Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Muhanga: Abacururiza mu isoko rishya ngo buri kwezi bakwa 30.000Frw adafitiwe ibisobanuro

radiotv10by radiotv10
18/11/2021
in Uncategorized
0
Muhanga: Abacururiza mu isoko rishya ngo buri kwezi bakwa 30.000Frw adafitiwe ibisobanuro
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bacuruzi bo mu isoko rishya rya Muhanga, bavuga ko buri kwezi bakwa ibihumbi 30 Frw kuri buri mucuruzi kandi batarigeze bayabwirwa mbere yo gutangira gukorera muri ririya soko.

Aba bacuruzi bavuga ko bagitangira gukorera muri ririya soko, bababwiye ko umuryango umwe ukodeshwa ibihumbi 150 Frw ubundi bakishyira hamwe ngo bajye bakodesha umuryango.

Icyakora ngo nyuma byaje guhinduka kuko nyuma yo gutangira gucuruza, buri mucuruzi yakwa ibihumbi 30 Frw by’ubukode bw’ikibanza ku buryo babona ari uburiganya bakorerwa.

Nk’aho bishyize hamwe ari 12, bavuga ko bagakwiye kuba bishyura 12 500 Frw kuri buri muntu, ariko ngo buri mucuruzi yishyuzwa 30 000 Frw.

Umwe muri bo ati “Turibaza ngo ayo mafaranga ni ay’iki?”

Mugenzi we na we yagize ati “Baraturyamira bagatuma tudatera imbere,kuko ibihumbi 30 ku kwezi ni menshi kandi nta bakiriya tunabona, ese kuki batareka ngo duteranye ibihumbi 150 nk’uko twaje batubwira ko umuryango tugiyemo ari ko ukodeshwa?”

Binjiyemo bababwira ko umuryango umwe kuwukodesha ari 150 000 Frw

Hari undi na we wagize ati “Reba nta kintu dufite kubera ko n’igishoro twakiriye bitewe n’abadukodesha umurengera, rwose ni akarengane tugirirwa.”

Umuobozi w’iri soko wungirije, Gashuti Appolinaire atera utwatsi iby’amakuru y’uko umuryango umwe ukodeshwa ibihumbi 150 Frw akavuga ko ko ariya makuru ashobora kuba yaratanzwe n’abacuruzi bagenzi babo bababeshya kugira ngo bazaze bafatanye.

Ati “Nta muryango w’ibihumbi 150 ukoreramo abantu benshi dufite, dufite uw’ibihumbi 300 kandi nabwo ntituvuga ngo abarimo bayateranye yuzure, kuko hari ahari batatu bane cyangwa batandatu kandi tubasaba ko bishyura ibihumbi 30 buri umwe, kandi urumva ko ibihumbi 300 bitageramo.”

Ubwo iri soko ryari rimaze amezi ane ryuzuye ryajyaga gufungura imiryango, Urwego rw’abikorera rwari rwabwiye itangazamakuru ko icyumba kimwe nibura kizakodeshwa amafaranga ibihumbi 200 Frw ariko abagikoreramo bagafatanya kukishyura ku buryo cyakorerwamo nk’abantu 12, umwe akishyura hagati y’ibihumbi 20frw na 30frw.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 14 =

Previous Post

Bamporiki yibiye ibanga Miss Ingabire Grace rizatuma acyura ikamba rya Miss World

Next Post

Burundi: Ndayishimiye yirukanye Minisitiri umaze amezi 6 asimbuye uwirukaniwe kugurisha Indege ya Leta

Related Posts

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu

Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu

by radiotv10
28/01/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi nyuma yo gutumiza inama y’igitaraganya yahuje inzego zikomeye muri iki Gihugu...

IZIHERUKA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa
MU RWANDA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Burundi: Ndayishimiye yirukanye Minisitiri umaze amezi 6 asimbuye uwirukaniwe kugurisha Indege ya Leta

Burundi: Ndayishimiye yirukanye Minisitiri umaze amezi 6 asimbuye uwirukaniwe kugurisha Indege ya Leta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.