Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Inkuru nziza kwa Nyirabasabose w’imyaka 120 wendaga kwicwa n’inzara n’imibereho mibi

radiotv10by radiotv10
31/01/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Inkuru nziza kwa Nyirabasabose w’imyaka 120 wendaga kwicwa n’inzara n’imibereho mibi
Share on FacebookShare on Twitter

Umukecuru Nyirabasabose Venansiya w’imyaka 120 y’amavuko, wari wugarijwe n’imibereho mibi, yamaze kugobokwa n’abagiraneza bamuhaye ibiribwa n’ibikoresho byo mu rugo ndetse akaba ari gusanirwa inzu yendaga kumugwaho.

Tariki 20 Mutarama 2022, RADIOTV10 yasohoye inkuru y’ubuvugizi kuri uyu mukecuru w’imyaka 120 utuye mu Mudugudu wa Manjari mu Kagari ka Murago Mu Murenge wa Gataraga, wagaragazaga ko akeneye ubufasha burimo n’ibyo kurya.

Ubwo Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasuraga uyu mukecuru aho atuye, ntiyabashaga kuvuga kubera imibereho mibi dore ko atatinyaga kwivugira ko arembejwe n’inzara akisabira icyo kurya n’icyo kwambara.

Ubwo Umunyamakuru yamusuraga

Umunyamakuru yasubiye kumusura asanga ibintu byahindutse kuko yari yamaze kugobokwa n’abagiraneza bamuhaye ibyo kurya ndetse n’ibindi bikoresho.

Ubwo Umunyamakuru yageraga mu rugo rw’uyu mukecuru, yasanze akanyamuneza ari kose amuganirizanya ubwuzu ndetse birambuye, ingingo ishimangira ko koko yari ashonje. Yvuze impamvu y’aka kanyamuneza.

Mu magambo ye y’amashimwe, Nyirabasabose, yagize ati “Umutima wanjye ureze, ndishimye ndishimye, ubu agahinda kari gushira. Nari ndi kurara hasi imvura yagwa ikanyagira none imvura ndayikize, aba bagiraneza Imana ibafashe ibuzurize ibuzurize.”

Munyakazi Jean Claude wo mu Karere ka Kicukiro uyoboye itsinda ryiyemeje gufasha uyu mukecuru, yashimiye RADIOTV10 kuko iki gitangazamakuru ari cyo cyamufashije kumenya uyu mukecuru.

Ati “Numvise binkoze ku mutima mbonye imibereho uyu mubyeyi arimo kandi dusanzwe dukora umurimo wo gufasha no gutabariza abari mu kaga ubwo mbigeza kuri bagenzi banjye dusanzwe dukorana uyu murimo, tubyumva vuba.”

Munyakazi avuga ko yabanje gusura uyu mukecuru agasanga aba mu nzu yangiritse ndetse areba n’ibindi by’ingenzi akeneye.

Ati “Dusanga ubufasha bwa mbere ari uko mukecuru twamuhindurira igisenge tukamuha igisenge cy’amabati kugira ngo abashe kuryama neza kuko turi mu gihe cy’imvura.”

Abaturanyi ba Nyirabasabose bavuga ko bishimiye kuba uyu mukecuru yagobotswe dore ko bari banagaragaje ko akeneye gufashwa.

Umwe mu baturanyi yagize ati “Ubu turi kubyina kuko uyu muryango ugiye kujya ahantu hagaragara ukishima nk’uko abandi banyarwanda hafi ya bose bishimye.”

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwasuye uyu muryango buwizeza ubufasha burimo ubwo kuba uyu mukecuru agiye gushyirwa mu bahabwa inkunga y’ingoboka izajya imufasha mu mibereho ya buri munsi.

Munyakazi Jean Claude uri muri ibi bikorwa by’ubugiraneza
Batangiye kumuha ibikoresho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + nine =

Previous Post

Umukinnyi ukomeye mu Rwanda wa Basketball yambikiye impeta umukunzi we ku Muhazi

Next Post

Rusizi: Abayobozi batatu batawe muri yombi bakurikiranyweho kurya ruswa

Related Posts

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

by radiotv10
20/01/2026
0

Abakoresha umuhanda Mahoko–Nkomane mu Karere ka Rubavu, bavuga ko wangiritse cyane, nyamara ari wo bifashishaga mu kugeza umusaruro ku isoko,...

IZIHERUKA

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?
MU RWANDA

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Abayobozi batatu batawe muri yombi bakurikiranyweho kurya ruswa

Rusizi: Abayobozi batatu batawe muri yombi bakurikiranyweho kurya ruswa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.