• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Bidasubirwaho hatangajwe amakuru ababaje ku bwato bwavugishije Isi yose

radiotv10by radiotv10
23/06/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Bidasubirwaho hatangajwe amakuru ababaje ku bwato bwavugishije Isi yose
Share on FacebookShare on Twitter

Amakuru yagiye hanze ku bwato bwa Titan bwari bwabuze nyuma yo kwibira mu nyanja ya Atlantic bwari bujyanye abari bagiye gusura ibisigazwa bya Titanic, yemeje ko batanu bari baburimo, barimo n’umuherwe ukomeye, babupfiriyemo.

Kuva ku Cyumweru ubwo ubu bwato bwaburaga nyuma y’isaha imwe n’iminota 45’ bukimara kwinjira mu nyanja, hari hakomeje ibikorwa byo kubushakisha, ndetse n’amasaha y’umwuka wa Oxygen wagombaga kubafasha guhumeka, yari yamaze kurangira.

Mu masaha y’umugoroba [inaha mu Rwanda] kuri uyu wa Kane, hari hamaze kumenyekana inkuru y’incamugongo kuri ubu bwato, ko habonetse ibiceceti by’ubu bwato, bigaragara ko bwasandaye, ndetse n’icyizere cyo kuba bakiriho gisa nk’icyayoyotse burundu.

Urwego rw’igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America, rucunga umutekano ku nkombe z’inyanja, rwaje kwemeza ko ubu bwato bwaturitse, abari baburimo bagapfa.

Uru rwego kandi rwemeje ko ibisigazwa by’ubu bwato bwa Titan, byabonetse hafi y’ahari ibisigazwa by’ubwa Titanic, bari bagiye gusura mu nda y’inyanja.

Abagabo batanu bapfiriye muri ubu bwato, barimo Umwongereza Shahzada Dawood n’umuhungu we w’imyaka 19 witwa Suleman, hakaba harimo kandi umuyobozi wa Ocean Gate, Stockton Rush, ndetse n’umunyemari w’Umwongereza Hamish Harding, n’umusaza w’Umufaransa Paul-Henry Nargeolet w’imyaka 77 wahoze mu gisirikare kirwanira mu mazi.

Ubwato bwaguyemo aba bantu bwabuze kuva ku Cyumweru, ubwo bwibiraga mu nyanja bubajyanye mu bikorwa by’ubukerarugendo, ariko bukaza gutakaza ubushobozi bw’itumanaho nyuma y’isaha 1 n’iminota 45’ bwari bumaze bwibiye.

Abantu batanu baguye muri ubu bwato

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + seventeen =

Previous Post

S.Africa: Bwa mbere Perezida yavuze ku bamwiyitirira bagatekera imitwe rubanda

Next Post

Mu Rwanda hatangijwe irindi soko ridasaba ko abantu bava aho bari

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Mu Rwanda hatangijwe irindi soko ridasaba ko abantu bava aho bari

Mu Rwanda hatangijwe irindi soko ridasaba ko abantu bava aho bari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.