Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Umuseke watambitse bamwe berecyeza aho bakirira Umukandida wa RPF-Inkotanyi hatangizwa Kwiyamamaza

radiotv10by radiotv10
22/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Musanze: Umuseke watambitse bamwe berecyeza aho bakirira Umukandida wa RPF-Inkotanyi hatangizwa Kwiyamamaza
Share on FacebookShare on Twitter

Itariki yo gutangiriraho ibikorwa byo kwiyamamaza, yabatindiye kugera, babigaragariza mu kuba bamwe mu Banyamusanze batigeze bakangwa n’imbeho, aho mu rukerera inkoko ya mbere ikibika, bafashe urugendo bakerecyeza i Busogo aho bakirira Paul Kagame, Umukandida wa RPF-Inkotanyi.

Mu myambaro y’amabara y’Umuryango RPF-Inkotanyi, ndetse n’ibyapa bihamagarira Abanyarwanda bose kuzahundagazaho amajwi Umukandida Paul Kagame, ni ko aba baturage bagaragaye mu mihanda inyuranye mu Karere ka Musanze.

Nubwo muri uru rukerera imbeho yari yose mu Karere ka Musanze, gakikijwe n’Ibirunga, kakaba kazwiho gukonja cyane, ariko nta muturage wayumvaga kubera morali yari yose, dore ko bari batangiye no gucuranga umuziki wamamaza umukandida wabo.

Bavuga ko bari bategerezanyije amatsiko atagira ingano, iyi tariki yo kugaragariza Perezida Paul Kagame ko itariki y’amatora itinze kugera ubundi bakamwereka ko bazirikana ibyo yabagejejeho muri iyi manda y’imyaka irindwi, ndetse n’izabanje.

Uretse kuba bari batindiwe n’iyi tariki itangirizwaho ibikorwa byo kwiyamamaza, aba baturage bavuga ko bananyotewe no kumva impanuro za Perezida Paul Kagame ndetse bakanamufasha kwiyamamaza, kuko ibigwi bye na bo babizi.

Ngo n’uku kuzinduka iya rubika bajya mu muhanda, ni kimwe mu bimenyetso by’ibikorwa bye, kuko umutekano usendereye ku buryo Umuturarwanda agenda igihe cyose ntacyo yikanga.

Umwe yagize ati “Umunezero turimo ubu, umutekano n’iterambere ni we tubikesha. Rero twiteze ko hari n’ibindi byinshi aduteganyiriza, Imana idufashe gusa azatorwe kandi natwe tumuri inyuma.”

Perezida Paul Kagame mu kiganiro yagiranye na RBA ku wa Mbere w’iki cyumwe, na we yavuze ko Umuryango wa RPF-Inkotanyi ufite impamba ihagije uzajyana mu bikorwa byo kwiyamamaza, kuko hari byinshi wagaragaje ko ushoboye kurusha abandi bazahatana.

Agaruka kuri bimwe mu byivugira byagezweho, Umukandida wa RPF, yatanze urugero rw’umuturage wavuze ko “aho kwirahira umuntu ugusezeranya Inka, wakwirahira uwayikugabiye.”

Icyo gihe Perezida Kagame yagize ati “Ubwo ni ukuvuga ngo n’uwamusezeranyije cyangwa umusezeranyije ko azayimuha, na we aragira neza ubwo, nibigera kuba azayimuha, ubwo azamwirahira, ariko ntiyibagirwa uwayimuhaye. Ni aho turi, n’uwayiguhaye azakongera indi, cyangwa aguhe n’ibindi birenze ibyo.”

Kuri uyu wa Gatanu, Umuryango RPF-Inkotanyi wasobanuye imigendekere y’ibikorwa byo kwiyamamaza, aho kuri iyi nshuro bitazagera mu Turere twose tw’Igihugu nk’uko byagendaga mu bihe byatambutse.

Ibi byatewe ahanini n’igihe kitari kinini cyo kuziyamamaza, ariko no gutuma abaturage bakomeza ibikorwa byabo bibateza imbere bikanateza imbere Igihugu cyabo, kandi n’Umukandida Paul Kagame akabasha no gukomeza inshingano zo kuyobora Igihugu.

Ngo itariki y’amatora na yo irabatindiye
Mu muhanda bari bafite morale yo hejuru

Musanze yarimbishijwe mu mabara ya RPF-Inkotanyi

Photos/Kigali Today

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 9 =

Previous Post

Icyemezo cyafatiwe umunyamakuru w’imyidagaduro waregwaga gukorera urugomo mu kabari cyamenyekanye

Next Post

Igisubizo cya PM w’u Bwongereza ku mahitamo hagati y’icyemezo gikarishye na gahunda y’u Rwanda

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo cya PM w’u Bwongereza ku mahitamo hagati y’icyemezo gikarishye na gahunda y’u Rwanda

Igisubizo cya PM w’u Bwongereza ku mahitamo hagati y’icyemezo gikarishye na gahunda y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.