Wednesday, May 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muri Congo rwongeye rwambikanye, FARDC yongera kwiyambaza FDLR

radiotv10by radiotv10
06/06/2022
in MU RWANDA
1
Muri Congo rwongeye rwambikanye, FARDC yongera kwiyambaza FDLR
Share on FacebookShare on Twitter

Mu duce twa Runyoni na Chanzu muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, hongeye kubura imirwano hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa M23.

Iyi mirwano yubuye mu gitondo cya kare cyane kuri uyu wa Mbere tariki 06 Kamena 2022 aho FARDC ishinja M23 kubagabaho igitero.

Umuvugizi wa FARDC, Lt Col Njike Kaiko yavuze ko umutwe wa M23 wagabye kuri FARDC igitero ahagana saa kumi n’imwe za mu gitondo mu gace ka Muhayi, igisirikare cy’Igihugu na cyo kikirwanaho.

Lt Col Njike Kaiko yavuze ko abasirikare b’Igihugu bagumye mu birindiro byabo aha Muhati ariko ko imbaraga bazishyize mu duce twa Runyondi na Chanzu.

Yagize ati “Twabyukiye ku muriro w’abanzi bongeye kutugabaho ibitero mu birindiro byacu i Muhati. Ariko twawuzimishije umuriro kandi twagumanye Muhati.”

Uyu muvugizi wa FARDC yavuze ko umutwe wa M23 ukomeje kwingangira ubarasaho ibisasu kandi ko imirwano ikomeje gufata indi ntera.

M23 na yo irashinja FARDC kuba ari yo yayigabyeho ibitero ahagana saa munani zo mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki 06 Kamena 2022.

Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa mu butumwa yatambukije kuri Twitter, yavuze ko Igisirikare cya Congo ari cyo gikomeje kuba nyirabayazana w’iyi mirwano kigamije kuburizamo ibiganiro by’i Nairobi.

Willy Ngoma, Umuvigizi wa M23, yagize ati “Barimo kuturasaho kuva saa 5h30.”

Andi makuru aturuka muri Congo, avuga ko indege za MONUSCO na zo zongeye kugaruka muri uru rugamba aho ziri kwifashisha indege za kajugujugu zimisha ibisasu ku barwanyi ba M23.

Icyumweru cyari gishize muri Teritwari ya Rutshuru haje agahenge nyuma y’uko abarwanyi ba M23 bavuye mu bice bari bafashe.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Bukuru daniel says:
    4 years ago

    Il faut manger ces cafards hima,faut PS les dorlotter non eclasez les,les fesses de leurs mères

    Reply

Leave a Reply to Bukuru daniel Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 8 =

Previous Post

ITANGAZO RYA IRADUKUNDA GILBERT RISABA GUHINDUZA AMAZINA

Next Post

Kigali: Ahazwi nko mu Migina imodoka yari iparitse yaguramanye abantu bayoberwa ibibaye

Related Posts

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

by radiotv10
13/05/2026
0

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa avuga ko Igihugu cye kitari kugendera ku byakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America byo...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Iburasirazuba: Abasore babiri barimo uwakekwagaho kwica umuntu akamuca umutwe barashwe na Polisi

by radiotv10
13/05/2026
0

Abasore babiri barimo uwo mu Karere ka Ngoma wakekwagaho kwicira umuntu akamuca umutwe, n’undi wo mu Karere ka Gatsibo washatse...

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

by radiotv10
13/05/2026
0

Perezida Mamadi Doumbouya wa Guinea, yageze mu Rwanda aho yitabiriye Inama y’Ihuriro ry’Abayobozi Bakuru b’Ibigo muri Afurika (Africa CEO Forum),...

The Culture of Being Together… But Not Really

The Culture of Being Together… But Not Really

by radiotv10
13/05/2026
0

You see it everywhere now. Two friends meet up after weeks of saying “we need to catch up soon,” only...

Mu minsi itatu Kiliziya Gatulika mu Rwanda ipfushije Abihayimana batatu

Mu minsi itatu Kiliziya Gatulika mu Rwanda ipfushije Abihayimana batatu

by radiotv10
12/05/2026
0

Abihayimana batatu barimo Abapadiri babiri n’Umufurere umwe muri Kiliziya Gatulika mu Rwanda barimo babiri bo muri Diyoseze ya Byumba, bitabye...

IZIHERUKA

Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi
IBYAMAMARE

Ibikubiye mu ibaruwa ifunguye y’Umuhanzi ‘Yampano’ ku byamubayeho byatumye hari abafungwa

by radiotv10
13/05/2026
0

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

13/05/2026
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Iburasirazuba: Abasore babiri barimo uwakekwagaho kwica umuntu akamuca umutwe barashwe na Polisi

13/05/2026
Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

13/05/2026
The Culture of Being Together… But Not Really

The Culture of Being Together… But Not Really

13/05/2026
Uwamamaye mu itangazamakuru mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubucungagereza muri America

Uwamamaye mu itangazamakuru mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubucungagereza muri America

13/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Ahazwi nko mu Migina imodoka yari iparitse yaguramanye abantu bayoberwa ibibaye

Kigali: Ahazwi nko mu Migina imodoka yari iparitse yaguramanye abantu bayoberwa ibibaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibikubiye mu ibaruwa ifunguye y’Umuhanzi ‘Yampano’ ku byamubayeho byatumye hari abafungwa

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

Iburasirazuba: Abasore babiri barimo uwakekwagaho kwica umuntu akamuca umutwe barashwe na Polisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.