Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu Rwanda umwaka ushize impanuka zishe abantu 655 barimo abanyamaguru 255…Polisi yahagurutse

radiotv10by radiotv10
08/02/2022
in MU RWANDA
0
Mu Rwanda umwaka ushize impanuka zishe abantu 655 barimo abanyamaguru 255…Polisi yahagurutse
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu bantu 655 bishwe n’impanuka mu mwaka ushize, barimo abanyamaguru 255 akaba ari na byo byatumye hatangizwa ubukangurambaga bwo kwigisha abanyamaguru uburyo bagomba gukoresha umuhanda.

Iki gikorwa cyo gutangiza ubu bukukangurambaga, cyatangajwe na Polisi y’u Rwanda aho yatangaje ko guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Gashyantare bamwe mu Bapolisi baza kuba bari mu muhanga bigisha abanyamaguru uburyo bwo gukoresha umuhanda.

Polisi y’u Rwanda itangaza ko ubu bukangurambaga bwatangiriye mu Mujyi wa Kigali buzanakomereza mu zindi Ntara, yibukije imibare iteye impungenge y’abantu bishwe n’impanuka.

Yibukije ko nko mu mwaka ushize wa 2021, impanuka zahitanye ubuzima bw’abantu 655 bahitanywe n’impanuka, barimo abanyamaguru 225.

Yavuze kandi ko muri izi mpanuka, hakomerekeyemo bikabije abantu 684 barimo abanyamaguru 175 ndetse hanakomereka byoroheje abantu 5 244 barimo abanyamaguru 1 262.

Polisi y’u Rwanda kandi ivuga ko muri Mutarama 2022, na bwo habayemo impanuka zinyuranye zahitanye abanyamaguru 12 kandi ko “zimwe zatewe n’imyitwarire yabo mu muhanda ndetse n’abandi bakoresha umuhanda.”

Mu cyumweru gishize, imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Rav 4 yari itwawe na Musenyeri Kizito Bahujimihigo yakoreye impanuka mu Mudugudu wa Mirama mu Kagari ka Ruhanga mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo.

Umunyegare wavaga i Kabuga yerekeza i Rwamagana, wagonzwe n’iyi modoka yari itwawe na Musenyeri Kizito Bahujimihigo, yahise yitaba Imana mu gihe uyu wabaye Umushumba wa Diyoseze zitandukanye we yakomeretse.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 15 =

Previous Post

Herman wari wasimbuye Sankara yavuze ukwiye kwishyura indishyi abagizweho ingaruka n’ibitero bya FLN

Next Post

Umunyabigwi yajyanywe na FERWAFA kwerekwa abana bafite impano agezeyo asanga ni abasore

Related Posts

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

by radiotv10
31/12/2025
0

We often think being busy means being productive. But working non-stop can make us tired, stressed, and less creative. The...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben
IMYIDAGADURO

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyabigwi yajyanywe na FERWAFA kwerekwa abana bafite impano agezeyo asanga ni abasore

Umunyabigwi yajyanywe na FERWAFA kwerekwa abana bafite impano agezeyo asanga ni abasore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.