Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Muhoozi arashaka guhura na Tshisekedi akamwereka uburyo bworoshye bakemura ibibazo bihari

radiotv10by radiotv10
15/06/2022
in Uncategorized
0
Muhoozi arashaka guhura na Tshisekedi akamwereka uburyo bworoshye bakemura ibibazo bihari
Share on FacebookShare on Twitter

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko ashaka ko mu minsi ya vuba yahura na Perezida Felix Tshisekedi bakagirana ibiganiro byo kurangiza ibibazo by’umutekano bikomeje kuba mu Gihugu cye.

Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku Butaka, yatangaje ibi mu butumwa yatambukije kuri Twitter muri iki gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje guhangana n’ibibazo by’umuyekano byatewe n’umutwe wa M23 ugizwe n’Abanye-Congo barwanira uburenganzira bwabo.

Muhoozi muri ubu butumwa, yagize ati “Ndashaka guhura na Perezida wanjye mwiza muri DRC mu gihe cya vuba. Ndi murumuna we. Dushobora gukemura ibibazo mu buryo bworoshye. Icyo twashyira imbere ni ugukorera Imana yacu ndetse n’abaturage bacu.”

Muhoozi yavuze ko intambara isenya itubaka kandi ko ikomeje kubera muri DRC iri gutwara abaturage bamwe.

Ati “Ntidukwiye kwibagirwa ko DRC ubu ari Umunyamuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, dukwiye kuyirinda nkuko twabikorera ikindi Gihugu cyose cyo mu muryango wacu.”

Muhoozi kandi yanavuze ku Banye-Congo bakomeje kumushinja kubangambanira, bamwita umwanzi w’Igihugu cyabo.

Yagize ati “Numvise umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya DRC wavuze ngo ‘Muhoozi ni umwanzi w’Igihugu’, Njyewe? None umwanzi wa DRC ko ari we warokoye ubuzima bw’abaturage muri Kivu ya Ruhuru na Ituri bari kwicwa urusorongo na ADF muri ‘Le triangle de la mort’?”

Lt Gen Muhoozi bivugwa ko ari gutegurwa kuzakorera mu ngata Se Yoweri Museveni akamusimbura ku mwanya wa Perezida wa Uganda, aherutse kugaragaza gushyigikira Umutwe wa M23.

Mu ntangiro z’uku kwezi, Muhoozi yari yavuze ko Abanye-Congo b’ubwoko bw’Abatutsi badakwiye gukomeza gukandamizwa kubera abo bari bo.

Icyo gihe yari yagize ati “Ntabwo kuba Umututsi cyangwa Muhima/Muhema cyangwa Munyamulenge (Umunyamulenge) ari icyaha! M23 yakomeje gusaba ko habaho ibiganiro imyaka myinshi. Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba ugomba gukemura iki kibazo.”

Muhoozi kandi yahaye gasopo umutwe wa FDLR uri gufatanya na FARDC mu bikorwa byo kurwanya M23, yavuze ko abarwanyi b’uyu mutwe, yise Interahamwe bakwiye kurya ari menge kuko nibakomeza kwinangira gushyira hasi intwaro, bazagabwaho ibitero karundura muri Operasiyo izakorwa ku bufatanye bwa RDF na UPDF izaba yitwa ‘Operasiyo Rudahigwa’.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Ubwoba ni bwose mu Banyarwanda bari i Goma kubera imyigaragambyo idasanze yo kubirukana

Next Post

Ibyo Abakongomani bakoreye ku Mupaka w’u Rwanda na DRC ni agahomamunwa

Related Posts

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

IZIHERUKA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar
MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo Abakongomani bakoreye ku Mupaka w’u Rwanda na DRC ni agahomamunwa

Ibyo Abakongomani bakoreye ku Mupaka w’u Rwanda na DRC ni agahomamunwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.