Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu Rwanda umwaka ushize impanuka zishe abantu 655 barimo abanyamaguru 255…Polisi yahagurutse

radiotv10by radiotv10
08/02/2022
in MU RWANDA
0
Mu Rwanda umwaka ushize impanuka zishe abantu 655 barimo abanyamaguru 255…Polisi yahagurutse
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu bantu 655 bishwe n’impanuka mu mwaka ushize, barimo abanyamaguru 255 akaba ari na byo byatumye hatangizwa ubukangurambaga bwo kwigisha abanyamaguru uburyo bagomba gukoresha umuhanda.

Iki gikorwa cyo gutangiza ubu bukukangurambaga, cyatangajwe na Polisi y’u Rwanda aho yatangaje ko guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Gashyantare bamwe mu Bapolisi baza kuba bari mu muhanga bigisha abanyamaguru uburyo bwo gukoresha umuhanda.

Polisi y’u Rwanda itangaza ko ubu bukangurambaga bwatangiriye mu Mujyi wa Kigali buzanakomereza mu zindi Ntara, yibukije imibare iteye impungenge y’abantu bishwe n’impanuka.

Yibukije ko nko mu mwaka ushize wa 2021, impanuka zahitanye ubuzima bw’abantu 655 bahitanywe n’impanuka, barimo abanyamaguru 225.

Yavuze kandi ko muri izi mpanuka, hakomerekeyemo bikabije abantu 684 barimo abanyamaguru 175 ndetse hanakomereka byoroheje abantu 5 244 barimo abanyamaguru 1 262.

Polisi y’u Rwanda kandi ivuga ko muri Mutarama 2022, na bwo habayemo impanuka zinyuranye zahitanye abanyamaguru 12 kandi ko “zimwe zatewe n’imyitwarire yabo mu muhanda ndetse n’abandi bakoresha umuhanda.”

Mu cyumweru gishize, imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Rav 4 yari itwawe na Musenyeri Kizito Bahujimihigo yakoreye impanuka mu Mudugudu wa Mirama mu Kagari ka Ruhanga mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo.

Umunyegare wavaga i Kabuga yerekeza i Rwamagana, wagonzwe n’iyi modoka yari itwawe na Musenyeri Kizito Bahujimihigo, yahise yitaba Imana mu gihe uyu wabaye Umushumba wa Diyoseze zitandukanye we yakomeretse.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 2 =

Previous Post

Herman wari wasimbuye Sankara yavuze ukwiye kwishyura indishyi abagizweho ingaruka n’ibitero bya FLN

Next Post

Umunyabigwi yajyanywe na FERWAFA kwerekwa abana bafite impano agezeyo asanga ni abasore

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyabigwi yajyanywe na FERWAFA kwerekwa abana bafite impano agezeyo asanga ni abasore

Umunyabigwi yajyanywe na FERWAFA kwerekwa abana bafite impano agezeyo asanga ni abasore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.