Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Nyuma y’ukwezi kumwe harashwe undi muntu we ukekwaho ubujura budasanzwe

radiotv10by radiotv10
31/10/2023
in MU RWANDA
0
Muhanga: Nyuma y’ukwezi kumwe harashwe undi muntu we ukekwaho ubujura budasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo uri mu kigero cy’imyaka 30 bikekwa ko ari umujura, yarasiwe mu Murenge wa Muhanga mu Karere ka Muhanga, ubwo yageragezaga kwiba imifuka ya kawunga yari mu modoka yari iyitwaye iri kugenda, ahita ahasiga ubuzima. Arashwe nyuma y’ukwezi kumwe muri aka Karere harasiwe undi wakekwagaho ubujura bw’insinga.

Iraswa ry’uyu mugabo ukekwaho ubujura warasiwe mu Mudugudu wa Kanyungura mu Kagari ka Kanyinya mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Mbere tariki 30 Ukwakira, ryabaye ubwo we na bagenzi be bapakururaga imifuka imifuka ibiri mu modoka yari iyitwaye iyivanye mu Mujyi wa Kigali yerecyeza mu Karere ka Karongi.

Abaturiye uyu muhanda wa Muhanga Karongi n’abakunze kuwukoresha, bavuga ko wangiritse bikabije ku buryo imodoka iwugezemo igenda buhoro, ari na byo byatumye aba bakekwaho kuba ari abajura buriraga iyi modoka kuko yagendaga gahoro.

Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bizimana Eric, avuga ko muri uyu muhanda, hakunze kugaragara urugomo n’ubujura, by’abitwaza iyangirika ryawo bakiba imodoka ziwunyuramo kuko ziba zigenda buhoro.

Yagize ati “Bitwaza umuhanda utameze neza, ishyamba rihari ndetse n’umwijima uhari bakurira imodoka bakamanura ibicuruzwa.”

Uyu muyobozi avuga ko muri aka gace kabereyemo buriya bujura bwavuyemo iraswa ry’umwe mu babukekwaho, haherutse no gutegerwa abantu bane batezwe mu bihe binyuranye byegeranye, barimo n’uwo bahamburiye mudasobwa.

Uyu muyobozi yizeza ko ubuyobozi bw’Inzego z’Ibanze ndetse n’iz’umutekano, bagiye gukaza amarondo muri aka gace kugira ngo uru rugomo n’ubujura bihakorerwa bihagarare.

Uyu mugabo yarashwe nyuma y’ukwezi kumwe muri aka Karere ka Muhanga harasiwe undi mu Murenge wa Mushishiro tariki 30 Nzeri 2023, we wakekwagaho ubujura bw’insinga z’amashanyarazi.

Uyu mugabo yarashwe ahita ahasiga ubuzima
Aba bajura bari bafite n’icyuma

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 11 =

Previous Post

Kizigenza wa ruhago Lionel Messi yongeye kwandika amateka

Next Post

Umunyarwanda w’imyaka 41 wasubiye kwiga akigana n’umwana we amenyereye intebe y’ishuri

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara
MU RWANDA

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwanda w’imyaka 41 wasubiye kwiga akigana n’umwana we amenyereye intebe y’ishuri

Umunyarwanda w’imyaka 41 wasubiye kwiga akigana n’umwana we amenyereye intebe y’ishuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.