Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Bidasubirwaho hatangajwe amakuru ababaje ku bwato bwavugishije Isi yose

radiotv10by radiotv10
23/06/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Bidasubirwaho hatangajwe amakuru ababaje ku bwato bwavugishije Isi yose
Share on FacebookShare on Twitter

Amakuru yagiye hanze ku bwato bwa Titan bwari bwabuze nyuma yo kwibira mu nyanja ya Atlantic bwari bujyanye abari bagiye gusura ibisigazwa bya Titanic, yemeje ko batanu bari baburimo, barimo n’umuherwe ukomeye, babupfiriyemo.

Kuva ku Cyumweru ubwo ubu bwato bwaburaga nyuma y’isaha imwe n’iminota 45’ bukimara kwinjira mu nyanja, hari hakomeje ibikorwa byo kubushakisha, ndetse n’amasaha y’umwuka wa Oxygen wagombaga kubafasha guhumeka, yari yamaze kurangira.

Mu masaha y’umugoroba [inaha mu Rwanda] kuri uyu wa Kane, hari hamaze kumenyekana inkuru y’incamugongo kuri ubu bwato, ko habonetse ibiceceti by’ubu bwato, bigaragara ko bwasandaye, ndetse n’icyizere cyo kuba bakiriho gisa nk’icyayoyotse burundu.

Urwego rw’igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America, rucunga umutekano ku nkombe z’inyanja, rwaje kwemeza ko ubu bwato bwaturitse, abari baburimo bagapfa.

Uru rwego kandi rwemeje ko ibisigazwa by’ubu bwato bwa Titan, byabonetse hafi y’ahari ibisigazwa by’ubwa Titanic, bari bagiye gusura mu nda y’inyanja.

Abagabo batanu bapfiriye muri ubu bwato, barimo Umwongereza Shahzada Dawood n’umuhungu we w’imyaka 19 witwa Suleman, hakaba harimo kandi umuyobozi wa Ocean Gate, Stockton Rush, ndetse n’umunyemari w’Umwongereza Hamish Harding, n’umusaza w’Umufaransa Paul-Henry Nargeolet w’imyaka 77 wahoze mu gisirikare kirwanira mu mazi.

Ubwato bwaguyemo aba bantu bwabuze kuva ku Cyumweru, ubwo bwibiraga mu nyanja bubajyanye mu bikorwa by’ubukerarugendo, ariko bukaza gutakaza ubushobozi bw’itumanaho nyuma y’isaha 1 n’iminota 45’ bwari bumaze bwibiye.

Abantu batanu baguye muri ubu bwato

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

S.Africa: Bwa mbere Perezida yavuze ku bamwiyitirira bagatekera imitwe rubanda

Next Post

Mu Rwanda hatangijwe irindi soko ridasaba ko abantu bava aho bari

Related Posts

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda hatangijwe irindi soko ridasaba ko abantu bava aho bari

Mu Rwanda hatangijwe irindi soko ridasaba ko abantu bava aho bari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.