Saturday, July 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda hatangijwe irindi soko ridasaba ko abantu bava aho bari

radiotv10by radiotv10
23/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Mu Rwanda hatangijwe irindi soko ridasaba ko abantu bava aho bari
Share on FacebookShare on Twitter

Kugura ibicuruzwa hifashishijwe ikoranabuhanga, bimaze kuba ibintu bisanzwe mu Rwanda, aho benshi bagura ibyo bifuza banyuze ku mbuga zinyuranye. Iposita y’u Rwanda yatangije irindi soko ryo kuri interineti, rizafasha by’umwihariko abacuruzi bato, bacuruza ibikorerwa mu Rwanda.

Iri soko ry’urubuga rwa RwandaMart (www.rwandamart.rw) ryatangijwe ku mugaragaro kuri uyu wa Kane tariki 22 Kamena 2023, rizajya ricuruzwaho ibicuruzwa na Serivisi bitandukanye.

Uru rubuga rwa RwandaMart, rwatunganyijwe hifashishijwe ikoranabuhanga rigezweho ryihuta cyane kandi ryizewe mu bijyanye no kwishyurana. Abacuruzi bazajya babasha kugura ibicuruzwa binyuranye birimo iby’ikoranabuhanga, imyambaro, ibyo kurya n’ibikoresho byo mu rugo.

Nanone kandi abazajya bagira ibyo bagura bakoresheje iri koranabuhanga, bazajya babasha kwishyura bakoresheje uburyo bw’ikoranabuhanga busanzwe bukoreshwa mu Rwanda, nka Mobile Money, cyangwa amakarita yo kwishyura, ndetse banakoresheje uburyo bwo kohereza amafaranga kuri konti za Banki.

Uru rububuga rwashyizweho ku nkunga y’Ikigo cy’Imikoranire Mpuzamahanga cy’Abadage, GIZ.

Umuyobozi Mukuru w’Iposita y’u Rwanda, Celestin Kayitare, yavuze ko bishimiye gutangiza ubu buryo “bufite igisobanuro gikomeye ku Rwanda. Intego yacu ni ugufasha abakiliya bacu, kuba bagura ibyo bifuza mu buryo bwizewe, kandi bujyanye n’ibyifuzo byabo. Twizeye ko uru rubuga ruzadufasha kugera ku ntego zacu no kuzamura ubucuruzi.”

Celestin Kayitare yakomeje avuga kandi ko bazajya banafasha abacuruzi bifuza kujyana ibicuruzwa byabo hanze, by’umwihariko mu kubafasha kubipfunyika.

Ati “Ubu ngubu abo dusanga byafasha cyane ni abacuruzi bato n’abaciriritse, kugira ngo abantu bajye babibona batangire kubigura.”

Kugeza ubu kuri uru rubuga hamaze kwiyandikishaho abacuruzi 760 biganjemo abacuruza ibikorerwa mu Rwanda, hakaba hifuzwa ko uyu mwaka uzarangira nibura hamaze kwiyandikisha abagera mu 5 000.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Yves Iradukunda, yagize ati “Iki ni igikorwa gikomeye mu nzira z’u Rwanda zo kuzamura ubucuruzi bwo ku ikoranabuhanga, ndetse no gufungura amahirwe mashya mu bucuruzi.”

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, Richard Niwenshuti, na we yavuze ko uru rubuga ruje guha andi mahirwe abacuruzi by’umwihariko abacuruza ibikorerwa mu Rwanda.

Yagize ati “Ruhuza izindi mbuga n’abandi bacuruzi bose bikazihutisha politiki yo gusakaza ubwiza bw’ibikorerwa mu Rwanda no kwihutisha ubucuruzi no kumenyekanisha iby’iwacu ku yandi masoko.”

Biteganyijwe ko hazanashyirwa hanze Application yo muri Telefone, izafasha abantu kuzajya babasha gusura ibicuruzwa byo muri iri soko ry’ikoranabuhanga, ndetse no guhaha ibyo bifuza.

Umuyobozi w’Iposita, Celestin Kayitare yavuze ko bishimiye gutangiza uru rubuga
Hazajya hacururizwaho ibicuruzwa byiganjemo ibikorerwa mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + three =

Previous Post

Bidasubirwaho hatangajwe amakuru ababaje ku bwato bwavugishije Isi yose

Next Post

Inkuru y’akanyamuneza kuri rutahizamu w’Amavubi ukina i Burayi

Related Posts

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

President Paul Kagame said that those who were hired by the Government of the Democratic Republic of the Congo (DRC)...

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

by radiotv10
05/07/2025
0

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje...

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abari biyambajwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo gutera u Rwanda,...

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
04/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’akanyamuneza kuri rutahizamu w’Amavubi ukina i Burayi

Inkuru y’akanyamuneza kuri rutahizamu w’Amavubi ukina i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.