Mugabe Aristide wakiniye amakipe anyuranye mu mukino wa Basketball n’iy’Igihugu yanabereye Kapiteni wayo, yatangaje ko yahagaritse burundu gukina uyu mukino nk’uwabigize umwuga.
Uyu mukinnyi uzwi mu makipe anyuranye ya Basketball, yabitangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Gashyantare, mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga.
Mugabe Aristide yagize ati “Nyuma y’imyaka 18, ntangaje ko ngiye mu kiruhuko mu gukina umukino wa Basketball.”
Uyu mukinnyi umaze igihe yaranatangiye umwuga w’ubutoza, yakomeje ashima Imana muri iki gihe amaze akina uyu mukino wa Bastetball kimwe n’abandi bose bamufashije muri uru rugendo.
Yavuze kandi ko ashimira umuryango we, inshuti ndetse n’abatoza yanyuze imbere, kimwe n’abo bakinanye bose, ndetse n’abafana muri rusange.
Asezeye burundu gukina Basketball nyuma y’imyaka ine asezeye mu ikipe y’Igihugu yanabereye kapiteni, gusa akaba yarakunze kuyiba hafi mu mikino mpuzamahanga yabaga ifite.
Aristide wari umaze imyaka 18 akina uyu mukino wa Basketball, yatangiriye mu ikipe ya Rusizi BBC mu mwaka wa 2007, ayivamo muri 2009 ubwo yerekezaga muri Espoir BBC, aza kujya muri Patriots muri 2015 yanamenyekanyemo cyane.
RADIOTV10











