Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MUHANGA: Hari abanyeshuri birukanwe mu kizamini bazira umusatsi

radiotv10by radiotv10
24/06/2021
in MU RWANDA
0
MUHANGA: Hari abanyeshuri birukanwe mu kizamini bazira umusatsi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe  Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) itemera  ko hagira umunyeshuri uvutswa amahirwe yo gukora ikizamini kubera kubura amafaranga y’ishuri cyangwa se izindi mpamvu, mu karere ka Muhanga bo birukanwe bazira kutiyogoshesha.

Kuri uyu wa Gatatu nibwo Radio Tv10 yageze mu rwunge rw’amashuri rwa Munyinya, ikigo giherereye mu karere ka Muhanga yasanze  hari abanyeshuri bari hanze mu gihe bagenzi babo  bakora ibizami  ku mpamvu bavuga ko ngo zatewe no kutiyogoshesha umusatsi.

Abaganiriye na Radio Tv10 bari hanze y’ishuri bavuze  ko ataribo banze gukora ibizamini ahubwo ngo bategetswe kubisohokamo. Ni igikorwa bagaragaza ko batishimiye.

Umwe muri abo yagize ati:”Nk’ubu nkanjye ndi hano kandi abandi twigana bari mu bizamini, yaje (Directeur) atwambura impapuro twakoreragaho ibizamini ngo tujye kwiyogoshesha.”

Mugenzi we yabwiye RadioTv10 ko we yirukanwe kubera kudakuramo umupira yategetswe gukuramo wo kwifubika.

Ndindabahizi Protogène umuyobozi w’urwunge rw’amashuri rwa Munyinya yabwiye RADIOTV10  ko abanyeshuri bari bamaze igihe kinini bababwira kwiyogoshesha bakinangira gusa kuri uyu munsi ngo bari bagamije ko bacyemura icyo kibazo bakagaruka mu kizamini.

Ati:”Mu by’ukuri ntabwo ari ukubirukana ahubwo twifuzaga ko bacyemura ibyo twababwiye bakagaruka mu kizamini, ntabwo twari tugamije kubirukana mu kizamini’

RADIOTV10 yashatse  kumenya niba kuba umunyeshuri atiyogoshesheje biri mu bishobora gutuma abuzwa amahirwe yo gukora ibizami bityo tubaza  Habyarimana Daniel ushinzwe uburezi mu karere ka Muhanga icyo abitecyerezaho.

Mu butumwa bugufi yatwandikiye yagize ati”  Nta mwana n’umwe wemerewe kuvutswa uburenganzira bwo gukora ikizamini ku bw’amakosa nk’ayo yoroheje, rero birakurikiranwa nidusanga ariko biri gukorwa bihite bikosorwa kandi abatarakoze ikizamini bazagihabwa.”

Gusa n’ubwo mu kigo cya Munyinya byifashe bityo  Minisiteri y’uburezi yakunze gutanga imbwirwaruhame zivuga ko ntamunyeshuri ugomba kwirukanwa ku ishuri by’umwihariko mu gihe ari mu bizamini.

Gusa abarezi nabo ntibahwema kugaragaza ko hari ubwo abanyeshuri babananira bagafata imyanzuro yo kubacyaha bikavamo ingaruka zitari nziza ariko zose zikagaruka ku munyeshuri.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 3 =

Previous Post

EURO 2020: Portugal izacakirana na Belgium, France iri kumwe na Suisse muri 1/8 cy’irangiza

Next Post

RUBAVU : Ku irimbi rya Karundo habereye imirwano hagati y’abaje gushyingura-VIDEO

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RUBAVU : Ku irimbi rya Karundo habereye imirwano hagati y’abaje gushyingura-VIDEO

RUBAVU : Ku irimbi rya Karundo habereye imirwano hagati y'abaje gushyingura-VIDEO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.