Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Mugimba woherejwe n’u Buholandi yahamijwe ibyaha bya Jenoside akatirwa imyaka 25

radiotv10by radiotv10
17/03/2022
in Uncategorized
0
Mugimba woherejwe n’u Buholandi yahamijwe ibyaha bya Jenoside akatirwa imyaka 25
Share on FacebookShare on Twitter

Jean Baptiste Mugimba wabaye umukozi wa Banki Nkuru y’u Rwanda mbere ya Jenoside, woherejwe n’u Buholandi kugira ngo abaranishirizwe mu Rwanda ku byaha bya Jenoside, yabihamijwe n’Urukiko, rumukatira gufungwa imyaka 25.

Urugero rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rwasomye umwanzuro warwo kuri uyu wa Kane tariki 17 Werurwe 2022, ku cyicaro cyarwo giherereye i Nyanza mu Majyepfo.

Urukiko rwagarutse kuri bimwe mu byaburanyweho, rwavuze ko ibimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha ndetse n’isesengura ryakozwe, byagaragaje ko uyu Mugimba Jean Baptiste w’imyaka 66 yaragize uruhare muri Jenoside.

Urukiko rwavuze ko uyu mugabo wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’agateganyo w’ishyaka rya CDR, iwe mu rugo aho yari atuye habereye inama zateguraga Jenoside ndetse zigakorerwamo urutonde rw’Abatutsi bagombaga kwicwa muri Komini Nyakabanda mu Mujyi wa Kigali.

Ibi bikorwa biniyongeraho n’inama zo gukusanya ibikoresho byo guha Interahamwe, bigize icyaha cyo gucura umugambi wa Jenoside, akaba yagihamijwe n’Urukiko.

Jean Baptiste Mugimba n’umwunganira mu mategeko, bo basabaga Urukiko gutesha agaciro ubuhamya bwatanzwe na bamwe mu batangabuhamya bamushinje kuko ngo na bo bahamijwe Jenoside ndetse ngo abandi bakaba barashakaga kwigarurira imitungo ye.

Urukiko rwavuze ko ibi bidafite ishingiro kuko nta bimenyetso yabigaragarije kandi ko kuba abahamijwe Jenoside batanga ubuhamya ntakibazo kirimo kuko babyemererwa n’amategeko.

Mugimba woherejwe n’u Buholandi mu kwezi k’Ugushyingo 2016, kugira ngo aburanishirizwe mu Rwanda, yahamijwe bimwe mu byaha akekwaho, akatirwa gufungwa imyaka 25.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + five =

Previous Post

Imwe mu ngamba zo kwirinda COVID mu Rwanda yakuweho

Next Post

Hatangijwe irushanwa rizatuma Abanyeshuri bo muri kaminuza bacengerwa n’imikorere y’Isoko ry’Imari n’Imigabane mu Rwanda

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangijwe irushanwa rizatuma Abanyeshuri bo muri kaminuza bacengerwa n’imikorere y’Isoko ry’Imari n’Imigabane mu Rwanda

Hatangijwe irushanwa rizatuma Abanyeshuri bo muri kaminuza bacengerwa n’imikorere y’Isoko ry’Imari n’Imigabane mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.