Saturday, March 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muri Congo rwongeye rwambikanye, FARDC yongera kwiyambaza FDLR

radiotv10by radiotv10
06/06/2022
in MU RWANDA
1
Muri Congo rwongeye rwambikanye, FARDC yongera kwiyambaza FDLR
Share on FacebookShare on Twitter

Mu duce twa Runyoni na Chanzu muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, hongeye kubura imirwano hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa M23.

Iyi mirwano yubuye mu gitondo cya kare cyane kuri uyu wa Mbere tariki 06 Kamena 2022 aho FARDC ishinja M23 kubagabaho igitero.

Umuvugizi wa FARDC, Lt Col Njike Kaiko yavuze ko umutwe wa M23 wagabye kuri FARDC igitero ahagana saa kumi n’imwe za mu gitondo mu gace ka Muhayi, igisirikare cy’Igihugu na cyo kikirwanaho.

Lt Col Njike Kaiko yavuze ko abasirikare b’Igihugu bagumye mu birindiro byabo aha Muhati ariko ko imbaraga bazishyize mu duce twa Runyondi na Chanzu.

Yagize ati “Twabyukiye ku muriro w’abanzi bongeye kutugabaho ibitero mu birindiro byacu i Muhati. Ariko twawuzimishije umuriro kandi twagumanye Muhati.”

Uyu muvugizi wa FARDC yavuze ko umutwe wa M23 ukomeje kwingangira ubarasaho ibisasu kandi ko imirwano ikomeje gufata indi ntera.

M23 na yo irashinja FARDC kuba ari yo yayigabyeho ibitero ahagana saa munani zo mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki 06 Kamena 2022.

Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa mu butumwa yatambukije kuri Twitter, yavuze ko Igisirikare cya Congo ari cyo gikomeje kuba nyirabayazana w’iyi mirwano kigamije kuburizamo ibiganiro by’i Nairobi.

Willy Ngoma, Umuvigizi wa M23, yagize ati “Barimo kuturasaho kuva saa 5h30.”

Andi makuru aturuka muri Congo, avuga ko indege za MONUSCO na zo zongeye kugaruka muri uru rugamba aho ziri kwifashisha indege za kajugujugu zimisha ibisasu ku barwanyi ba M23.

Icyumweru cyari gishize muri Teritwari ya Rutshuru haje agahenge nyuma y’uko abarwanyi ba M23 bavuye mu bice bari bafashe.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Bukuru daniel says:
    4 years ago

    Il faut manger ces cafards hima,faut PS les dorlotter non eclasez les,les fesses de leurs mères

    Reply

Leave a Reply to Bukuru daniel Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

ITANGAZO RYA IRADUKUNDA GILBERT RISABA GUHINDUZA AMAZINA

Next Post

Kigali: Ahazwi nko mu Migina imodoka yari iparitse yaguramanye abantu bayoberwa ibibaye

Related Posts

Abayisilamu bo mu Rwanda bibukijwe ko Igisibo Gitagatafu barangije kitagomba kujyana n’ibikorwa byiza bakozemo

Abayisilamu bo mu Rwanda bibukijwe ko Igisibo Gitagatafu barangije kitagomba kujyana n’ibikorwa byiza bakozemo

by radiotv10
20/03/2026
0

Mufti w’u Rwanda, Sheikh Mussa Sindayigaya yibukije abayisilamu ko nubwo barangije Igisibo Gitagatifu cya Ramadhan, ariko bagomba gukomeza kurangwa no...

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

by radiotv10
20/03/2026
0

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango igaragaza ko uturere twa Gisagara, Nyamagabe na Kamonyi turi ku isonga mu kugira umubare munini w’abana...

Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF

Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF

by radiotv10
20/03/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Umunyarwandakazi Madamu Louise Mushikiwabo; yavuze ko ari "umukandida wishimiye cyane" mu matora azahatanira...

What Your Menstrual Blood Can Tell You About Your Health

What Your Menstrual Blood Can Tell You About Your Health

by radiotv10
20/03/2026
0

Every month, many girls and women have their period. A period is when blood comes out of the body through...

Washington’s diplomatic drift: power has replaced partnership and realpolitik

Washington’s diplomatic drift: power has replaced partnership and realpolitik

by radiotv10
19/03/2026
0

In the span of just one year, the United States has managed to unsettle allies, escalate conflict in the Middle...

IZIHERUKA

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe
AMAHANGA

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

by radiotv10
21/03/2026
0

Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

21/03/2026
Umuhanzi Ngombwa wahanze indirimbo nyinshi z’urugamba rwo kwibohora yitabye Imana

Umuhanzi Ngombwa wahanze indirimbo nyinshi z’urugamba rwo kwibohora yitabye Imana

21/03/2026
FARDC yagaragaje abo ivuga ko ari abarwanyi ba AFC/M23 biyemeje kuyishyikiriza ku bushake

FARDC yagaragaje abo ivuga ko ari abarwanyi ba AFC/M23 biyemeje kuyishyikiriza ku bushake

20/03/2026
Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

20/03/2026
Abayisilamu bo mu Rwanda bibukijwe ko Igisibo Gitagatafu barangije kitagomba kujyana n’ibikorwa byiza bakozemo

Abayisilamu bo mu Rwanda bibukijwe ko Igisibo Gitagatafu barangije kitagomba kujyana n’ibikorwa byiza bakozemo

20/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Ahazwi nko mu Migina imodoka yari iparitse yaguramanye abantu bayoberwa ibibaye

Kigali: Ahazwi nko mu Migina imodoka yari iparitse yaguramanye abantu bayoberwa ibibaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

Umuhanzi Ngombwa wahanze indirimbo nyinshi z’urugamba rwo kwibohora yitabye Imana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.