Friday, September 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MUHANGA: Abarema isoko rya Kabadaha barataka ibihombo batewe na guma mu rugo

radiotv10by radiotv10
11/08/2021
in MU RWANDA
0
MUHANGA:  Abarema isoko rya Kabadaha barataka ibihombo batewe na guma mu rugo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe imirenge irindwi y’akarere ka Muhanga iri muri gahunda ya guma mu rugo, bamwe mu barema isoko rya Kabadaha riherereye mu murenge wa Mushishiro bavuga ko iyi gahunda yatumye abakiriya babura bityo imyaka yabo ikaba iri gutakaza agaciro mu buryo bukabije.

Nyiramana Jaqueline umwe mu  barema iri soko yagarutse kuri iki kibazo agira ati” Twabihombeyemo kuko ibase y’amateke yaguraga amafaranga 2500 none ubu bari kuza baduha 1000 cyangwa 800 gutyo.’’

Mukeshimana Angelique we yavuze ko byazambye kuko ibiciro by’ibyo bazanaga mu isoko byahanantutse.

“Ubu byabaye bibi kurushaho, byabaye impinduka ndende, ibase y’amateke yaguraga 1800 ariko ubu ibase ntabwo iri kurenza 1000.’’

Aba baturage bavuga ko batategereza igihe guma mu rugo izarangirira ngo babone kugurisha ahubwo ngo iyo babonye n’ubaha ayo macye barayafata kuko ahanini baba bafite ibindi by’ibanze bakeneye.

Image

Abarema isoko rya Kabadaha barataka ibihombo batewe na guma mu rugo

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Mushishiro, Musabwa Aimable yabwiye RadioTV10 ko ikintu gishoboka cyacyemura ihanantuka ry’ibiciro by’imyaka y’aba baturage ari uko bakubahiriza amabwiriza ya guma mu rugo bityo COVID-19 yagabanuka amasoko akongera kurema nk’uko byahoze.

Kuva tariki 28 Nyakanga imirenge 50 yo mu ntara y’amajyepfo iri muri gahunda ya guma mu rugo, irindwi muri yo irimo Nyamabuye, Shyogwe, Kiyumba, mushishiro, Rugendabari, Muhanga  na Cyeza yo mu karere ka Muhanga.

Inkuru ya: Sindiheba Yussuf/Radio TV10 Rwanda

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + eight =

Previous Post

KIGALI: Abakanishi ntibumva uburyo babuzwa gukora akazi bazira icyangombwa cy’urukingo rwa COVID-19

Next Post

Ibitekerezo by’urubyiruko ku kuboneza urubyaro ku bangavu

Related Posts

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

by radiotv10
12/09/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Kibaya-Cyunuzi mu Karere ka Ngoma, bavuga ko batahwemye kugaragaza imbogamizi zo kuba badafite aho banika...

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

by radiotv10
12/09/2025
0

Umusore n’inkumi bo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, bagombaga gukora ubukwe, bajyanywe mu Bitaro nyuma yo gutegwa...

Hemejwe ko hari icyatangiye gukorwa ku basore bagaragaye bakorera umukobwa ubugome bukabije muri Kigali

Hemejwe ko hari icyatangiye gukorwa ku basore bagaragaye bakorera umukobwa ubugome bukabije muri Kigali

by radiotv10
12/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yatangiye gushakisha abasore bagaragaye mu mashusho bari gukubita umukobwa bakoresha umuhoro, byabereye mu Murenge wa...

Rwanda Expresses Solidarity with Qatar Following Iran’s Missile Attack

Rwanda condemns Israel strike in Doha, affirms solidarity with Qatar

by radiotv10
12/09/2025
0

The Government of Rwanda has unequivocally condemned the airstrike carried out by Israel in Doha, Qatar, on September 9, 2025,...

Cancel culture in Rwanda: Accountability or just online bullying?

Cancel culture in Rwanda: Accountability or just online bullying?

by radiotv10
12/09/2025
0

In recent years, the rise of social media has given Rwandans more freedom to express their thoughts, criticize public figures,...

IZIHERUKA

Hatangajwe ibyaha bikomeye biregwa Visi Perezida wa Sudani y’Epfo
AMAHANGA

Hatangajwe ibyaha bikomeye biregwa Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

by radiotv10
12/09/2025
0

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

12/09/2025
Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

12/09/2025
Hemejwe ko hari icyatangiye gukorwa ku basore bagaragaye bakorera umukobwa ubugome bukabije muri Kigali

Hemejwe ko hari icyatangiye gukorwa ku basore bagaragaye bakorera umukobwa ubugome bukabije muri Kigali

12/09/2025
Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

12/09/2025
Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibitekerezo by’urubyiruko ku kuboneza urubyaro ku bangavu

Ibitekerezo by’urubyiruko ku kuboneza urubyaro ku bangavu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibyaha bikomeye biregwa Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.