Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Musanze: Ufite ubumuga yatawe n’umugabo amusigira abana babiri none bacumbitse mu kiraro

radiotv10by radiotv10
28/03/2022
in Uncategorized
0
Musanze: Ufite ubumuga yatawe n’umugabo amusigira abana babiri none bacumbitse mu kiraro
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage ufite ubumuga bw’ingingo wo mu Kagari ka Murago mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, yagiye gucumbika mu kiraro nyuma yo gutabwa n’umugabo we babyaranye abana babiri none imibereho yabo iteye impungenge.

Akimanizanye Providence uba mu Mudugudu wa Rwinzovu muri aka Kagari ka Murago, avuga ko yari umugore wa kabiri nyuma y’uko ubuzima bumukomeranye kuko atagira epfo na ruguru ngo akemera kubana n’uwo mugabo wamusize mu bibazo biruta ibyo yamusanzemo.

Uyu muturage twasanze aba mu kiraro na cyo gishobora kugwa n’isaha n’isaha, yabwiye Umunyamakuru wa RADIOTV10, avuga ko iyi nzu abamo yari isanzwe ari iy’abarinzi b’imyaka.

Akimanizanye Providence avuga ko imibereho ntayo

Ubwo umunyamakuru yamusuraga, imvura yari iri kujojoba aho iki kiraro cyavaga mu buryo bugaragara ku buryo n’iyo yabonye aho aca incuro, adashobora kubona aho atekera ibyo yabonye.

Ati “Rimwe ndabibona ubundi nkaburara, mbese iyo nabonye utwa nimugoroba ubwo mba natomboye iyo nagize amahirwe Imana ikamfasha imvura ntigwe ngo mbone aho ntutekera ngo mbure n’aho ndyama.”

Abaturanyi b’uyu mubyeyi, na bo bemeza ko imibereho ye ibateye impungenge kuko uretse no kuba aba mu kiraro ariko atabasha no kubona icyo kurya no kugaburira abana be.

Umwe mu baturanyi be yagize ati “Abana n’ubumuga ariko ntakintu tubona afashwa n’ikiraro abamo bamutije kirava imibereho ntakigenda.”

Umunyamabanga Nshingwabikowa w’Umurenge wa Gataraga, Herman Micomyiza yavuze ko batari bazi ko hari umuturage wo muri uyu Murenge ufite ikibazo nk’icyo.

Yagize ati “Turi buze gukurikirana tumenye impamvu ariko icyo twemera ni uko nta Munyarwanda muri iki gihe ukwiye kuba ahantu hagayitse nk’aho, turashaka ko tuhamukura tumushakire aho kuba hazima.”

N’iki kiraro babamo nacyo kirashaje

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 9 =

Previous Post

‘Inyogoye’ yakoze ubukwe bw’agatangaza bwaririmbyemo umuhanzi ukomeye (AMAFOTO)

Next Post

Urushyi Will Smith yakubitiye Chris Rock mu birori rukivugiza rwabaye Inkuru y’Isi yose

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urushyi Will Smith yakubitiye Chris Rock mu birori rukivugiza rwabaye Inkuru y’Isi yose

Urushyi Will Smith yakubitiye Chris Rock mu birori rukivugiza rwabaye Inkuru y’Isi yose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.