Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Muhanga: Abacururiza mu isoko rishya ngo buri kwezi bakwa 30.000Frw adafitiwe ibisobanuro

radiotv10by radiotv10
18/11/2021
in Uncategorized
0
Muhanga: Abacururiza mu isoko rishya ngo buri kwezi bakwa 30.000Frw adafitiwe ibisobanuro
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bacuruzi bo mu isoko rishya rya Muhanga, bavuga ko buri kwezi bakwa ibihumbi 30 Frw kuri buri mucuruzi kandi batarigeze bayabwirwa mbere yo gutangira gukorera muri ririya soko.

Aba bacuruzi bavuga ko bagitangira gukorera muri ririya soko, bababwiye ko umuryango umwe ukodeshwa ibihumbi 150 Frw ubundi bakishyira hamwe ngo bajye bakodesha umuryango.

Icyakora ngo nyuma byaje guhinduka kuko nyuma yo gutangira gucuruza, buri mucuruzi yakwa ibihumbi 30 Frw by’ubukode bw’ikibanza ku buryo babona ari uburiganya bakorerwa.

Nk’aho bishyize hamwe ari 12, bavuga ko bagakwiye kuba bishyura 12 500 Frw kuri buri muntu, ariko ngo buri mucuruzi yishyuzwa 30 000 Frw.

Umwe muri bo ati “Turibaza ngo ayo mafaranga ni ay’iki?”

Mugenzi we na we yagize ati “Baraturyamira bagatuma tudatera imbere,kuko ibihumbi 30 ku kwezi ni menshi kandi nta bakiriya tunabona, ese kuki batareka ngo duteranye ibihumbi 150 nk’uko twaje batubwira ko umuryango tugiyemo ari ko ukodeshwa?”

Binjiyemo bababwira ko umuryango umwe kuwukodesha ari 150 000 Frw

Hari undi na we wagize ati “Reba nta kintu dufite kubera ko n’igishoro twakiriye bitewe n’abadukodesha umurengera, rwose ni akarengane tugirirwa.”

Umuobozi w’iri soko wungirije, Gashuti Appolinaire atera utwatsi iby’amakuru y’uko umuryango umwe ukodeshwa ibihumbi 150 Frw akavuga ko ko ariya makuru ashobora kuba yaratanzwe n’abacuruzi bagenzi babo bababeshya kugira ngo bazaze bafatanye.

Ati “Nta muryango w’ibihumbi 150 ukoreramo abantu benshi dufite, dufite uw’ibihumbi 300 kandi nabwo ntituvuga ngo abarimo bayateranye yuzure, kuko hari ahari batatu bane cyangwa batandatu kandi tubasaba ko bishyura ibihumbi 30 buri umwe, kandi urumva ko ibihumbi 300 bitageramo.”

Ubwo iri soko ryari rimaze amezi ane ryuzuye ryajyaga gufungura imiryango, Urwego rw’abikorera rwari rwabwiye itangazamakuru ko icyumba kimwe nibura kizakodeshwa amafaranga ibihumbi 200 Frw ariko abagikoreramo bagafatanya kukishyura ku buryo cyakorerwamo nk’abantu 12, umwe akishyura hagati y’ibihumbi 20frw na 30frw.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 7 =

Previous Post

Bamporiki yibiye ibanga Miss Ingabire Grace rizatuma acyura ikamba rya Miss World

Next Post

Burundi: Ndayishimiye yirukanye Minisitiri umaze amezi 6 asimbuye uwirukaniwe kugurisha Indege ya Leta

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It
IMIBEREHO MYIZA

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

23/12/2025
Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Burundi: Ndayishimiye yirukanye Minisitiri umaze amezi 6 asimbuye uwirukaniwe kugurisha Indege ya Leta

Burundi: Ndayishimiye yirukanye Minisitiri umaze amezi 6 asimbuye uwirukaniwe kugurisha Indege ya Leta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.