Tuesday, August 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Musanze: Ufite ubumuga yatawe n’umugabo amusigira abana babiri none bacumbitse mu kiraro

radiotv10by radiotv10
28/03/2022
in Uncategorized
0
Musanze: Ufite ubumuga yatawe n’umugabo amusigira abana babiri none bacumbitse mu kiraro
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage ufite ubumuga bw’ingingo wo mu Kagari ka Murago mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, yagiye gucumbika mu kiraro nyuma yo gutabwa n’umugabo we babyaranye abana babiri none imibereho yabo iteye impungenge.

Akimanizanye Providence uba mu Mudugudu wa Rwinzovu muri aka Kagari ka Murago, avuga ko yari umugore wa kabiri nyuma y’uko ubuzima bumukomeranye kuko atagira epfo na ruguru ngo akemera kubana n’uwo mugabo wamusize mu bibazo biruta ibyo yamusanzemo.

Uyu muturage twasanze aba mu kiraro na cyo gishobora kugwa n’isaha n’isaha, yabwiye Umunyamakuru wa RADIOTV10, avuga ko iyi nzu abamo yari isanzwe ari iy’abarinzi b’imyaka.

Akimanizanye Providence avuga ko imibereho ntayo

Ubwo umunyamakuru yamusuraga, imvura yari iri kujojoba aho iki kiraro cyavaga mu buryo bugaragara ku buryo n’iyo yabonye aho aca incuro, adashobora kubona aho atekera ibyo yabonye.

Ati “Rimwe ndabibona ubundi nkaburara, mbese iyo nabonye utwa nimugoroba ubwo mba natomboye iyo nagize amahirwe Imana ikamfasha imvura ntigwe ngo mbone aho ntutekera ngo mbure n’aho ndyama.”

Abaturanyi b’uyu mubyeyi, na bo bemeza ko imibereho ye ibateye impungenge kuko uretse no kuba aba mu kiraro ariko atabasha no kubona icyo kurya no kugaburira abana be.

Umwe mu baturanyi be yagize ati “Abana n’ubumuga ariko ntakintu tubona afashwa n’ikiraro abamo bamutije kirava imibereho ntakigenda.”

Umunyamabanga Nshingwabikowa w’Umurenge wa Gataraga, Herman Micomyiza yavuze ko batari bazi ko hari umuturage wo muri uyu Murenge ufite ikibazo nk’icyo.

Yagize ati “Turi buze gukurikirana tumenye impamvu ariko icyo twemera ni uko nta Munyarwanda muri iki gihe ukwiye kuba ahantu hagayitse nk’aho, turashaka ko tuhamukura tumushakire aho kuba hazima.”

N’iki kiraro babamo nacyo kirashaje

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + fourteen =

Previous Post

‘Inyogoye’ yakoze ubukwe bw’agatangaza bwaririmbyemo umuhanzi ukomeye (AMAFOTO)

Next Post

Urushyi Will Smith yakubitiye Chris Rock mu birori rukivugiza rwabaye Inkuru y’Isi yose

Related Posts

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

IZIHERUKA

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe
MU RWANDA

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

by radiotv10
05/08/2025
0

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

05/08/2025
Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

05/08/2025
Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

05/08/2025
Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

05/08/2025
Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

05/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urushyi Will Smith yakubitiye Chris Rock mu birori rukivugiza rwabaye Inkuru y’Isi yose

Urushyi Will Smith yakubitiye Chris Rock mu birori rukivugiza rwabaye Inkuru y’Isi yose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.