Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Uko hafashwe umugabo wari umaze ibyumweru bitatu ahigwa bukware

radiotv10by radiotv10
12/11/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Muhanga: Abakoresha ubwisungane mu kwivuza binubira ko hari imiti badahabwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga wari umaze ibyumweru bitatu ahigishwa uruhindu nyuma yuko aketsweho kwica umugore we akajya abeshya ko yagiye muri Uganda, yafashwe mu gicuku ubwo yari agiye mu rugo rw’uwo bikekwa ko ari inshoreke ye, anasanganwa udukingirizo yari yitwaje.

Ni nyuma yuko uyu mugabo witwa Ntaganzwa Emmanuel wakoraga muri Farumasi yo mu Mujyi wa Muhanga, akeketsweho kuba yarishe umugore we tariki 16 Ukwakira 2024.

Amakuru y’urupfu rw’umugore we Mukashyaka Natalie yatahuwe tariki 20 Ukwakira 2024, nyuma yuko uyu mugabo agiye abeshya abantu ko umufasha we yagiye muri Uganda.

Kuva icyo gihe yakekwa, yahise atoroka, akaba yari akiri gushakishwa, akaba yafashwe mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Ugushyingo 2024 ahagana saa munani z’urukerera, afatiwe ahitwa i Remera mu Kagari ka Gifumba mu Murenge wa Nyamabuye muri aka Karere ka Muhanga.

Ifatwa ry’uyu mugabo, ryaturutse ku makuru yatanzwe n’umuturage wamubonye ava kuri moto ubwo yari agiye kwinjira mu rugo rw’umugore bikekwa ko ari inshoreke ye, ndetse ubwo bamufataga bakaba bamusanganye udukingirizo mu mufuka.

Uwo muturage akimukubita amaso yahise atabaza irondo ndetse hahita haniyambazwa Polisi, ari bwo inzego zazaga zikagota uru rugo, zikamufata.

Ngendahimana Célestin wo muri aka gace kafatiwemo uyu mugabo yabwiye Ikinyamakuru Umuseke ati “Twamusanganye udukingirizo tubiri mu mufuka yari yitwaje […] Birashoboka ko yahazaga nijoro akongera agasubirayo butaracya.”

Bikorimana Emmanuel uyobora Akagari ka Gifumba kafatiwemo uyu mugabo, avuga ko abaturage bumvise moto igenda muri ayo masaha ya saa munani z’ijoro, bakagira amekanga, ari na bwo batahuye ko yari izanye uyu mugabo, bakaza gusanga koko ari we, ari na bwo yatabwaga muri yombi ubu akaba afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Nyamabuye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − ten =

Previous Post

Ibidasanzwe byabaye ku mugore wibarutse mu Bushinwa byakurikiwe n’ihurizo ritamworoheye

Next Post

Bwiza nyuma yo guhirwa na muzika agiye gupfundurira agaseke abakunzi be

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro
IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi w’uburanga yateranye amagambo n’uwamukangishije kugaragaza amashusho ari gukora iby’abakuru

Bwiza nyuma yo guhirwa na muzika agiye gupfundurira agaseke abakunzi be

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.