Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muri Perezidansi ya Centrafrique Abasirikare b’u Rwanda bahawe ishimwe ryo ku rwego ruhanitse

radiotv10by radiotv10
17/07/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Muri Perezidansi ya Centrafrique Abasirikare b’u Rwanda bahawe ishimwe ryo ku rwego ruhanitse
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo z’u Rwanda zigize itsinda RWABATT12 ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Centrafrique, zambitswe umudari w’Ishimwe ryo ku rwego rw’Umukuru w’Igihugu, bambitswe na Perezida w’iki Gihugu, Faustin Archange TOUADERA.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Nyakanga 2024 nk’uko tubikesha ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, buvuga ko izi ngabo zambitswe umudari wo ku rwego rw’ishimwe ry’Umukuru w’Igihugu (Presidential Medal), aho iki gikorwa cyabereye mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu mu Murwa Mukuru i Bangui.

Ubuyobozi bwa RDF bugira buti “Uyu mudari bawuhawe mu rwego rwo kuzirikana umuhate, gukora kinyamwuga ndetse na serivisi z’intakemwa mu bikorwa byo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Centrafrique aho bagize uruhare mu kurinda abasivile.”

Muri uyu muhango, Lt. Col Joseph GATABAZI ukuriye itsinda RWABATT12, yashimiye Perezida wa Centrafrique, mu kubafasha gushyira mu bikorwa inshingano z’aba basirikare b’u Rwanda.

Yanaboneyeho kandi gushimira ingabo z’u Rwanda zigize iri tsinda rya RWABATT12 mu gukora kinyamwuga mu kurinda Perezida wa Centrafrique.

Iki gikorwa kandi cyanitabiriwe n’abayobozi mu nzego nkuru za Repubulika ya Centrafrique nk’abagize Guverinoma, ndetse n’Umuyobozi Mukuru ushinzwe ibikorwa bya Ambasade y’u Rwanda muri iki Gihugu, Olivier Kayumba ndetse na bamwe mu bagize Ishyirahamwe ry’Abanyarwanda bakibamo.

Bashimiwe na Perezida wa Centrafrique
Umuhango witabiriwe n’abayobozi mu nzego nkuru ndetse na Kayumba Olivier ushinzwe ibikorwa bya Ambasade y’u Rwanda
Lt. Col Joseph GATABAZI yashimiye Perezida wa Centrafrique wabafashije kuzuza inshingano zabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − five =

Previous Post

Menya amajwi Imitwe ya Politiki yagize mu Matora y’Abadepite n’imibare y’Abanyarwanda bayitoye

Next Post

France: Hatahangajwe icyahagaritse ibyo abakozi bari bateguye ngo bagaragaze umujinya wo kudahabwa agahimbazamusyi

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
France: Hatahangajwe icyahagaritse ibyo abakozi bari bateguye ngo bagaragaze umujinya wo kudahabwa agahimbazamusyi

France: Hatahangajwe icyahagaritse ibyo abakozi bari bateguye ngo bagaragaze umujinya wo kudahabwa agahimbazamusyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.