Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Irimbi ryahinduwe ikibuga none abafite ababo bahashyinguye bararira ayo kwarika

radiotv10by radiotv10
16/03/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Irimbi ryahinduwe ikibuga none abafite ababo bahashyinguye bararira ayo kwarika
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage baturiye irimbi rya Bukinanyana riherereye mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, bavuga ko bashengurwa no kubona iri rimbi ryirirwa rikinirwamo umupira, bakavuga ko babona ari ugushinyagurira abahashyinguye.

Aba baturage babwiye RADIOTV10 ko urubyiruko rwirirwa rukinira umupira muri iri rimbi, ari igikorwa kigayitse kitari gikwiye kubaho.

Bavuga ko imwe mu misaraba yari ishinze muri iri rimbi, yashaje none n’iyari isigayemo yavuyemo kubera gukinira muri iri rimbi.

Umwe muri aba baturage yagize ati “Tubona ko bitakagombye kuba bikwiriye, kuko ni nko kubashinyagurira kuko harimo abacu barimo [bashyinguyemo].”

Gusa aba baturage bavuga ko abana babo bagize ikibuga iri rimbi kubera amaburakindi kuko nta handi bafite ho gukinira umupira.

Undi muturage yagize ati “Yego baba bakeneye aho bidagadurira bakahabura, nta kibuga bagira kuko na bo bagifite ntabwo bakinira hariya mu irimbi kuko haba hashyinguyemo abacu.”

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyuve, Gahonzire Landouard avuga ko bagiye gufatanya n’abaturage bakongera umutekano kuri iryo rimbi kugira ngo bahagarike ibikorwa by’ubushinyaguzi birikorerwamo kandi ngo mu gihe hataraboneka ikibuga hafi, urwo rubyiruko rwaba rwifashisha ibindi bibuga biri mu bigo bitandukanye biri hafi aho.

Yagize ati “Aho bakinira haba hahari cyangwa hadahari ntabwo ikibuga cyahinduka ngo kijye aharuhukiye imibiri y’abantu.”

Hashize imyaka igera kuri itatu, irimbi rya Bukinanyana ryari risanzwe ari irimbi rusange ry’akarere ka Musanze    rihagaritswe gushyingurwamo kubera ko ryari ryuzuye ryimurirwa muri Mukungwa  mu Murenge  wa  Gacaca, gusa uko iminsi igenda ihita  niko  iryo rimbi rya Bukinanyana rigenda ryangizwa n’abagizi ba nabi.

Uretse kuba rikinirwamo umupira w’amaguru, ryanahindutse nk’urwuri rw’amatungo hakiyongeraho ibikorwa  byo kwangiza, gusenya   kwiba  no kugurisha   ibikoresho  biba birimo nk’amatafari  n’imisaraba.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − nine =

Previous Post

AMAFOTO: Perezida Kagame ari kumwe na Brian na Cyomoro bakiriye Muhoozi mu rwuri

Next Post

Basketball: Nshobozwabyosenumukiza akomeje guhamya ubushobozi, yongeye kuraza neza Abanyarwanda

Related Posts

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

by radiotv10
31/07/2025
0

Abacururiza imboga n’imbuto mu isoko rya Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko barembejwe n’umwanda ukabije baterwa n’abantu baza kuhikinga...

Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

by radiotv10
31/07/2025
0

As the world enters deeper into the digital era and economic uncertainty continues to loom in many parts of the...

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

IZIHERUKA

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge
AMAHANGA

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

by radiotv10
31/07/2025
0

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

31/07/2025
Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

31/07/2025
Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

31/07/2025
Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

31/07/2025
Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Basketball: Nshobozwabyosenumukiza akomeje guhamya ubushobozi, yongeye kuraza neza Abanyarwanda

Basketball: Nshobozwabyosenumukiza akomeje guhamya ubushobozi, yongeye kuraza neza Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.