• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abayisilamu bo mu Rwanda bibukijwe ko Igisibo Gitagatafu barangije kitagomba kujyana n’ibikorwa byiza bakozemo

radiotv10by radiotv10
20/03/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abayisilamu bo mu Rwanda bibukijwe ko Igisibo Gitagatafu barangije kitagomba kujyana n’ibikorwa byiza bakozemo
Share on FacebookShare on Twitter

Mufti w’u Rwanda, Sheikh Mussa Sindayigaya yibukije abayisilamu ko nubwo barangije Igisibo Gitagatifu cya Ramadhan, ariko bagomba gukomeza kurangwa no gukora ibikorwa byiza birimo no gufasha abatishoboye.

Sheikh Mussa Sindayigaya yabitangaje kuri uyu wa Gatanu ubwo habaga isengesho ryo kwizihiza umunsi wa Eidil-Fitri ryabereye i Nyamirambo kuri Kigali Pele Stadium.

Yabibukije ko iki gisibo bari barimo, bakitwayemo neza barangwa n’ibikorwa byiza, ariko ko bagomba kubokomeza na nyuma yacyo.

Yagize ati “Kuba tugisoje ntabwo tugomba guhagarika ibikorwa byiza, ntitugomba guhagarika gusenga, gufasha abatishoboye, ahubwo umunyabwenge agikuramo imbaraga.”

Yavuze ko ubundi ibikorwa byiza bigomba kubaranga igihe cyose, batagendeye ku gihe runaka nk’uko babikora mu gihe cy’Igisibo gitagatifu, kandi abantu bagakora ibiri mu bushobozi bwabo “Kabone nubwo byaba ari bike ariko bigakorwa mu buryo buhoraho.”

Yabasabye kutumva ko ubwo barangije igisibo, bagomba gusubira mu bibi nk’ibyaha nk’uko hari ababikora gutyo. Ati “Umunyagihombo uruta abandi ni wa wundi wiyiriza ubusa ukwezi kose kwa Ramadhan ariko kwarangira agasubira mu byaha.”

Yakomeje agira ati “Ntacyo byaba bimaze kugaragira Imana ukwezi kumwe ariko mu mezi cumi na kumwe ugasubira mu byaha.”

Yabibukije kandi ko kugira ngo banabashe gukomeza ibyo bikorwa byiza no gukora neza igisibo, babikesha Igihugu cyiza kirimo umutekano gikesha ubuyobozi bwiza, abibutsa ko hari Ibihugu ubu byizihije nabi uyu munsi kubera kuba bitarimo umutekano, atanga urugero rw’ibiri kubera mu burasirazuba bwo hagati, byatewe n’intambara Leta Zunze Ubumwe za America na Israel batangije kuri Iran.

Yasabye Abayisilamu bo mu Rwanda gukomeza kunga ubumwe bagendeye ku mirongo myiza yashyizweho n’Igihugu, kandi bagaharanira gukomeza ibikorwa bibageza mu majyambere.

Ni mu isengesho ryabereye muri Kigali Pele Stadium
Ryayobowe na Mufti w’u Rwanda, Sheikh Mussa Sindayigaya
Iri sengesho ryanitabiriwe na Gen. Mubarakh Muganga, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 14 =

Previous Post

Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

Next Post

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.