• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Hatangajwe ibirambuye ku mpanuka idasanzwe yasize umubabaro ku bana 10

radiotv10by radiotv10
18/07/2023
in MU RWANDA
0
Muhanga: Hatangajwe ibirambuye ku mpanuka idasanzwe yasize umubabaro ku bana 10
Share on FacebookShare on Twitter

Impanuka y’ubwato yabereye mu mugezi wa Nyabarongo mu Karere ka Muhanga, yarohamiyemo abana icumi (10) bahise baburirwa irengero, bikaba bikekwa ko bitabye Imana. Umuyobozi w’aka Karere avuga ko iyi mibare ishobora kwiyongera cyangwa ntigereho kuko uwatanze amakuru akomeje kwivuguruza.

Iyi mpanuka y’ubwato yabereye mu mugezi wa Nyabarongo mu gice giherereye mu Mudugudu wa Cyarubambire mu Kagari ka Matyazo mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga, ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 17 Nyakanga 2023.

Ubu bwato bwarimo abana barenga 13, bwambukaga buva mu Karere ka Muhanga bwerecyeza mu ka Ngororero, butwawe n’umugabo witwa Jean Pierre Ndababonye, we warokotse ndetse n’abana batatu mu bari muri ubu bwato.

Uyu mugabo wahise atabwa muri yombi, avuga ko atazi neza umubare w’abana yari atwaye muri ubu bwato, aho avugwaho kuba yari atwaye aba bana ngo bajye kumupakirira amategura mu Karere ka Ngororero.

Bivugwa ko bagezemo hagati mu mugezi, ubwato bw’ibiti barimo bugatangira kwinjiramo amazi kugeza aho burushijwe ingufu n’amazi, bugahita burohama.

Ni abana bari hagati y’imyaka icyenda (9) na 13 y’amavuko bose b’abahungu, mu gihe abarokotse na bo b’abahungu bari hagati y’imyaka 10 na 12. Bamwe muri aba bana bari muri ubu bwato, bari basanzwe bafitanye isano n’uyu mugabo wari ubatwaye.

 

Icyizere ntacyo

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere yahise ajya ahabereye iyi mpanuka, akavuga ko bigoye kuba hari icyizere ko abana barohamye baboneka bakiri bazima.

Uyu muyobozi avuga ko imibare y’aba bana barohamye ivugwa n’uyu mugabo ishobora kuba irenga cyangwa ikaba itageraho kuko amakuru atanga agenda abusanya.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, avuga ko muri iyi mpanuka “habashije kurokokamo batatu ndetse n’umusare, abandi icumi kugeza ubu ntibaraboneka, dukomeje ibikorwa by’ubutabazi kugira ngo tube twabona imibiri yabo kuko kuba baboneka ari bazima byo ntabwo umuntu yabyizera ugereranyije n’igihe gishize.”

Guverineri Kayitesi avuga ko inzego zirimo z’ibanze ndetse n’iz’umutekano zihutiye kugera ahabereye iyi mpanuka, ari na bwo zaganirizaga abarokotse iyi mpanuka, hakabasha kumenyekana imyirondoro y’abana bari bari muri ubu bwato ndetse n’imiryango bakomokamo.

Avuga ko aba barokotse bavuga ko amazi yinjiye muri ubu bwato bw’ibiti bari barimo, ari na byo byatumye burohama kuko bwari bwamaze kurushwa imbaraga n’amazi.

Nubwo hatangiye gukorwa iperereza ariko “ikigaragara ni uko bwari ubwato butari bwujuje ibisabwa, butajyanye n’amabwiriza yashyizweho ajyanye n’ingendo zo mu mazi, ubundi dusaba ko ari ubwato buba bufite moteri, ababugendamo bafite ubwirinzi bambanye Life Jacket.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Hagaragajwe ikije gukemura burundu ibibazo byakunze kuvugwa mu byiciro by’Ubudehe

Next Post

Ubushyuhe i Burayi na America bwatangiye gukangaranya benshi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ubushyuhe i Burayi na America bwatangiye gukangaranya benshi

Ubushyuhe i Burayi na America bwatangiye gukangaranya benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.