• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu Rwanda hatanzwe umunsi w’ikiruhuko rusange

radiotv10by radiotv10
26/05/2026
in MU RWANDA
0
Abakozi ba Leta n’abikorera mu Rwanda bahawe konji ebyiri
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 27 Gicurasi ari umunsi w’Ikiruhuko rusange mu rwego rwo kwizihiza Umunsi Mukuru wa Eid Al-Adha.

Uyu munsi w’ikiruhuko watangajwe mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo mu Rwanda mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tarirki 25 Gicurasi 2026.

Iri tangazo rya Minisiteri, rivuga ko “Imenyesha abakoresha n’abakozi bose bo mu nzego za Leta n’iz’abikorera ko ku wa Gatatu, tariki ya 27 Gicurasi 2026, ari umunsi w’Ikiruhuko mu rwego rwo kwizihiza Umunsi Mukuru wa Eid Al-Adha.”

Uyu Munsi Mukuru wa Eid Al-Adhani umwe muri ibiri ikomeye mu Idini ya Islam nyuma y’uwo gusoza Igisibo Gitagatifu cya Ramadhan (Eid al-Fitr).

Ni Umunsi w’igitambo ukorwa mu minsi itatu, aho Abayisilamu batamba amatungo bashimira ingabire zitandukanye bahawe n’Imana, bakayasangira n’inshuti n’abavandimwe ndetse n’abakene.

Itungo ryabazwe ku munsi nk’uwo w’igitambo rigabanywamo ibice bitatu, kimwe kikaba icy’uwatambye, icya kabiri kigahabwa inshuti n’abaturanyi, ubundi igice cya gatatu kigasaanganwa abatishoboye.

Umunsi Mukuru wa Eid al-Adha wizihizwa mu  kwezi kwa Dhul Hijjah, ari kwezi kwa 12 ku ngengabihe ya karindari y’idini ya Islam.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − eight =

Previous Post

Division ya 4  yongeye  kwitwara  neza muri RDF Liberation Cup

Next Post

Imiterere y’ikirego kiregwamo umunyamategeko ushinjwa gukoresha imvugo yaciwe mu mivugire mu Rwanda

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Imiterere y’ikirego kiregwamo umunyamategeko ushinjwa gukoresha imvugo yaciwe mu mivugire mu Rwanda

Imiterere y’ikirego kiregwamo umunyamategeko ushinjwa gukoresha imvugo yaciwe mu mivugire mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.