Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Imbwa y’umukozi w’Imana imereye nabi abaturage ibarya

radiotv10by radiotv10
22/02/2022
in MU RWANDA
0
Muhanga: Imbwa y’umukozi w’Imana imereye nabi abaturage ibarya
Share on FacebookShare on Twitter

Imbwa y’umukozi w’Imana witwa Apotre Constantin Niyomwungere imaze iminsi irya bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Ruli mu Murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga, none abahatuye basabye ubuyobozi bwo hejuru kugira icyo bukora kuko ubwo hasi bwatinye uyu Apotre.

Imbwa y’uyu Apotre Constantin Niyomwungere, yongeye kurya umuntu ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 21 Gashyantare 2022.

Umuturage witwa Baribeshya Jean Claude wariwe n’iyi mbwa ubwo yanyuraga ku rugo rwa Apotre Constantin Niyomwungere, yabwiye The Source Post dukesha aya makuru, ko iyi mbwa yamuriye ku kaguru.

Yagize ati“Nayikijijwe n’abantu bari bahaciye.”

Uyu muturage avuga ko uyu mukozi w’Imana yari yamwizeje kujya kumuvuza ariko ko yamurangaranye kuko byageze nka saa sita z’undi munsi wakurikiye uwo yarumiweho n’imbwa, atamujyana kwa muganda.

Hari kandi abandi abaturage batabaza kubera iyi mbwa, aho umugore wo muri aka Kagari ufite umwana wariwe n’iyi mbwa mu ntangiro z’uku kwezi, avuga ko iki kibazo yakigejeje ku mukuru w’Umudugudu akamubwira amagambo yo kumubyina ku mubyimba.

Yagize ati “Nakigejeje kuri Mudugudu, arambwira ati ‘nyine nawe menya ko ari iya Constantin’, ati ‘ menya iryo zina’.”

Uyu muturage akomeza agira ati “Umenya n’ubuyobozi bumutinya, none se ko uwo ubwiye ikibazo cy’iyo mbwa akubwira ko ntacyo yagikoraho, twebwe rubanda twagira gute?”

Uyu mubyeyi avuga ko umuyobozi w’Isibo ari we wamufashije akamuhuza  na Apotre  Niyomwungere amuha amafaranga ibihumbi 5 Frw yo kuvuza umwana we.

Undi witwa Nsengimana Jean Damascene na we avuga ko yariwe n’iyi mbwa ya Apotre Niyomwungere na we akamuha 5 000 Frw.

Kayitare Jaqueline uyobota Akarere ka Muhanga, yahakanye amakuru avugwa n’aba baturage ko abayobozi batinye uyu mukozi w’Imana.

Mu butumwa bugufi yagize ati “Inzego z’ibanze ntizatinya umuturage uwo ari we wese kuko nta muntu uba hejuru y’amategeko, abaturage bafite uburenganzira bwo gutanga ikirego, uwo muntu agakurikiranwa.”

Ivomo: The Source Post

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Miss Igisabo yerekanye ko urukundo rwe n’umusore yihebeye rugeze aharyoshye

Next Post

Perezida Kagame, Erdogan na Macky Sall bateye umupira bafungura stade y’amateka

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame, Erdogan na Macky Sall bateye umupira bafungura stade y’amateka

Perezida Kagame, Erdogan na Macky Sall bateye umupira bafungura stade y’amateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.