Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Imbwa y’umukozi w’Imana imereye nabi abaturage ibarya

radiotv10by radiotv10
22/02/2022
in MU RWANDA
0
Muhanga: Imbwa y’umukozi w’Imana imereye nabi abaturage ibarya
Share on FacebookShare on Twitter

Imbwa y’umukozi w’Imana witwa Apotre Constantin Niyomwungere imaze iminsi irya bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Ruli mu Murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga, none abahatuye basabye ubuyobozi bwo hejuru kugira icyo bukora kuko ubwo hasi bwatinye uyu Apotre.

Imbwa y’uyu Apotre Constantin Niyomwungere, yongeye kurya umuntu ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 21 Gashyantare 2022.

Umuturage witwa Baribeshya Jean Claude wariwe n’iyi mbwa ubwo yanyuraga ku rugo rwa Apotre Constantin Niyomwungere, yabwiye The Source Post dukesha aya makuru, ko iyi mbwa yamuriye ku kaguru.

Yagize ati“Nayikijijwe n’abantu bari bahaciye.”

Uyu muturage avuga ko uyu mukozi w’Imana yari yamwizeje kujya kumuvuza ariko ko yamurangaranye kuko byageze nka saa sita z’undi munsi wakurikiye uwo yarumiweho n’imbwa, atamujyana kwa muganda.

Hari kandi abandi abaturage batabaza kubera iyi mbwa, aho umugore wo muri aka Kagari ufite umwana wariwe n’iyi mbwa mu ntangiro z’uku kwezi, avuga ko iki kibazo yakigejeje ku mukuru w’Umudugudu akamubwira amagambo yo kumubyina ku mubyimba.

Yagize ati “Nakigejeje kuri Mudugudu, arambwira ati ‘nyine nawe menya ko ari iya Constantin’, ati ‘ menya iryo zina’.”

Uyu muturage akomeza agira ati “Umenya n’ubuyobozi bumutinya, none se ko uwo ubwiye ikibazo cy’iyo mbwa akubwira ko ntacyo yagikoraho, twebwe rubanda twagira gute?”

Uyu mubyeyi avuga ko umuyobozi w’Isibo ari we wamufashije akamuhuza  na Apotre  Niyomwungere amuha amafaranga ibihumbi 5 Frw yo kuvuza umwana we.

Undi witwa Nsengimana Jean Damascene na we avuga ko yariwe n’iyi mbwa ya Apotre Niyomwungere na we akamuha 5 000 Frw.

Kayitare Jaqueline uyobota Akarere ka Muhanga, yahakanye amakuru avugwa n’aba baturage ko abayobozi batinye uyu mukozi w’Imana.

Mu butumwa bugufi yagize ati “Inzego z’ibanze ntizatinya umuturage uwo ari we wese kuko nta muntu uba hejuru y’amategeko, abaturage bafite uburenganzira bwo gutanga ikirego, uwo muntu agakurikiranwa.”

Ivomo: The Source Post

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − seven =

Previous Post

Miss Igisabo yerekanye ko urukundo rwe n’umusore yihebeye rugeze aharyoshye

Next Post

Perezida Kagame, Erdogan na Macky Sall bateye umupira bafungura stade y’amateka

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame, Erdogan na Macky Sall bateye umupira bafungura stade y’amateka

Perezida Kagame, Erdogan na Macky Sall bateye umupira bafungura stade y’amateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.