Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muri Minisiteri yakozwemo amavugurura habaye ihererekanyanshingano hagati ya Minisitiri mushya n’uwari umukuriye

radiotv10by radiotv10
28/08/2023
in MU RWANDA
0
Muri Minisiteri yakozwemo amavugurura habaye ihererekanyanshingano hagati ya Minisitiri mushya n’uwari umukuriye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri mushya w’Uburezi, Twagirayezu Gaspard wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri yahawe kuyobora; yahererekanyije ububasha bw’inshingano na Dr Uwamariya Valentine, wahawe izindi nshingano.

Ni ihererekanyabubasha ry’inshingano ryabaye kuri uyu wa Mbere tariki 28 Kanama 2023, nyuma y’icyumweru habaye amavugurura muri Guverinoma y’u Rwanda.

Aya mavugururwa yakozwe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ku wa Kabiri w’icyumweru gishize, tariki 22 Kanama 2023, yasize uwari Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine agizwe Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, asimbura Prof Jeannette Bayisenge, na we wagizwe Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo.

Naho Gaspard Twagirayezu wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, we yagizwe Minisitiri w’Uburezi.

Kuri uyu wa Mbere, Minisitiri w’Uburezi mushya, Gaspard Twagirayezu, yahererekanyije ububasha bw’inshingano n’uwo asimbuye Dr Uwamariya Valentine, mu gikorwa cyabere ku cyicaro cya Minisiteri y’Uburezi.

Nk’uko tubikesha Minisiteri y’Uburezi, “uyu muhango kandi witabiriwe n’abayobozi bakuru muri MINEDUC n’ibigo biyishamikiyeho.”

Uyu muhango witabiriwe kandi n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Claudette Irere wari usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Ikoranabuhanga, Imyuga n’Ubumenyi Ngiro, na we wagumye kuri uyu mwanya ariko ku mwanya w’Umunyamabanga wa Leta.

Abandi bayobozi bitabiriye uyu muhango, barimo Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Uburezi, Charles Karakye, n’abandi bayobozi b’Ibigo bishamikiye kuri iyi Minisiteri, nk’uwa NESA, Dr Bahati Bernard, uwa Kaminuza y’u Rwanda, Dr Didace Kayihura, n’Umuyobozi Mukuru w’Inama y’Igihugu y’amashuri makuru na za Kaminuza, Dr Rose Mukankomeje.

Minisitiri mushya w’Uburezi Gaspard Twagirayezu
Umuhango warimo kandi abandi bayobozi muri MINEDUC
N’abandi bayobozi b’ibigo bishamikiye kuri MINEDUC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − seven =

Previous Post

Zimbabwe: Mu mujinya w’umuranduranzuzi utemera ibyavuye mu matora ya Perezida yatangaje ibiteza impaka

Next Post

Gabon: Ibyakurikiye amatora y’Umukuru w’Igihugu byashyize abaturage mu bwigunge

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gabon: Ibyakurikiye amatora y’Umukuru w’Igihugu byashyize abaturage mu bwigunge

Gabon: Ibyakurikiye amatora y’Umukuru w’Igihugu byashyize abaturage mu bwigunge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.