• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Urushyi Will Smith yakubitiye Chris Rock mu birori rukivugiza rwabaye Inkuru y’Isi yose

radiotv10by radiotv10
28/03/2022
in IMYIDAGADURO
0
Urushyi Will Smith yakubitiye Chris Rock mu birori rukivugiza rwabaye Inkuru y’Isi yose
Share on FacebookShare on Twitter

Mu birori byo gutanga ibihembo bya sinema bikomeye ku Isi bizwi nka Oscar Awards 2022, umukinnyi wa Film w’icyamamare ku isi, Willard Carroll Smith uzwi nka Will Smith yakubise urushyi mugenzi we Chris Rock, rukomeje kuvugwaho na benshi ku Isi.

Muri ibi birori bikomeye bitangirwamo ibihembo ku bakinnyi bitwaye neza muri Sinema ya Hollywood, umunyarwenya ukomeye ku isi, Chris Rock wari uyoboye ibiganiro, yagarutse ku mugore wa Will Smith, Jada Pinkett Smith avuga ku musatsi we uteye mu buryo budasanzwe kubera uburwayi.

Umunyarwenya Chris Rock wavugaga kuri uyu mufasha wa Will Smith atebya ko yakunze uburyo akina muri film yasohotse mu 1997 izwi nka G.I Jane adafite umusatsi, ndetse anaseka, Will Smith aho yari yicaranye n’umugore we na bo bariho baseka.

Ubwo Chris Rock yavugaga ko afite amatsiko yo kuzareba igice cya kabiri cy’iyi film, Will Smith yahagurukanye ingoga yerecyeza kuri Podium asatira Chric Rock, undi agira ngo hari icyo aje kumubwira ariko atungurwa no kumugeraho ahita amwasa uruhsyi ku itama.

Nyuma yo kumukubita uru rushyi rukivugiza, Will Smith yahise asubira mu byicaro bigaragara ko yabishe, ahita atangira kubwira umujinya Chris Rock mu ijwi rirangurura amubwira ko adashaka kuzongera kumva avuga ku mugore we dore ko atari ubwa mbere.

Yahise agira ati “Ndagusabye ntuzongere kumbura umunwa wawe uvuga ku mugore wanjye.”

Will Smith kandi yanabonye igihembo cy’umukinnyi w’umwaka, yanabonyeho gusaba imbabazi Chris Rock kubera urushyi yamukubise abitewe n’umujinya.

Will Smith yakubise Chris Rock urushyi rukomeye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + five =

Previous Post

Musanze: Ufite ubumuga yatawe n’umugabo amusigira abana babiri none bacumbitse mu kiraro

Next Post

Ndimbati afatiwe icyemezo cyo gufungwa

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Ndimbati yagejejwe imbere y’urukiko

Ndimbati afatiwe icyemezo cyo gufungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.