Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Umuseke watambitse bamwe berecyeza aho bakirira Umukandida wa RPF-Inkotanyi hatangizwa Kwiyamamaza

radiotv10by radiotv10
22/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Musanze: Umuseke watambitse bamwe berecyeza aho bakirira Umukandida wa RPF-Inkotanyi hatangizwa Kwiyamamaza
Share on FacebookShare on Twitter

Itariki yo gutangiriraho ibikorwa byo kwiyamamaza, yabatindiye kugera, babigaragariza mu kuba bamwe mu Banyamusanze batigeze bakangwa n’imbeho, aho mu rukerera inkoko ya mbere ikibika, bafashe urugendo bakerecyeza i Busogo aho bakirira Paul Kagame, Umukandida wa RPF-Inkotanyi.

Mu myambaro y’amabara y’Umuryango RPF-Inkotanyi, ndetse n’ibyapa bihamagarira Abanyarwanda bose kuzahundagazaho amajwi Umukandida Paul Kagame, ni ko aba baturage bagaragaye mu mihanda inyuranye mu Karere ka Musanze.

Nubwo muri uru rukerera imbeho yari yose mu Karere ka Musanze, gakikijwe n’Ibirunga, kakaba kazwiho gukonja cyane, ariko nta muturage wayumvaga kubera morali yari yose, dore ko bari batangiye no gucuranga umuziki wamamaza umukandida wabo.

Bavuga ko bari bategerezanyije amatsiko atagira ingano, iyi tariki yo kugaragariza Perezida Paul Kagame ko itariki y’amatora itinze kugera ubundi bakamwereka ko bazirikana ibyo yabagejejeho muri iyi manda y’imyaka irindwi, ndetse n’izabanje.

Uretse kuba bari batindiwe n’iyi tariki itangirizwaho ibikorwa byo kwiyamamaza, aba baturage bavuga ko bananyotewe no kumva impanuro za Perezida Paul Kagame ndetse bakanamufasha kwiyamamaza, kuko ibigwi bye na bo babizi.

Ngo n’uku kuzinduka iya rubika bajya mu muhanda, ni kimwe mu bimenyetso by’ibikorwa bye, kuko umutekano usendereye ku buryo Umuturarwanda agenda igihe cyose ntacyo yikanga.

Umwe yagize ati “Umunezero turimo ubu, umutekano n’iterambere ni we tubikesha. Rero twiteze ko hari n’ibindi byinshi aduteganyiriza, Imana idufashe gusa azatorwe kandi natwe tumuri inyuma.”

Perezida Paul Kagame mu kiganiro yagiranye na RBA ku wa Mbere w’iki cyumwe, na we yavuze ko Umuryango wa RPF-Inkotanyi ufite impamba ihagije uzajyana mu bikorwa byo kwiyamamaza, kuko hari byinshi wagaragaje ko ushoboye kurusha abandi bazahatana.

Agaruka kuri bimwe mu byivugira byagezweho, Umukandida wa RPF, yatanze urugero rw’umuturage wavuze ko “aho kwirahira umuntu ugusezeranya Inka, wakwirahira uwayikugabiye.”

Icyo gihe Perezida Kagame yagize ati “Ubwo ni ukuvuga ngo n’uwamusezeranyije cyangwa umusezeranyije ko azayimuha, na we aragira neza ubwo, nibigera kuba azayimuha, ubwo azamwirahira, ariko ntiyibagirwa uwayimuhaye. Ni aho turi, n’uwayiguhaye azakongera indi, cyangwa aguhe n’ibindi birenze ibyo.”

Kuri uyu wa Gatanu, Umuryango RPF-Inkotanyi wasobanuye imigendekere y’ibikorwa byo kwiyamamaza, aho kuri iyi nshuro bitazagera mu Turere twose tw’Igihugu nk’uko byagendaga mu bihe byatambutse.

Ibi byatewe ahanini n’igihe kitari kinini cyo kuziyamamaza, ariko no gutuma abaturage bakomeza ibikorwa byabo bibateza imbere bikanateza imbere Igihugu cyabo, kandi n’Umukandida Paul Kagame akabasha no gukomeza inshingano zo kuyobora Igihugu.

Ngo itariki y’amatora na yo irabatindiye
Mu muhanda bari bafite morale yo hejuru

Musanze yarimbishijwe mu mabara ya RPF-Inkotanyi

Photos/Kigali Today

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − 1 =

Previous Post

Icyemezo cyafatiwe umunyamakuru w’imyidagaduro waregwaga gukorera urugomo mu kabari cyamenyekanye

Next Post

Igisubizo cya PM w’u Bwongereza ku mahitamo hagati y’icyemezo gikarishye na gahunda y’u Rwanda

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo cya PM w’u Bwongereza ku mahitamo hagati y’icyemezo gikarishye na gahunda y’u Rwanda

Igisubizo cya PM w’u Bwongereza ku mahitamo hagati y’icyemezo gikarishye na gahunda y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.