Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Kugenzura Ibiribwa n’Imiti ‘Rwanda FDA’ cyatangaje ko cyatahuye imiti y’ibinini itemewe yitwa ‘Relief’, gihita kiyihagarika ku isoko ry’u Rwanda, kinasaba abayihaga abarwayi bose bakiyifite guhita bayishyira mu kato.
Rwanda FDA itangaza ko yahagaritse itumizwa, ikwirakwiza ndetse n’ikoreshwa ry’iyi miti, ivuga ko iki cyemezo yagifashe nyuma yo gukora igenzura.
Ubuyobozi bw’iki Kigo buvuga ko “Rwanda FDA binyuze mu igenzura rihoraho ry’ubuziranenge bw’imiti iri ku isoko, yatahuye imiti itemewe yitwa “RELIEF” y’ibinini iri mu ngano zitandukanye ku isoko ry’u Rwanda.”
Iki Kigo kigaragaza ko iyi miti igize ibyo binini irimo ‘Diclofenac Sodium, Paracetamol, Chlorpheniramine Maleate na Magnesium Trisilicate’.
Kigakomeza kigira kiti “Abinjiza imiti mu Gihugu, abayiranguza na farumasi zidandaza, bose barasabwa guhita bahagarika gukwirakwiza no guha abarwayi imiti yose y’ibinini yitwa RELIEF, kandi ingano yose bafite mu bubiko igashyirwa mu kato.”
Nanone kandi abantu bose barasabwa kutagura no kudakoresha ibinini byose byitwa RELIEF kugeza igihe hazafatirwa ikindi cyemezo.
Iki kigo cyaboneyeho kwibutsa ko “kwinjiza, gukwirakwiza cyangwa gutanga imiti itemewe binyuranyije n’amategeko kandi bihanirwa.”
RADIOTV10