Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Muri ruhago nyarwanda hashobora kumvikana inkuru nziza yerecyeye umukinnyi ukunzwe na benshi

radiotv10by radiotv10
05/05/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Muri ruhago nyarwanda hashobora kumvikana inkuru nziza yerecyeye umukinnyi ukunzwe na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa ruhago utanga ibyishimo muri Shampiyona y’u Rwanda kubera ubuhanga bwe, Léandre Onana Willy Essomba, nyuma yuko bitangajwe ko hari gutekerezwa uburyo yakinira Amavubi, hamenyekanye amakuru mashya kuri iyi ngingo, ndetse n’undi ukina mu Bubiligi ufite ubuhanga budasanzwe.

Amakuru y’urugendo ruganisha Umunya-Cameroun Onana mu ikipe y’Igihugu Amavubi, yatangiye kumvikana umwaka ushize, ndetsa aza no kwemezwa n’uwari Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Olivier Mugabo Nizeyimana, uherutse kwegura.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru muri Nzeri umwaka ushize, yavuze ko hari gahunda yo kugarura abanyamahanga mu ikipe y’Igihugu, ndetse yemeza ko hari abatangiye kuganirizwa.

Icyo gihe yari yagize ati “ntabwo na none twafata ikipe y’Igihugu ngo tuyuzuzemo abantu bakomoka mu mahanga gusa ngo ikinyarwanda kibure, oya, ariko babiri cyangwa batatu bafasha bigaragara, abo dutekereza babiri cyangwa batatu dufatanyije n’ubuyobozi bwa Minisiteri hari ibyo turimo dukoraho, rimwe muzumva byabaye.”

Amakuru mashya yatanzwe n’umutoza w’Ikipe y’Igihugu, Carlos Alós Ferrer yavuze aho iyi gahunda igeze, ndetse anagaruka kuri bamwe mu bakinnyi bashobora kwinjizwa mu ikipe y’Igihugu Amavubi, barimo Onana wagarutsweho cyane.

Yagize ati “Ni byo koko ibiganiro bigeze kure na Mike Tresor ndetse na Leandre Onana, njye nasuye Tresor turaganira gusa inshingano si izanjye njyenyine, cyane ko kubona ibyangombwa bikugira Umunyarwanda bigoye.”

Uyu Mike Trésor Ndayishimiye usanzwe akinira ikipe ya Koninklijke Racing Club Genk yo mu Bubiligi, ni umwe mu bakinnyi na bo bagaragaza ko bafite impano idasanzwe yo guconga ruhago.

Iyi gahunda yo kwinjiza abanyamahanga mu ikipe y’Amavubi yari yanatangijwe, aho hari hahamagwe Umunya-Côte d’Ivoire Gérard Bi Goua Gohou, wanakiyikiniye imikino ine irimo n’uwo yatsinzemo igitego wabaye mu kwezi k’Ugushyingo 2022 wahuje u Rwanda na Sudan wa gicuti.

Onana ashobora kuzambara umwambaro w’Amavubi
Na Mike Trésor Ndayishimiye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − one =

Previous Post

America yahaye u Burusiya igisubizo gitunguranye bwayishinjaga igitero cyagaragayemo kubahuka

Next Post

Shampiyona irimo guhatana gukabije ku makipe y’amacyeba igarutse mu mahina

Related Posts

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko igitego cyanzwe cya APR FC mu mukino wayihuje na El Merrikh SC,...

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Ndi umukunzi wa Rayon Sport w'akadosohoka, nimbivuga mubyumve nk’Ukuri kuzuye. Niba hari igihe nshobona kubona ibyishimo bisendereye ni igihe iyi...

IZIHERUKA

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere
IMIBEREHO MYIZA

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

20/01/2026
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Shampiyona irimo guhatana gukabije ku makipe y’amacyeba igarutse mu mahina

Shampiyona irimo guhatana gukabije ku makipe y’amacyeba igarutse mu mahina

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.