Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda hatangijwe irindi soko ridasaba ko abantu bava aho bari

radiotv10by radiotv10
23/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Mu Rwanda hatangijwe irindi soko ridasaba ko abantu bava aho bari
Share on FacebookShare on Twitter

Kugura ibicuruzwa hifashishijwe ikoranabuhanga, bimaze kuba ibintu bisanzwe mu Rwanda, aho benshi bagura ibyo bifuza banyuze ku mbuga zinyuranye. Iposita y’u Rwanda yatangije irindi soko ryo kuri interineti, rizafasha by’umwihariko abacuruzi bato, bacuruza ibikorerwa mu Rwanda.

Iri soko ry’urubuga rwa RwandaMart (www.rwandamart.rw) ryatangijwe ku mugaragaro kuri uyu wa Kane tariki 22 Kamena 2023, rizajya ricuruzwaho ibicuruzwa na Serivisi bitandukanye.

Uru rubuga rwa RwandaMart, rwatunganyijwe hifashishijwe ikoranabuhanga rigezweho ryihuta cyane kandi ryizewe mu bijyanye no kwishyurana. Abacuruzi bazajya babasha kugura ibicuruzwa binyuranye birimo iby’ikoranabuhanga, imyambaro, ibyo kurya n’ibikoresho byo mu rugo.

Nanone kandi abazajya bagira ibyo bagura bakoresheje iri koranabuhanga, bazajya babasha kwishyura bakoresheje uburyo bw’ikoranabuhanga busanzwe bukoreshwa mu Rwanda, nka Mobile Money, cyangwa amakarita yo kwishyura, ndetse banakoresheje uburyo bwo kohereza amafaranga kuri konti za Banki.

Uru rububuga rwashyizweho ku nkunga y’Ikigo cy’Imikoranire Mpuzamahanga cy’Abadage, GIZ.

Umuyobozi Mukuru w’Iposita y’u Rwanda, Celestin Kayitare, yavuze ko bishimiye gutangiza ubu buryo “bufite igisobanuro gikomeye ku Rwanda. Intego yacu ni ugufasha abakiliya bacu, kuba bagura ibyo bifuza mu buryo bwizewe, kandi bujyanye n’ibyifuzo byabo. Twizeye ko uru rubuga ruzadufasha kugera ku ntego zacu no kuzamura ubucuruzi.”

Celestin Kayitare yakomeje avuga kandi ko bazajya banafasha abacuruzi bifuza kujyana ibicuruzwa byabo hanze, by’umwihariko mu kubafasha kubipfunyika.

Ati “Ubu ngubu abo dusanga byafasha cyane ni abacuruzi bato n’abaciriritse, kugira ngo abantu bajye babibona batangire kubigura.”

Kugeza ubu kuri uru rubuga hamaze kwiyandikishaho abacuruzi 760 biganjemo abacuruza ibikorerwa mu Rwanda, hakaba hifuzwa ko uyu mwaka uzarangira nibura hamaze kwiyandikisha abagera mu 5 000.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Yves Iradukunda, yagize ati “Iki ni igikorwa gikomeye mu nzira z’u Rwanda zo kuzamura ubucuruzi bwo ku ikoranabuhanga, ndetse no gufungura amahirwe mashya mu bucuruzi.”

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, Richard Niwenshuti, na we yavuze ko uru rubuga ruje guha andi mahirwe abacuruzi by’umwihariko abacuruza ibikorerwa mu Rwanda.

Yagize ati “Ruhuza izindi mbuga n’abandi bacuruzi bose bikazihutisha politiki yo gusakaza ubwiza bw’ibikorerwa mu Rwanda no kwihutisha ubucuruzi no kumenyekanisha iby’iwacu ku yandi masoko.”

Biteganyijwe ko hazanashyirwa hanze Application yo muri Telefone, izafasha abantu kuzajya babasha gusura ibicuruzwa byo muri iri soko ry’ikoranabuhanga, ndetse no guhaha ibyo bifuza.

Umuyobozi w’Iposita, Celestin Kayitare yavuze ko bishimiye gutangiza uru rubuga
Hazajya hacururizwaho ibicuruzwa byiganjemo ibikorerwa mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − 3 =

Previous Post

Bidasubirwaho hatangajwe amakuru ababaje ku bwato bwavugishije Isi yose

Next Post

Inkuru y’akanyamuneza kuri rutahizamu w’Amavubi ukina i Burayi

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere
MU RWANDA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

22/01/2026
Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’akanyamuneza kuri rutahizamu w’Amavubi ukina i Burayi

Inkuru y’akanyamuneza kuri rutahizamu w’Amavubi ukina i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.