Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MUHANGA: Hari abanyeshuri birukanwe mu kizamini bazira umusatsi

radiotv10by radiotv10
24/06/2021
in MU RWANDA
0
MUHANGA: Hari abanyeshuri birukanwe mu kizamini bazira umusatsi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe  Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) itemera  ko hagira umunyeshuri uvutswa amahirwe yo gukora ikizamini kubera kubura amafaranga y’ishuri cyangwa se izindi mpamvu, mu karere ka Muhanga bo birukanwe bazira kutiyogoshesha.

Kuri uyu wa Gatatu nibwo Radio Tv10 yageze mu rwunge rw’amashuri rwa Munyinya, ikigo giherereye mu karere ka Muhanga yasanze  hari abanyeshuri bari hanze mu gihe bagenzi babo  bakora ibizami  ku mpamvu bavuga ko ngo zatewe no kutiyogoshesha umusatsi.

Abaganiriye na Radio Tv10 bari hanze y’ishuri bavuze  ko ataribo banze gukora ibizamini ahubwo ngo bategetswe kubisohokamo. Ni igikorwa bagaragaza ko batishimiye.

Umwe muri abo yagize ati:”Nk’ubu nkanjye ndi hano kandi abandi twigana bari mu bizamini, yaje (Directeur) atwambura impapuro twakoreragaho ibizamini ngo tujye kwiyogoshesha.”

Mugenzi we yabwiye RadioTv10 ko we yirukanwe kubera kudakuramo umupira yategetswe gukuramo wo kwifubika.

Ndindabahizi Protogène umuyobozi w’urwunge rw’amashuri rwa Munyinya yabwiye RADIOTV10  ko abanyeshuri bari bamaze igihe kinini bababwira kwiyogoshesha bakinangira gusa kuri uyu munsi ngo bari bagamije ko bacyemura icyo kibazo bakagaruka mu kizamini.

Ati:”Mu by’ukuri ntabwo ari ukubirukana ahubwo twifuzaga ko bacyemura ibyo twababwiye bakagaruka mu kizamini, ntabwo twari tugamije kubirukana mu kizamini’

RADIOTV10 yashatse  kumenya niba kuba umunyeshuri atiyogoshesheje biri mu bishobora gutuma abuzwa amahirwe yo gukora ibizami bityo tubaza  Habyarimana Daniel ushinzwe uburezi mu karere ka Muhanga icyo abitecyerezaho.

Mu butumwa bugufi yatwandikiye yagize ati”  Nta mwana n’umwe wemerewe kuvutswa uburenganzira bwo gukora ikizamini ku bw’amakosa nk’ayo yoroheje, rero birakurikiranwa nidusanga ariko biri gukorwa bihite bikosorwa kandi abatarakoze ikizamini bazagihabwa.”

Gusa n’ubwo mu kigo cya Munyinya byifashe bityo  Minisiteri y’uburezi yakunze gutanga imbwirwaruhame zivuga ko ntamunyeshuri ugomba kwirukanwa ku ishuri by’umwihariko mu gihe ari mu bizamini.

Gusa abarezi nabo ntibahwema kugaragaza ko hari ubwo abanyeshuri babananira bagafata imyanzuro yo kubacyaha bikavamo ingaruka zitari nziza ariko zose zikagaruka ku munyeshuri.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + eleven =

Previous Post

EURO 2020: Portugal izacakirana na Belgium, France iri kumwe na Suisse muri 1/8 cy’irangiza

Next Post

RUBAVU : Ku irimbi rya Karundo habereye imirwano hagati y’abaje gushyingura-VIDEO

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RUBAVU : Ku irimbi rya Karundo habereye imirwano hagati y’abaje gushyingura-VIDEO

RUBAVU : Ku irimbi rya Karundo habereye imirwano hagati y'abaje gushyingura-VIDEO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.