Monday, March 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mugomba guhindura imikorere cyangwa mukegura- Perezida Kagame abwira abayobozi

radiotv10by radiotv10
23/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Mugomba guhindura imikorere cyangwa mukegura- Perezida Kagame abwira abayobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yibukije abayobozi bo mu nzego zose kugeza mu z’ibanze ko bagomba guhindura imikorere, bakibuka gushyira ku isonga abaturage, abatabishoboye bakegura, bakajya mu bindi.

Umukuru w’Igihugu yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 23 Werurwe 2026 mu ijambo yagejeje ku bayobozi bahuriye mu Nama y’abo mu nzego Bwite bwa Leta n’izegerejwe abaturage yabereye i Gako mu Karere ka Bugesera.

Muri iyi iyi nama ifite insanganyamatsiko igira iti ‘Umuturage Ku Isonga’, Perezida Kagame yagarutse ku bibazo bikizitiye imibereho myiza y’abaturage, bishingiye mu miyoborere ya bamwe mu bayobozi batumva ko babereyeho rubanda.

Perezida Kagame kandi yavuze ko bimwe mu bibazo byagiye bigaruka mu bihe binyuranye, abayobozi babibazwaho bakavuga ko bibagiwe cyangwa bagatanga ibindi bisobanuro bitari bikwiye kuba bitangwa.

Umukuru w’Igihugu wagarukaga kuri bimwe mu bibazo byagiye bigaragara, anabibazaho abayobozi babifite mu nshingano, nk’umushinga wa Muvumba Multipurpose Water Resources Development, ufite intego yo kubaka urugomero rw’amazi mu Karere ka Nyagatare, wagombaga gutanga amazi ukanatanga umusanzu mu kuhira imyaka, abaza icyabuze ngo ube ugeze aha warananiranye.

Perezida Kagame avuga ko uyu mushinga utekerezwa, wari ugamije kuzanira inyungu abaturage, ariko ko mu kuwushyira mu bikorwa, hari byinshi byagiye bipfa, bishingiye ku kudahuza imigambi no kudakorana.

Ati “Mufite ikibazo mukwiriye guhindura vuba na bwangu ku buryo butandukanye no guhora gusa musubiramo musaba imbabazi. Ikibazo mufite ni iki? Ni ukwibagirwa…noneho kwibagirwa byinshi muri rusange ariko hari no kwibagirwa icyo wagombaga gukora, noneho ukibagirwa n’uwo wagombaga kugikorana na we, ntushobora kugira ikintu ugeraho na busa.”

Yavuze ko uku kudakorana akenshi bishingiye ku kwiyumva kuri muri bamwe mu bayobozi bumva ko bakomeye. Ati “Abayobozi muri hano mwiratana iki n’aya makosa musubiramo buri munsi?”

Perezida Kagame avuga ko niba umuntu yemeye kujya mu nzego z’ubuyobozi, akwiye kumva ko agomba kubahiriza inshingano ze cyangwa se bakazivamo hakiri kare.

Ati “Ibintu ni bibiri, murakora ibikwiye kuba bikorwa aho muri cyangwa se nimwumva ntacyo bibabwiye cyangwa ntacyo bibatwaye, mwigire ahandi rwose mukore ibyo mushaka ku giti cyanyu.”

 

Bigomba guhinduka cyangwa se mukegura

Umukuru w’Igihugu kandi yagarutse ku bibazo yakunze kubona muri aka Karere ka Bugesera kabereyemo iyi nama, birimo ibitanoze bigaragara muri aka karere, nk’umwanda ukiri ku muhanda.

Ati “Hakaba ubwo mpagarara nkabwira abo turi kumwe nti ‘nimutoragure biriya bintu, abasirikare bashinzwe umutekano, nkababwira nti ‘nimutoragure ibyo bintu, nkahita nkagenda nagaruka ngasanga ibindi.”

Perezida Kagame yabajije Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard icyabuze ngo akemura ibi bibazo yamutumyeho inshuro nyinshi, ariko ko ikigomba gukurikiraho, ari ukubibazwa nk’inshingano.

Ati “Ubutumwa rero ngutumyeho kenshi, bwakugezeho, ubu hagiye gukurikiraho ibindi, na byo ube ubyiteguye, bikorwe vuba na bwangu.”

Yavuze kandi ko abayobozi bose bagomba kumviraho, ko bagomba kubahiriza inshingano z’ibyo bako, bitabaye ibyo, bakegura bakajya mu bindi.

Ati “Abayobozi muri hano, mwanyumva mutanyumva ibintu bigomba guhinduka, mugomba kugira imikorere, ikorera abaturage, ikurikirana ibyo mushinzwe gukora, cyangwa se mukegura mukavaho mukareba ibindi mwigiramo bibashimishije.”

