Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MUHANGA: Hari abanyeshuri birukanwe mu kizamini bazira umusatsi

radiotv10by radiotv10
24/06/2021
in MU RWANDA
0
MUHANGA: Hari abanyeshuri birukanwe mu kizamini bazira umusatsi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe  Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) itemera  ko hagira umunyeshuri uvutswa amahirwe yo gukora ikizamini kubera kubura amafaranga y’ishuri cyangwa se izindi mpamvu, mu karere ka Muhanga bo birukanwe bazira kutiyogoshesha.

Kuri uyu wa Gatatu nibwo Radio Tv10 yageze mu rwunge rw’amashuri rwa Munyinya, ikigo giherereye mu karere ka Muhanga yasanze  hari abanyeshuri bari hanze mu gihe bagenzi babo  bakora ibizami  ku mpamvu bavuga ko ngo zatewe no kutiyogoshesha umusatsi.

Abaganiriye na Radio Tv10 bari hanze y’ishuri bavuze  ko ataribo banze gukora ibizamini ahubwo ngo bategetswe kubisohokamo. Ni igikorwa bagaragaza ko batishimiye.

Umwe muri abo yagize ati:”Nk’ubu nkanjye ndi hano kandi abandi twigana bari mu bizamini, yaje (Directeur) atwambura impapuro twakoreragaho ibizamini ngo tujye kwiyogoshesha.”

Mugenzi we yabwiye RadioTv10 ko we yirukanwe kubera kudakuramo umupira yategetswe gukuramo wo kwifubika.

Ndindabahizi Protogène umuyobozi w’urwunge rw’amashuri rwa Munyinya yabwiye RADIOTV10  ko abanyeshuri bari bamaze igihe kinini bababwira kwiyogoshesha bakinangira gusa kuri uyu munsi ngo bari bagamije ko bacyemura icyo kibazo bakagaruka mu kizamini.

Ati:”Mu by’ukuri ntabwo ari ukubirukana ahubwo twifuzaga ko bacyemura ibyo twababwiye bakagaruka mu kizamini, ntabwo twari tugamije kubirukana mu kizamini’

RADIOTV10 yashatse  kumenya niba kuba umunyeshuri atiyogoshesheje biri mu bishobora gutuma abuzwa amahirwe yo gukora ibizami bityo tubaza  Habyarimana Daniel ushinzwe uburezi mu karere ka Muhanga icyo abitecyerezaho.

Mu butumwa bugufi yatwandikiye yagize ati”  Nta mwana n’umwe wemerewe kuvutswa uburenganzira bwo gukora ikizamini ku bw’amakosa nk’ayo yoroheje, rero birakurikiranwa nidusanga ariko biri gukorwa bihite bikosorwa kandi abatarakoze ikizamini bazagihabwa.”

Gusa n’ubwo mu kigo cya Munyinya byifashe bityo  Minisiteri y’uburezi yakunze gutanga imbwirwaruhame zivuga ko ntamunyeshuri ugomba kwirukanwa ku ishuri by’umwihariko mu gihe ari mu bizamini.

Gusa abarezi nabo ntibahwema kugaragaza ko hari ubwo abanyeshuri babananira bagafata imyanzuro yo kubacyaha bikavamo ingaruka zitari nziza ariko zose zikagaruka ku munyeshuri.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − two =

Previous Post

EURO 2020: Portugal izacakirana na Belgium, France iri kumwe na Suisse muri 1/8 cy’irangiza

Next Post

RUBAVU : Ku irimbi rya Karundo habereye imirwano hagati y’abaje gushyingura-VIDEO

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RUBAVU : Ku irimbi rya Karundo habereye imirwano hagati y’abaje gushyingura-VIDEO

RUBAVU : Ku irimbi rya Karundo habereye imirwano hagati y'abaje gushyingura-VIDEO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.