

radiotv10by radiotv10
15/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Mu Rwanda hagiye kwifashishwa indege mu gutahura abakora bimwe mu byaha
Share on FacebookShare on Twitter

Indege nto itagira umupilote (Drone) yahawe izina ‘Inganji I’ igiye kwifashishwa mu gukumira no gufasha Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) mu iperereza ryo gutahura abangiza ibidukikije.

Ubu buryo bwamuritswe ku mugaragaro kuri uyu wa Gatanu, tariki 15 Nzeri 2023, aho iyi drone yiswe ‘Inganji I’ izajya yifashishwa mu gukusanya amakuru ndetse inakore ubugenzuzi; bigamije gukumira ndetse no gukora iperereza ku byaha byangiza ibidukikije.

Igikorwa cyo gutangiza ubu buryo, cyitabiriwe na Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc wanakiyoboye, aho yari kumwe n’abayobozi banyuranye barimo Umunyamabanga Mukuru wa RIB, Col (Rtd) Jeannot Ruhunga.

Minisiteri y’Ibidukikije, ivuga ko “Drone Inganji I izafasha mu gushakira umuti ndetse no kugenzura ibikorwa byangiza ibidukikije, birimo abapfusha ubusa ubutaka, abashyira imyanda mu mazi, ndetse n’abajya gukorera ibitemewe ahantu hakomwe.”

Indege zitagira abapilote, zisanzwe zifashishwa mu bikorwa binyuranye mu Rwanda, birimo gukwirakwiza amaraso n’imiti mu Bitaro binyuranye, ndetse no gutera imiti yica imibu.

Izi ndege kandi zanifashishwe mu bihe bya Covid-19, zagiye zijya mu bice binyuranye, zifashishwa mu gutanga ubutumwa bwo kurwanya iyi ndwara yigeze kuba icyorezo cyazengereje abaturaye Isi.

Minisitiri w’Ibidukikije yatangije ku mugaragaro ubu buryo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + one =

Previous Post

Inkuru y’akababaro y’undi mu bagabo batatu basetsaga benshi kuri YouTube

Next Post

Ibirori bigiye kongera gutaha: Uwari umugore w’umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda ari mu byishimo

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?
IBYAMAMARE

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirori bigiye kongera gutaha: Uwari umugore w’umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda ari mu byishimo

Ibirori bigiye kongera gutaha: Uwari umugore w'umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda ari mu byishimo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.