Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga ry’agashya ku bwa MTN

radiotv10by radiotv10
20/06/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga ry’agashya ku bwa MTN
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’itumanaho n’ikoranabuhanga ya MTN Rwanda, yatangije ikoranabuhanga ryiswe ‘eSIM’ rizorohereza abafite Telephone zigezweho, kutagendana SIM Card, ahubwo bagakoresha ikozwe mu ikoranabuhanga, ku buryo kuri telefone imwe umuntu yakoreshaho nimero zirenze imwe.

Ubu buryo bwa ‘eSIM’, ni ikoranabuhanga rizafasha umuntu kutongera kugendana ikarita izwi nka SIM Card, ahubwo umuntu akaba yakoresha uburyo bw’ikoranabuhanga busimbura aka gakarita.

Ni uburyo buzatuma umuntu ufite telefone igezweho yemerewe gukoresha iri koranabuhanga, cyangwa ikindi gikoresho nka tablet cyangwa isaha, abasha gukoreshaho nimero zirenze imwe, mu gihe hari abo byasabaga kugendana telefone zirenze imwe kubera kugira SIM Card na zo zirenze imwe.

Umuyobozi mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe yagize ati “Twishimiye kumenyesha abakiliya bacu iri koranabuhanga rishya, rizanye impinduka kandi ryorohereza abantu. Ku bwa MTN, ni gombwa ko dufasha abakiliya bakabona ibisubizo by’ibyifuzo byabo bizana impinduka.”

Yakomeje agira ati “Ubu hehe no kongera kugorwa no gukura cyangwa gushyira SIM Card mu gikoresho cyawe byasabaga umwanya. Ubu ni ugukora ibintu bicye ukabasha kugira ibisubizo mu ntoki zawe.”

MTN Rwanda ivuga ko ubu buryo bushya bwa eSIM buzafasha iyi sosiyete kurushaho kunoza itangwa rya serivisi nziza, zaba izo guhamagara, izo kohereza ubutumwa bugufi (SMS), ama-inite ya Interineti, ndetse n’uburyo bwo kohererezanya amafaranga bwa MoMo, binyuze muri ubu buryo bwa SIM card ikoranye ikoranabuhanga.

Iyi sosiyete irashishikariza abafite telefone cyangwa ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga bigezweho, kwegera amashami ya MTN atandukanye mu Gihugu kugira ngo bake iri koranabuhanga, baniyandikishe kuri iri koranabuhanga rya eSIM.

Ibyo bakwiye kwitwaza kugira ngo bahabwe iyi serivisi, ni irangamuntu cyangwa Pasiporo, baba ari bashya bakitwaza ibyakorewe fotokopi z’ibi bibaranga.

Nanone kandi abakiliya bashobora gukanda  *#06# kugira ngo barebe niba ibikoresho byabo bishobora gukoresha ubu buryo bwa SIM card y’ikoranabuhanga. Iyo icyo gikoresho gishobora gukoresha ubu buryo bwa eSIM, umukiliya abona nimero yihariye yayo.

Umuyobozi ushinzwe ikoranabuhanga n’abakiliya muri MTN Rwanda, Desire Ruhinguka yagize ati “MTN ikomeje gufasha abakiliya bayo kwinjira mu Isi y’ikoranabuhanga. Tuzakomeza kuzana uburyo bugezweho bw’ikoranabuhanga, no korohereza abantu gutumanaho.”

Ubu buryo bushya, ni imwe muri gahunda zishimangira uburyo iyi sosiyete y’itumanaho ikomeje kuzana ibisubizo mu ikoranabuhanga, nk’imwe mu ntego zayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Hari amakuru meza ku basigiwe amatsiko na Film iri guca ibintu

Next Post

Ikirego kidasanzwe cy’uwakuwe muri Group ya WhatsApp cyafashweho icyemezo

Related Posts

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

by radiotv10
30/01/2026
0

In Kigali, many young people are working hard to build their future, and that alone is something positive. Even though...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces
AMAHANGA

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikirego kidasanzwe cy’uwakuwe muri Group ya WhatsApp cyafashweho icyemezo

Ikirego kidasanzwe cy’uwakuwe muri Group ya WhatsApp cyafashweho icyemezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.