Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Imbwa y’umukozi w’Imana imereye nabi abaturage ibarya

radiotv10by radiotv10
22/02/2022
in MU RWANDA
0
Muhanga: Imbwa y’umukozi w’Imana imereye nabi abaturage ibarya
Share on FacebookShare on Twitter

Imbwa y’umukozi w’Imana witwa Apotre Constantin Niyomwungere imaze iminsi irya bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Ruli mu Murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga, none abahatuye basabye ubuyobozi bwo hejuru kugira icyo bukora kuko ubwo hasi bwatinye uyu Apotre.

Imbwa y’uyu Apotre Constantin Niyomwungere, yongeye kurya umuntu ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 21 Gashyantare 2022.

Umuturage witwa Baribeshya Jean Claude wariwe n’iyi mbwa ubwo yanyuraga ku rugo rwa Apotre Constantin Niyomwungere, yabwiye The Source Post dukesha aya makuru, ko iyi mbwa yamuriye ku kaguru.

Yagize ati“Nayikijijwe n’abantu bari bahaciye.”

Uyu muturage avuga ko uyu mukozi w’Imana yari yamwizeje kujya kumuvuza ariko ko yamurangaranye kuko byageze nka saa sita z’undi munsi wakurikiye uwo yarumiweho n’imbwa, atamujyana kwa muganda.

Hari kandi abandi abaturage batabaza kubera iyi mbwa, aho umugore wo muri aka Kagari ufite umwana wariwe n’iyi mbwa mu ntangiro z’uku kwezi, avuga ko iki kibazo yakigejeje ku mukuru w’Umudugudu akamubwira amagambo yo kumubyina ku mubyimba.

Yagize ati “Nakigejeje kuri Mudugudu, arambwira ati ‘nyine nawe menya ko ari iya Constantin’, ati ‘ menya iryo zina’.”

Uyu muturage akomeza agira ati “Umenya n’ubuyobozi bumutinya, none se ko uwo ubwiye ikibazo cy’iyo mbwa akubwira ko ntacyo yagikoraho, twebwe rubanda twagira gute?”

Uyu mubyeyi avuga ko umuyobozi w’Isibo ari we wamufashije akamuhuza  na Apotre  Niyomwungere amuha amafaranga ibihumbi 5 Frw yo kuvuza umwana we.

Undi witwa Nsengimana Jean Damascene na we avuga ko yariwe n’iyi mbwa ya Apotre Niyomwungere na we akamuha 5 000 Frw.

Kayitare Jaqueline uyobota Akarere ka Muhanga, yahakanye amakuru avugwa n’aba baturage ko abayobozi batinye uyu mukozi w’Imana.

Mu butumwa bugufi yagize ati “Inzego z’ibanze ntizatinya umuturage uwo ari we wese kuko nta muntu uba hejuru y’amategeko, abaturage bafite uburenganzira bwo gutanga ikirego, uwo muntu agakurikiranwa.”

Ivomo: The Source Post

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Miss Igisabo yerekanye ko urukundo rwe n’umusore yihebeye rugeze aharyoshye

Next Post

Perezida Kagame, Erdogan na Macky Sall bateye umupira bafungura stade y’amateka

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz
FOOTBALL

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame, Erdogan na Macky Sall bateye umupira bafungura stade y’amateka

Perezida Kagame, Erdogan na Macky Sall bateye umupira bafungura stade y’amateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.