Perezida Kagame yavuze ko kwitwa umuyobozi gusa bitagomba kurangirira ku izina, ahubwo ko bigomba kujyana n’ibikorwa by’ibyo bakorera abaturage.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − six =

Previous Post

Igisubizo Kabila yatanze abajijwe niba atabona ko ari ikibazo kuba aba ahari icyicaro cya AFC/M23

Related Posts

Ibyamenyekanye ku Banya-Uganda batandatu bafungiwe kwiba miliyari 4Frw Banki yo mu Rwanda

Ibyamenyekanye ku Banya-Uganda batandatu bafungiwe kwiba miliyari 4Frw Banki yo mu Rwanda

by radiotv10
23/03/2026
0

Abanya-Uganda batandatu bakurikiranyweho ubujura bukoresheje ikoranabuhanga bwa miliyari 4,9 Frw mu kwiba Equity Bank Rwanda, baragezwa imbere y’Urukiko, aho byamenyekanye...

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

Umuhanda uhuza Amajyepfo n’Iburengerazuba wongeye kutaba nyabagendwa ku nshuro ya kabiri

by radiotv10
23/03/2026
0

Umuhanda Muhanga-Ngororero- Mukamira, ukaba umwe mu mihanda ihuza Intara y'Amajyepfo n'iy'Iburengerazuba wongeye kugira ikibazo cyatumye udakoreshwa kubera imvura nyinshi, nyuma...

Urubyiruko rwo mu Muryango FPR-Inkotanyi rwibukijwe ingeso rugomba kugendera kure

Urubyiruko rwo mu Muryango FPR-Inkotanyi rwibukijwe ingeso rugomba kugendera kure

by radiotv10
22/03/2026
0

Visi Chairperson w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Uwimana Consolée, yahaye urubyiruko umukoro wo kwirinda ingeso mbi, kurwanya ibiyobyabwenge, inda ziterwa abangavu ndetse no...

Madamu Jeannette Kagame yahaye umukoro abagore bo mu Rugaga rushamikiye kuri FPR-Inkotanyi

Madamu Jeannette Kagame yahaye umukoro abagore bo mu Rugaga rushamikiye kuri FPR-Inkotanyi

by radiotv10
21/03/2026
0

Madamu Jeannette Kagame yahaye umukoro abagore bagize Urugaga rushamikiye ku Muryango FPR-Inkotanyi wo kuba umusemburo w’impinduka nziza u Rwanda rwifuza...

Abayisilamu bo mu Rwanda bibukijwe ko Igisibo Gitagatafu barangije kitagomba kujyana n’ibikorwa byiza bakozemo

Abayisilamu bo mu Rwanda bibukijwe ko Igisibo Gitagatafu barangije kitagomba kujyana n’ibikorwa byiza bakozemo

by radiotv10
20/03/2026
0

Mufti w’u Rwanda, Sheikh Mussa Sindayigaya yibukije abayisilamu ko nubwo barangije Igisibo Gitagatifu cya Ramadhan, ariko bagomba gukomeza kurangwa no...

IZIHERUKA

Mugomba guhindura imikorere cyangwa mukegura- Perezida Kagame abwira abayobozi
MU RWANDA

Mugomba guhindura imikorere cyangwa mukegura- Perezida Kagame abwira abayobozi

by radiotv10
23/03/2026
0

Igisubizo Kabila yahaye Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo wamusabye kuva i Goma

Igisubizo Kabila yatanze abajijwe niba atabona ko ari ikibazo kuba aba ahari icyicaro cya AFC/M23

23/03/2026
Ibyamenyekanye ku Banya-Uganda batandatu bafungiwe kwiba miliyari 4Frw Banki yo mu Rwanda

Ibyamenyekanye ku Banya-Uganda batandatu bafungiwe kwiba miliyari 4Frw Banki yo mu Rwanda

23/03/2026
Iran yahise itangaza uko izihimura igihe hashyirwa mu bikorwa umugambi watangajwe na Trump

Iran yahise itangaza uko izihimura igihe hashyirwa mu bikorwa umugambi watangajwe na Trump

23/03/2026
Barimo abavandimwe batatu: Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yageze mu mwiherero

Barimo abavandimwe batatu: Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yageze mu mwiherero

23/03/2026
Trump yatangaje icyizere kiri kugaragara mu biganiro na Iran

Trump yatangaje icyizere kiri kugaragara mu biganiro na Iran

23/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mugomba guhindura imikorere cyangwa mukegura- Perezida Kagame abwira abayobozi

Igisubizo Kabila yatanze abajijwe niba atabona ko ari ikibazo kuba aba ahari icyicaro cya AFC/M23

Ibyamenyekanye ku Banya-Uganda batandatu bafungiwe kwiba miliyari 4Frw Banki yo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.