Muhoozi yatangaje Miss wo mu Rwanda uzitabira ibirori by’isabukuru ye

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba ubu uri kugaruka cyane ku birori by’isabukuru y’amavuko ye izaba mu mpera z’iki cyumweru, yavuze ko Miss Jolly Mutesi na we ari mu bazabyitabira.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba utaramara icyumweru agarutse kuri Twitter, uru rubuga nkoranyambaga rwe rwongeye gushyirwaho ibitekerezo ubutitsa ariko byinshi biri kwibanda ku isabukuru ye y’imyaka 48.

Izindi Nkuru

Mu mpera z’icyumweru gishize ubwo yagarukaga kuri Twitter, yahise atangaza ko Perezida Paul Kagame azitabira ibirori by’isabukuru ye.

Muhoozi kandi yanavuze ko ibi birori bye bizaririmbamo umuhanzi w’umunyabigwi mu Rwanda Masamba Intore usanzwe aririmba injyana ya gakondo.

Kuri uyu wa Mbere tariki 18 Mata 2022, Muhoozi yavuze ko uwabaye Nyampinga w’u Rwanda, Mutesi Jolly na we azitabira ibi birori.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Muhoozi yagize ati “Jolly Mutesi wabaye Miss Rwanda, inshuti yanjye ya cyera azaba ari mu isabukuru! Tuzagira ibihe byiza.”

Mu minsi ishize kandi Muhoozi yari yavuze ko abantu badashobora kubura mu isabukuru ye ari Perezida Kagame Paul yita “my uncle” ndetse Perezida Uhuru Kenyatta akunze kwita mukuru we bishimirana cyane.

Imwe mu ngingo zikomeje kugarukwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga muri Uganda, ni iyi sabukuru ya Muhoozi aho benshi mu basanzwe bamushyigikiye bagaragaza ko bishimiye imyaka akomeje kuramba ku Isi.

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru