Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Inkuru nziza kwa Nyirabasabose w’imyaka 120 wendaga kwicwa n’inzara n’imibereho mibi

radiotv10by radiotv10
31/01/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Inkuru nziza kwa Nyirabasabose w’imyaka 120 wendaga kwicwa n’inzara n’imibereho mibi
Share on FacebookShare on Twitter

Umukecuru Nyirabasabose Venansiya w’imyaka 120 y’amavuko, wari wugarijwe n’imibereho mibi, yamaze kugobokwa n’abagiraneza bamuhaye ibiribwa n’ibikoresho byo mu rugo ndetse akaba ari gusanirwa inzu yendaga kumugwaho.

Tariki 20 Mutarama 2022, RADIOTV10 yasohoye inkuru y’ubuvugizi kuri uyu mukecuru w’imyaka 120 utuye mu Mudugudu wa Manjari mu Kagari ka Murago Mu Murenge wa Gataraga, wagaragazaga ko akeneye ubufasha burimo n’ibyo kurya.

Ubwo Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasuraga uyu mukecuru aho atuye, ntiyabashaga kuvuga kubera imibereho mibi dore ko atatinyaga kwivugira ko arembejwe n’inzara akisabira icyo kurya n’icyo kwambara.

Ubwo Umunyamakuru yamusuraga

Umunyamakuru yasubiye kumusura asanga ibintu byahindutse kuko yari yamaze kugobokwa n’abagiraneza bamuhaye ibyo kurya ndetse n’ibindi bikoresho.

Ubwo Umunyamakuru yageraga mu rugo rw’uyu mukecuru, yasanze akanyamuneza ari kose amuganirizanya ubwuzu ndetse birambuye, ingingo ishimangira ko koko yari ashonje. Yvuze impamvu y’aka kanyamuneza.

Mu magambo ye y’amashimwe, Nyirabasabose, yagize ati “Umutima wanjye ureze, ndishimye ndishimye, ubu agahinda kari gushira. Nari ndi kurara hasi imvura yagwa ikanyagira none imvura ndayikize, aba bagiraneza Imana ibafashe ibuzurize ibuzurize.”

Munyakazi Jean Claude wo mu Karere ka Kicukiro uyoboye itsinda ryiyemeje gufasha uyu mukecuru, yashimiye RADIOTV10 kuko iki gitangazamakuru ari cyo cyamufashije kumenya uyu mukecuru.

Ati “Numvise binkoze ku mutima mbonye imibereho uyu mubyeyi arimo kandi dusanzwe dukora umurimo wo gufasha no gutabariza abari mu kaga ubwo mbigeza kuri bagenzi banjye dusanzwe dukorana uyu murimo, tubyumva vuba.”

Munyakazi avuga ko yabanje gusura uyu mukecuru agasanga aba mu nzu yangiritse ndetse areba n’ibindi by’ingenzi akeneye.

Ati “Dusanga ubufasha bwa mbere ari uko mukecuru twamuhindurira igisenge tukamuha igisenge cy’amabati kugira ngo abashe kuryama neza kuko turi mu gihe cy’imvura.”

Abaturanyi ba Nyirabasabose bavuga ko bishimiye kuba uyu mukecuru yagobotswe dore ko bari banagaragaje ko akeneye gufashwa.

Umwe mu baturanyi yagize ati “Ubu turi kubyina kuko uyu muryango ugiye kujya ahantu hagaragara ukishima nk’uko abandi banyarwanda hafi ya bose bishimye.”

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwasuye uyu muryango buwizeza ubufasha burimo ubwo kuba uyu mukecuru agiye gushyirwa mu bahabwa inkunga y’ingoboka izajya imufasha mu mibereho ya buri munsi.

Munyakazi Jean Claude uri muri ibi bikorwa by’ubugiraneza
Batangiye kumuha ibikoresho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 4 =

Previous Post

Umukinnyi ukomeye mu Rwanda wa Basketball yambikiye impeta umukunzi we ku Muhazi

Next Post

Rusizi: Abayobozi batatu batawe muri yombi bakurikiranyweho kurya ruswa

Related Posts

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

IZIHERUKA

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it
MU RWANDA

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Abayobozi batatu batawe muri yombi bakurikiranyweho kurya ruswa

Rusizi: Abayobozi batatu batawe muri yombi bakurikiranyweho kurya ruswa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.