Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga ry’agashya ku bwa MTN

radiotv10by radiotv10
20/06/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga ry’agashya ku bwa MTN
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’itumanaho n’ikoranabuhanga ya MTN Rwanda, yatangije ikoranabuhanga ryiswe ‘eSIM’ rizorohereza abafite Telephone zigezweho, kutagendana SIM Card, ahubwo bagakoresha ikozwe mu ikoranabuhanga, ku buryo kuri telefone imwe umuntu yakoreshaho nimero zirenze imwe.

Ubu buryo bwa ‘eSIM’, ni ikoranabuhanga rizafasha umuntu kutongera kugendana ikarita izwi nka SIM Card, ahubwo umuntu akaba yakoresha uburyo bw’ikoranabuhanga busimbura aka gakarita.

Ni uburyo buzatuma umuntu ufite telefone igezweho yemerewe gukoresha iri koranabuhanga, cyangwa ikindi gikoresho nka tablet cyangwa isaha, abasha gukoreshaho nimero zirenze imwe, mu gihe hari abo byasabaga kugendana telefone zirenze imwe kubera kugira SIM Card na zo zirenze imwe.

Umuyobozi mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe yagize ati “Twishimiye kumenyesha abakiliya bacu iri koranabuhanga rishya, rizanye impinduka kandi ryorohereza abantu. Ku bwa MTN, ni gombwa ko dufasha abakiliya bakabona ibisubizo by’ibyifuzo byabo bizana impinduka.”

Yakomeje agira ati “Ubu hehe no kongera kugorwa no gukura cyangwa gushyira SIM Card mu gikoresho cyawe byasabaga umwanya. Ubu ni ugukora ibintu bicye ukabasha kugira ibisubizo mu ntoki zawe.”

MTN Rwanda ivuga ko ubu buryo bushya bwa eSIM buzafasha iyi sosiyete kurushaho kunoza itangwa rya serivisi nziza, zaba izo guhamagara, izo kohereza ubutumwa bugufi (SMS), ama-inite ya Interineti, ndetse n’uburyo bwo kohererezanya amafaranga bwa MoMo, binyuze muri ubu buryo bwa SIM card ikoranye ikoranabuhanga.

Iyi sosiyete irashishikariza abafite telefone cyangwa ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga bigezweho, kwegera amashami ya MTN atandukanye mu Gihugu kugira ngo bake iri koranabuhanga, baniyandikishe kuri iri koranabuhanga rya eSIM.

Ibyo bakwiye kwitwaza kugira ngo bahabwe iyi serivisi, ni irangamuntu cyangwa Pasiporo, baba ari bashya bakitwaza ibyakorewe fotokopi z’ibi bibaranga.

Nanone kandi abakiliya bashobora gukanda  *#06# kugira ngo barebe niba ibikoresho byabo bishobora gukoresha ubu buryo bwa SIM card y’ikoranabuhanga. Iyo icyo gikoresho gishobora gukoresha ubu buryo bwa eSIM, umukiliya abona nimero yihariye yayo.

Umuyobozi ushinzwe ikoranabuhanga n’abakiliya muri MTN Rwanda, Desire Ruhinguka yagize ati “MTN ikomeje gufasha abakiliya bayo kwinjira mu Isi y’ikoranabuhanga. Tuzakomeza kuzana uburyo bugezweho bw’ikoranabuhanga, no korohereza abantu gutumanaho.”

Ubu buryo bushya, ni imwe muri gahunda zishimangira uburyo iyi sosiyete y’itumanaho ikomeje kuzana ibisubizo mu ikoranabuhanga, nk’imwe mu ntego zayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 7 =

Previous Post

Hari amakuru meza ku basigiwe amatsiko na Film iri guca ibintu

Next Post

Ikirego kidasanzwe cy’uwakuwe muri Group ya WhatsApp cyafashweho icyemezo

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikirego kidasanzwe cy’uwakuwe muri Group ya WhatsApp cyafashweho icyemezo

Ikirego kidasanzwe cy’uwakuwe muri Group ya WhatsApp cyafashweho icyemezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.