• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Muri ruhago nyarwanda hashobora kumvikana inkuru nziza yerecyeye umukinnyi ukunzwe na benshi

radiotv10by radiotv10
05/05/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Muri ruhago nyarwanda hashobora kumvikana inkuru nziza yerecyeye umukinnyi ukunzwe na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa ruhago utanga ibyishimo muri Shampiyona y’u Rwanda kubera ubuhanga bwe, Léandre Onana Willy Essomba, nyuma yuko bitangajwe ko hari gutekerezwa uburyo yakinira Amavubi, hamenyekanye amakuru mashya kuri iyi ngingo, ndetse n’undi ukina mu Bubiligi ufite ubuhanga budasanzwe.

Amakuru y’urugendo ruganisha Umunya-Cameroun Onana mu ikipe y’Igihugu Amavubi, yatangiye kumvikana umwaka ushize, ndetsa aza no kwemezwa n’uwari Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Olivier Mugabo Nizeyimana, uherutse kwegura.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru muri Nzeri umwaka ushize, yavuze ko hari gahunda yo kugarura abanyamahanga mu ikipe y’Igihugu, ndetse yemeza ko hari abatangiye kuganirizwa.

Icyo gihe yari yagize ati “ntabwo na none twafata ikipe y’Igihugu ngo tuyuzuzemo abantu bakomoka mu mahanga gusa ngo ikinyarwanda kibure, oya, ariko babiri cyangwa batatu bafasha bigaragara, abo dutekereza babiri cyangwa batatu dufatanyije n’ubuyobozi bwa Minisiteri hari ibyo turimo dukoraho, rimwe muzumva byabaye.”

Amakuru mashya yatanzwe n’umutoza w’Ikipe y’Igihugu, Carlos Alós Ferrer yavuze aho iyi gahunda igeze, ndetse anagaruka kuri bamwe mu bakinnyi bashobora kwinjizwa mu ikipe y’Igihugu Amavubi, barimo Onana wagarutsweho cyane.

Yagize ati “Ni byo koko ibiganiro bigeze kure na Mike Tresor ndetse na Leandre Onana, njye nasuye Tresor turaganira gusa inshingano si izanjye njyenyine, cyane ko kubona ibyangombwa bikugira Umunyarwanda bigoye.”

Uyu Mike Trésor Ndayishimiye usanzwe akinira ikipe ya Koninklijke Racing Club Genk yo mu Bubiligi, ni umwe mu bakinnyi na bo bagaragaza ko bafite impano idasanzwe yo guconga ruhago.

Iyi gahunda yo kwinjiza abanyamahanga mu ikipe y’Amavubi yari yanatangijwe, aho hari hahamagwe Umunya-Côte d’Ivoire Gérard Bi Goua Gohou, wanakiyikiniye imikino ine irimo n’uwo yatsinzemo igitego wabaye mu kwezi k’Ugushyingo 2022 wahuje u Rwanda na Sudan wa gicuti.

Onana ashobora kuzambara umwambaro w’Amavubi
Na Mike Trésor Ndayishimiye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + nine =

Previous Post

America yahaye u Burusiya igisubizo gitunguranye bwayishinjaga igitero cyagaragayemo kubahuka

Next Post

Shampiyona irimo guhatana gukabije ku makipe y’amacyeba igarutse mu mahina

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Shampiyona irimo guhatana gukabije ku makipe y’amacyeba igarutse mu mahina

Shampiyona irimo guhatana gukabije ku makipe y’amacyeba igarutse mu mahina

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.