Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Mugimba woherejwe n’u Buholandi yahamijwe ibyaha bya Jenoside akatirwa imyaka 25

radiotv10by radiotv10
17/03/2022
in Uncategorized
0
Mugimba woherejwe n’u Buholandi yahamijwe ibyaha bya Jenoside akatirwa imyaka 25
Share on FacebookShare on Twitter

Jean Baptiste Mugimba wabaye umukozi wa Banki Nkuru y’u Rwanda mbere ya Jenoside, woherejwe n’u Buholandi kugira ngo abaranishirizwe mu Rwanda ku byaha bya Jenoside, yabihamijwe n’Urukiko, rumukatira gufungwa imyaka 25.

Urugero rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rwasomye umwanzuro warwo kuri uyu wa Kane tariki 17 Werurwe 2022, ku cyicaro cyarwo giherereye i Nyanza mu Majyepfo.

Urukiko rwagarutse kuri bimwe mu byaburanyweho, rwavuze ko ibimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha ndetse n’isesengura ryakozwe, byagaragaje ko uyu Mugimba Jean Baptiste w’imyaka 66 yaragize uruhare muri Jenoside.

Urukiko rwavuze ko uyu mugabo wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’agateganyo w’ishyaka rya CDR, iwe mu rugo aho yari atuye habereye inama zateguraga Jenoside ndetse zigakorerwamo urutonde rw’Abatutsi bagombaga kwicwa muri Komini Nyakabanda mu Mujyi wa Kigali.

Ibi bikorwa biniyongeraho n’inama zo gukusanya ibikoresho byo guha Interahamwe, bigize icyaha cyo gucura umugambi wa Jenoside, akaba yagihamijwe n’Urukiko.

Jean Baptiste Mugimba n’umwunganira mu mategeko, bo basabaga Urukiko gutesha agaciro ubuhamya bwatanzwe na bamwe mu batangabuhamya bamushinje kuko ngo na bo bahamijwe Jenoside ndetse ngo abandi bakaba barashakaga kwigarurira imitungo ye.

Urukiko rwavuze ko ibi bidafite ishingiro kuko nta bimenyetso yabigaragarije kandi ko kuba abahamijwe Jenoside batanga ubuhamya ntakibazo kirimo kuko babyemererwa n’amategeko.

Mugimba woherejwe n’u Buholandi mu kwezi k’Ugushyingo 2016, kugira ngo aburanishirizwe mu Rwanda, yahamijwe bimwe mu byaha akekwaho, akatirwa gufungwa imyaka 25.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − ten =

Previous Post

Imwe mu ngamba zo kwirinda COVID mu Rwanda yakuweho

Next Post

Hatangijwe irushanwa rizatuma Abanyeshuri bo muri kaminuza bacengerwa n’imikorere y’Isoko ry’Imari n’Imigabane mu Rwanda

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangijwe irushanwa rizatuma Abanyeshuri bo muri kaminuza bacengerwa n’imikorere y’Isoko ry’Imari n’Imigabane mu Rwanda

Hatangijwe irushanwa rizatuma Abanyeshuri bo muri kaminuza bacengerwa n’imikorere y’Isoko ry’Imari n’Imigabane mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.