Wednesday, August 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Muhoozi arashaka guhura na Tshisekedi akamwereka uburyo bworoshye bakemura ibibazo bihari

radiotv10by radiotv10
15/06/2022
in Uncategorized
0
Muhoozi arashaka guhura na Tshisekedi akamwereka uburyo bworoshye bakemura ibibazo bihari
Share on FacebookShare on Twitter

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko ashaka ko mu minsi ya vuba yahura na Perezida Felix Tshisekedi bakagirana ibiganiro byo kurangiza ibibazo by’umutekano bikomeje kuba mu Gihugu cye.

Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku Butaka, yatangaje ibi mu butumwa yatambukije kuri Twitter muri iki gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje guhangana n’ibibazo by’umuyekano byatewe n’umutwe wa M23 ugizwe n’Abanye-Congo barwanira uburenganzira bwabo.

Muhoozi muri ubu butumwa, yagize ati “Ndashaka guhura na Perezida wanjye mwiza muri DRC mu gihe cya vuba. Ndi murumuna we. Dushobora gukemura ibibazo mu buryo bworoshye. Icyo twashyira imbere ni ugukorera Imana yacu ndetse n’abaturage bacu.”

Muhoozi yavuze ko intambara isenya itubaka kandi ko ikomeje kubera muri DRC iri gutwara abaturage bamwe.

Ati “Ntidukwiye kwibagirwa ko DRC ubu ari Umunyamuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, dukwiye kuyirinda nkuko twabikorera ikindi Gihugu cyose cyo mu muryango wacu.”

Muhoozi kandi yanavuze ku Banye-Congo bakomeje kumushinja kubangambanira, bamwita umwanzi w’Igihugu cyabo.

Yagize ati “Numvise umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya DRC wavuze ngo ‘Muhoozi ni umwanzi w’Igihugu’, Njyewe? None umwanzi wa DRC ko ari we warokoye ubuzima bw’abaturage muri Kivu ya Ruhuru na Ituri bari kwicwa urusorongo na ADF muri ‘Le triangle de la mort’?”

Lt Gen Muhoozi bivugwa ko ari gutegurwa kuzakorera mu ngata Se Yoweri Museveni akamusimbura ku mwanya wa Perezida wa Uganda, aherutse kugaragaza gushyigikira Umutwe wa M23.

Mu ntangiro z’uku kwezi, Muhoozi yari yavuze ko Abanye-Congo b’ubwoko bw’Abatutsi badakwiye gukomeza gukandamizwa kubera abo bari bo.

Icyo gihe yari yagize ati “Ntabwo kuba Umututsi cyangwa Muhima/Muhema cyangwa Munyamulenge (Umunyamulenge) ari icyaha! M23 yakomeje gusaba ko habaho ibiganiro imyaka myinshi. Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba ugomba gukemura iki kibazo.”

Muhoozi kandi yahaye gasopo umutwe wa FDLR uri gufatanya na FARDC mu bikorwa byo kurwanya M23, yavuze ko abarwanyi b’uyu mutwe, yise Interahamwe bakwiye kurya ari menge kuko nibakomeza kwinangira gushyira hasi intwaro, bazagabwaho ibitero karundura muri Operasiyo izakorwa ku bufatanye bwa RDF na UPDF izaba yitwa ‘Operasiyo Rudahigwa’.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Ubwoba ni bwose mu Banyarwanda bari i Goma kubera imyigaragambyo idasanze yo kubirukana

Next Post

Ibyo Abakongomani bakoreye ku Mupaka w’u Rwanda na DRC ni agahomamunwa

Related Posts

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

IZIHERUKA

Will our generation be remembered for anything apart from vibes?
MU RWANDA

Will our generation be remembered for anything apart from vibes?

by radiotv10
06/08/2025
0

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

06/08/2025
BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

05/08/2025
Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

05/08/2025
Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

05/08/2025
Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

05/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo Abakongomani bakoreye ku Mupaka w’u Rwanda na DRC ni agahomamunwa

Ibyo Abakongomani bakoreye ku Mupaka w’u Rwanda na DRC ni agahomamunwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Will our generation be remembered for anything apart from vibes?

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.