Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Irimbi ryahinduwe ikibuga none abafite ababo bahashyinguye bararira ayo kwarika

radiotv10by radiotv10
16/03/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Irimbi ryahinduwe ikibuga none abafite ababo bahashyinguye bararira ayo kwarika
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage baturiye irimbi rya Bukinanyana riherereye mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, bavuga ko bashengurwa no kubona iri rimbi ryirirwa rikinirwamo umupira, bakavuga ko babona ari ugushinyagurira abahashyinguye.

Aba baturage babwiye RADIOTV10 ko urubyiruko rwirirwa rukinira umupira muri iri rimbi, ari igikorwa kigayitse kitari gikwiye kubaho.

Bavuga ko imwe mu misaraba yari ishinze muri iri rimbi, yashaje none n’iyari isigayemo yavuyemo kubera gukinira muri iri rimbi.

Umwe muri aba baturage yagize ati “Tubona ko bitakagombye kuba bikwiriye, kuko ni nko kubashinyagurira kuko harimo abacu barimo [bashyinguyemo].”

Gusa aba baturage bavuga ko abana babo bagize ikibuga iri rimbi kubera amaburakindi kuko nta handi bafite ho gukinira umupira.

Undi muturage yagize ati “Yego baba bakeneye aho bidagadurira bakahabura, nta kibuga bagira kuko na bo bagifite ntabwo bakinira hariya mu irimbi kuko haba hashyinguyemo abacu.”

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyuve, Gahonzire Landouard avuga ko bagiye gufatanya n’abaturage bakongera umutekano kuri iryo rimbi kugira ngo bahagarike ibikorwa by’ubushinyaguzi birikorerwamo kandi ngo mu gihe hataraboneka ikibuga hafi, urwo rubyiruko rwaba rwifashisha ibindi bibuga biri mu bigo bitandukanye biri hafi aho.

Yagize ati “Aho bakinira haba hahari cyangwa hadahari ntabwo ikibuga cyahinduka ngo kijye aharuhukiye imibiri y’abantu.”

Hashize imyaka igera kuri itatu, irimbi rya Bukinanyana ryari risanzwe ari irimbi rusange ry’akarere ka Musanze    rihagaritswe gushyingurwamo kubera ko ryari ryuzuye ryimurirwa muri Mukungwa  mu Murenge  wa  Gacaca, gusa uko iminsi igenda ihita  niko  iryo rimbi rya Bukinanyana rigenda ryangizwa n’abagizi ba nabi.

Uretse kuba rikinirwamo umupira w’amaguru, ryanahindutse nk’urwuri rw’amatungo hakiyongeraho ibikorwa  byo kwangiza, gusenya   kwiba  no kugurisha   ibikoresho  biba birimo nk’amatafari  n’imisaraba.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − two =

Previous Post

AMAFOTO: Perezida Kagame ari kumwe na Brian na Cyomoro bakiriye Muhoozi mu rwuri

Next Post

Basketball: Nshobozwabyosenumukiza akomeje guhamya ubushobozi, yongeye kuraza neza Abanyarwanda

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Basketball: Nshobozwabyosenumukiza akomeje guhamya ubushobozi, yongeye kuraza neza Abanyarwanda

Basketball: Nshobozwabyosenumukiza akomeje guhamya ubushobozi, yongeye kuraza neza Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.