Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mukase wa Akeza wapfuye bigashengura benshi yagejejwe imbere y’Urukiko

radiotv10by radiotv10
27/01/2022
in MU RWANDA
0
Mukase wa Akeza wapfuye bigashengura benshi yagejejwe imbere y’Urukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 27 Mutarama 2022, Mukase w’umwana witwa Elsie Akeza Rutiyomba uherutse kwitaba Imana bikababaza abatari bacye, yagejejwe imbere y’Urukiko aho akurikiranyweho kugira uruhare muri uru rupfu.

Uyu mugore witwa Marie Chantal Mukanzabarushimana ni Mukase wa Elsie Akeza Rutiyomba witabye Imana mu byumweru bibiri bishize bikavugwa ko yaguye mu kidomoro cy’amazi agapfa.

Nyuma y’uru rupfu, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abantu babiri bakekwaho kurugiramo uruhare.

Aba batawe muri yombi barimo Mukase wa nyakwigendera ari we Marie Chantal Mukanzabarushimana ndetse n’uwari umukozi wo mu rugo rwaguyemo uyu mwana w’imyaka itanu.

Kuri uyu wa Kane tariki 27 Mutarama 2022, Marie Chantal Mukanzabarushimana yagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kugira ngo aburane ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo.

Ubushinjacyaha bwazanye imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, bwasabye Umucamanza gutegeka ko Marie Chantal Mukanzabarushimana akurikiranwa afunzwe kuko ibyaha akekwaho bikomeye bikaba bihanishwa igihano kigera kur gufungwa burundu.

Ubushinjyacyaha kandi buvuga ko kuba Marie Chantal Mukanzabarushimana yakurikiranwa afunze ari bwo buryo bwonyine bwizewe bwo kuba yabonekera igihe mu gihe inzego z’ubutabera zimukenereye kandi ko aramutse afunguwe byahungabanya abo mu muryango wa nyakwigendera.

Gusa Marie Chantal Mukanzabarushimana utavuze byinshi mu rukiko, we yahakanye icyaha akurikiranyweho.

Mu muhango wo gushyingura Elsie Akeza Rutiyomba wabaye tariki 18 Mutarama 2022 i Rusororo, havugiwe amagambo y’uburyo uyu mwana yari ashimishije kubera ibyo yakoraga bikanyura benshi.

Uyu mwana Elsie Akeza Rutiyomba yagiye agaragara mu mashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga arimo gusubiramo indirimbo z’abahanzi bakomeye barimo Meddy wanagaragaje ko yababajwe cyane n’urupfu rwe.

Mu muhango wo gushyingura Akeza, ababyeyi be bagaragaje agahinda yabasigiye, bavuga ko bizeye ko ubutabera buzakora akazi kabwo bugahishura abagize uruhare muri uru rupfu.

Marie Chantal Mukanzabarushimanakurikiranywe hamwe n’umukozi wo mu rugo (Photo: The New Times)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 6 =

Previous Post

Makuza yashimye uko yahawe Serivisi inoze, bamwe bamusubiza bati “Ni uko ari wowe”

Next Post

UPDATE: Amashusho y’umugabo ukubita uruhinja yari yababaje benshi burya ngo ni Film

Related Posts

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

by radiotv10
28/11/2025
0

Rtd Major Rugamba Robert wemera ko yakoze icyaha cyo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Karere ka Nyanza,...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

IZIHERUKA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye
AMAHANGA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

28/11/2025
Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uruhinja rwagaragaye mu mashusho runagwa n’umugabo bunyamaswa rwahise rupfa

UPDATE: Amashusho y’umugabo ukubita uruhinja yari yababaje benshi burya ngo ni Film

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.