Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Babiri bavukana bakurikiranyweho kwica Se wasanzwe yiciwe mu masaka yateraguwe ibyuma

radiotv10by radiotv10
28/01/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Babiri bavukana bakurikiranyweho kwica Se wasanzwe yiciwe mu masaka yateraguwe ibyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Abavandimwe babiri bo mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, bakurikiranyweho kwica Se ubabyara nyuma y’uko abaturage basanze umurambo w’uyu musaza witwa Rugiririza Jean Damascene yapfuye afite ibikomere byinshi bigaragara ko yishwe ateraguwe ibyuma.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 27 Mutarama 2022, abaturage bo mu Mudugudu wa Gashangiro mu Kagari ka Kabeza mu Murenge wa Cyuve, basanze umurambo w’umusaza witwa Rugiririza Jean Damascene mu masaka hafi y’aho yari atuye muri aka gace.

Nyuma y’uko inzego z’ubuyobozi n’iz’umutekano zitabajwe naz o zihutiye gutangira iperereza aho iry’ibanze ryasize haketswe abahungu babiri ba nyakwigendera.

Abaturage baganiriye na RADIOTV10, bavuga ko bahungabanyijwe cyane n’urupfu rw’uyu musaza ari na yo mpamvu basaba ko uzahamwa n’iki cyaha cy’ubugome yabihanirwa by’intangarugero.

Umwe yagize ati “Kuwakira byo biratugoye, ni umusaza wari wiyubashye, waryaga ibye ntakibazo rwose ariko kumwica urupfu rw’agashinyaguro, uriya mwana [ukekwa] ni amahano yakoze.”

Undi yagarutse ku kuba hakekwa abahungu ba nyakwigendera, agira ati “Biramutse ari byo koko bikamuhama, ndumva yafungwa burundu kuko birarenze kwica so ni amahano.”

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Ramuli Janvier yemereye RADIOTV10 amakuru y’urupfu rw’uyu musaza avuga n’impamvu hakekwa ko yishwe.

Yagize ati “Biragaragara yari afite ibikomere kandi biragaragara ko ari ugutemwa, ubwo rero uhereye kuri ibyo bikomere ni ho umuntu yashingira ko yaba yishwe.”

Ramuli Janvier yaboneyeho kugenera ubutumwa abaturage, ati “Abaturage ni ugukora ibishoboka byose bakirinda amakimbirane kandi abayagiranye bagashaka uburyo bayakemura mu mahoro.”

Uyu muyobozi kandi yasabye abazajya bamenya amakuru imiryango irimo amakimbirane kujya batungira agatoki inzego kugira ngo ibyo bibazo bishakirwe umuti mu maguru mashya bitaragera ku bikorwa bibi nk’ibi byo kwicana.

Muri aka Karere ka Musanze hamaze iminsi humvikana amakuru y’ubwicanyi kuko mu ijoro ryo ku ya 19 Mutarama 2022 hari umuturage watemewe inka eshatu mu Murenge wa Nyange naho mu ijoro ryo ku wa 22 Mutarama 2022 nabwo umuturage yica undi amutemaguye mu Murenge wa Rwaza.

Umurambo wa nyakwigendera bawusanze mu masaka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − six =

Previous Post

Mu minsi ibarirwa ku ntoki umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda uraba ufunguye

Next Post

Nanjye namuhingisha aho guhinga njyenyine- Ababyeyi bamaganye ibihano byo guhingisha abanyeshuri Imishike

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nanjye namuhingisha aho guhinga njyenyine- Ababyeyi bamaganye ibihano byo guhingisha abanyeshuri Imishike

Nanjye namuhingisha aho guhinga njyenyine- Ababyeyi bamaganye ibihano byo guhingisha abanyeshuri Imishike

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.