Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Babiri bavukana bakurikiranyweho kwica Se wasanzwe yiciwe mu masaka yateraguwe ibyuma

radiotv10by radiotv10
28/01/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Babiri bavukana bakurikiranyweho kwica Se wasanzwe yiciwe mu masaka yateraguwe ibyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Abavandimwe babiri bo mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, bakurikiranyweho kwica Se ubabyara nyuma y’uko abaturage basanze umurambo w’uyu musaza witwa Rugiririza Jean Damascene yapfuye afite ibikomere byinshi bigaragara ko yishwe ateraguwe ibyuma.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 27 Mutarama 2022, abaturage bo mu Mudugudu wa Gashangiro mu Kagari ka Kabeza mu Murenge wa Cyuve, basanze umurambo w’umusaza witwa Rugiririza Jean Damascene mu masaka hafi y’aho yari atuye muri aka gace.

Nyuma y’uko inzego z’ubuyobozi n’iz’umutekano zitabajwe naz o zihutiye gutangira iperereza aho iry’ibanze ryasize haketswe abahungu babiri ba nyakwigendera.

Abaturage baganiriye na RADIOTV10, bavuga ko bahungabanyijwe cyane n’urupfu rw’uyu musaza ari na yo mpamvu basaba ko uzahamwa n’iki cyaha cy’ubugome yabihanirwa by’intangarugero.

Umwe yagize ati “Kuwakira byo biratugoye, ni umusaza wari wiyubashye, waryaga ibye ntakibazo rwose ariko kumwica urupfu rw’agashinyaguro, uriya mwana [ukekwa] ni amahano yakoze.”

Undi yagarutse ku kuba hakekwa abahungu ba nyakwigendera, agira ati “Biramutse ari byo koko bikamuhama, ndumva yafungwa burundu kuko birarenze kwica so ni amahano.”

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Ramuli Janvier yemereye RADIOTV10 amakuru y’urupfu rw’uyu musaza avuga n’impamvu hakekwa ko yishwe.

Yagize ati “Biragaragara yari afite ibikomere kandi biragaragara ko ari ugutemwa, ubwo rero uhereye kuri ibyo bikomere ni ho umuntu yashingira ko yaba yishwe.”

Ramuli Janvier yaboneyeho kugenera ubutumwa abaturage, ati “Abaturage ni ugukora ibishoboka byose bakirinda amakimbirane kandi abayagiranye bagashaka uburyo bayakemura mu mahoro.”

Uyu muyobozi kandi yasabye abazajya bamenya amakuru imiryango irimo amakimbirane kujya batungira agatoki inzego kugira ngo ibyo bibazo bishakirwe umuti mu maguru mashya bitaragera ku bikorwa bibi nk’ibi byo kwicana.

Muri aka Karere ka Musanze hamaze iminsi humvikana amakuru y’ubwicanyi kuko mu ijoro ryo ku ya 19 Mutarama 2022 hari umuturage watemewe inka eshatu mu Murenge wa Nyange naho mu ijoro ryo ku wa 22 Mutarama 2022 nabwo umuturage yica undi amutemaguye mu Murenge wa Rwaza.

Umurambo wa nyakwigendera bawusanze mu masaka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − eight =

Previous Post

Mu minsi ibarirwa ku ntoki umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda uraba ufunguye

Next Post

Nanjye namuhingisha aho guhinga njyenyine- Ababyeyi bamaganye ibihano byo guhingisha abanyeshuri Imishike

Related Posts

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

IZIHERUKA

The inspiring journey of Tuyishime, a 44-year-old woman representing Rwanda at Miss Universe
IMYIDAGADURO

The inspiring journey of Tuyishime, a 44-year-old woman representing Rwanda at Miss Universe

by radiotv10
18/11/2025
0

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

18/11/2025
Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

Kwambara neza no kuberwa ntibikiri iby’abakobwa gusa ubu n’abasore bo mu Rwanda barabiyobotse

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nanjye namuhingisha aho guhinga njyenyine- Ababyeyi bamaganye ibihano byo guhingisha abanyeshuri Imishike

Nanjye namuhingisha aho guhinga njyenyine- Ababyeyi bamaganye ibihano byo guhingisha abanyeshuri Imishike

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The inspiring journey of Tuyishime, a 44-year-old woman representing Rwanda at Miss Universe

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.