Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Ikamyo iravugwaho guteza impanuka yakomerekeyemo abana 2 ikikomereza ikagarurwa n’imodoka ya RDF

radiotv10by radiotv10
18/08/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Ikamyo iravugwaho guteza impanuka yakomerekeyemo abana 2 ikikomereza ikagarurwa n’imodoka ya RDF
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka y’ikamyo itwaye imizigo, iravugwaho guteza impanuka yatumye abana babiri bakomereka mu Murenge wa Muko mu Karere ka Musanze, ikikomereza urugendo ariko ikagarurwa n’imodoka ya RDF.

Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 18 Kanama 2022 ubwo iyi modoka yo mu bwoko bw’ikamyo yahurira mu muhanda n’imodoka ya RDF.

Umwe mu baturage bari hafi aha, yavuze ko iyi kamyo yavaga Nyakinama yerecyekeza mu mujyi wa Musanze, mu gihe iya RDF yavaga mu Mujyi wa Musanze yerecyeza Nyakinama.

Avuga ko iyi kamyo yari iri kuzamuka yagendaga gahoro, yahuye n’iyi ya RDF zigasa nk’izihagaze mu muhanda zikabangamira urujya n’uruza mu muhanda ari na bwo hamanukaga igare ryari mu cyerekezo kimwe n’icy’imodoka ya RDF ryihutaga ryari rihetse abana babiri, rigahita rikubita hagati y’izi modoka rikagwa hasi ari na bwo abo bana bakomerekaga.

Yagize ati “Iyo kamyo yahise ikomeza ariko iya RDF ihita ikata iyirukaho bayigarurira mu nzira.”

Uyu muturage uvuga ko yahise aterura abo bana baguye bagakomereka, avuga ko hahise haza abaturage benshi bagatakamba basaba ko umwana umwe mu bakomeretse ajyanwa kwa muganga ariko ntibihite bikorwa.

Avuga ko nyuma baje kubajyana ku Bitaro bya Ruhengeri, ati “Babajyanye ariko na byo bigoranye kuko bamaze isaha yose bakiri aho.”

Umwana wakomerekeye muri iyi mpanuka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + twelve =

Previous Post

Mugiye mukiri bato kandi tukibakeneye- Minisitiri w’Umuco mu bashenguwe n’urupfu rwa Buravan na Yanga

Next Post

Gisagara: Hamenyekanye icyatumye umusore yica umwana yajyanye amubeshya ko agiye kumugurira umugati

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Gisagara: Hamenyekanye icyatumye umusore yica umwana yajyanye amubeshya ko agiye kumugurira umugati

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.