Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Musenyeri wa Diyoseze EAR-Byumba yagaragaje ibyafasha abantu guca ukubiri no gutegera amaboko abaterankunga

radiotv10by radiotv10
29/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Musenyeri wa Diyoseze EAR-Byumba yagaragaje ibyafasha abantu guca ukubiri no gutegera amaboko abaterankunga
Share on FacebookShare on Twitter

Musenyeri wa Diyoseze EAR-Byumba, Ngendahayo Emmanuel arahamagarira abaturage gukora cyane no gukoresha neza inkunga abatishoboye bahabwa, kugira ngo birinde gusabiriza, cyangwa gusubira inyuma ngo bazakomeze gutegera amaboko abaterankunga.

Ni mu gikorwa cyo koroza amatungo abaturage bo muri Diyoseze ya Byumba, cyakozwe n’iri Torero rya EAR, risanzwe rifasha abaturage bo mu gace ka Kibari mu Murenge wa Byumba mu Karere ka Gicumbi.

Aka gace kari gafite umubare munini w’abaturage bakennye, ndetse kakaba gatumwemo n’imiryango y’abasigajwe inyuma n’amateka irenga 200.

Muri uyu mwaka, abayoboye b’iri Torere ry’Abangilikani, bakoze ibikorwa bigamije guteza imbere aka gace, birimo kubaka Ikigo Nderabuzima, ibibuga by’imyidagaduduro ndetse barimo n’ibigo by’amashuri.

Nsengimana Anastase, umwe mu baturage batuye muri aka gace, avuga ko bashima ibyakozwe n’iri torero, bikomeje guhindura imibereho yabo.

Ati “Aka gace barakubatse na n’ubu imirimo iracyakomeje, ni byiza turabashimira ndetse twiteguye kubonamo akazi.”

Iyi diyoseese ya Byumba y’itorero abangikani, isanzwe ifitanye imikoranire n’Abangilikani bo muri Leta Zunze Ubumwe za AmeriCa muri leta ya Corolado Spring mu guteza imbere aka gace ka kibarI.

Pasteri Kenny Robertson wo muri Cororado Spring yagize ati ”Imyaka 20 irashize dukoranye n’itorero Angilikani ry’u Rwanda, twabayeho kubera Itorero Angilikani ry’ u Rwanda dufite kugaruka tugashimira ubufatanye dufitanye. Twubakanye Ikigo Nderabuzima cya Ruhenda kugira ngo abaturage babone aho bivuriza, inzu mberabyombi Salle igiye kuzura n’ibigo by’amashuri y’imyuga, abaturage bazigiramo kugira ngo bagire ubumenyi, babone imirimo babeho mu buzima bwiza. Ubuzima bwiza ni bwo Imana itwifuriza kubamo.”

Bamwe mu bagabiwe inka ku bufatanye bwa Diyoseze ya Byumba n’iri Torero ryo muri Leta Zunze Ubumwe za America, bavuga ko aya matungo agiye kubahindurira ubuzima, akabafasha kugira ubuzima bwiza no kwiteza imbere.

Basabire Angelique yagize ati “Ubu ngiye kubona ifumbire n’amata yo guha abana kugira ngo bazagira ikibazo cy’igwingira.”

Musenyeri wa Diyose EAR Byumba, Ngendahayo Emmanuel avuga ko nk’Itorero bafite inshingano zo kubwiriza ubutumwa bwiza mu baturage ariko bakanabafasha kugira imibereho myiza.

Yaboneyeho gusaba abaturage gukura amboko mu mifuka bagakora kugira ngo birinde ko ejo hazaza bazasabiriza cyangwa aba bahawe aya matungo bakazakomeza gutegera amaboko abaterankunga.

Ati “Turabwira abaturage ko ibikorwa tuba twabahaye n’ibyo dukorana babyiteho, ibyo twabahaye mu ngo babifate neza bareke kubigurisha, Hanyuma na bo bazibuke no gufasha kuko hari abo tuba twahaye amatungo bakwiye kuziturira abandi, ubwo ni umuco mwiza wo gusangira no gusabana. Hanyuma icyakabiri ibi ni ibikorwa bizabaha ubushobozi bwabo bwo kwirwanaho badakomeje gusabiriza.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Byumba, Ngezahumuremyi Theoneste arashima uruhare rw’Abangilikani mu guteza imbere aka gace ka Kibali kuko bifasha Leta mu ntego yihaye mu gukura abaturage mu bukene.

Ati “Kuba baratekereje ku byateza abaturage imbere ku bikorwa remezo bubatse birimo ivuriro rya Ruhenda, ikibuga cyiza cy’umupira w’amaguru, inzu mberabyombi ndetse no gutekereza guha abaturage amatungo abafasha kwiteza imbere, ubwisungane mu kwivuza n’ibindi birimo no kurwanya indwara zitandura mu marushanwa yo kwiruka ni ibintu dushama cyane.”

Gahunda ya ‘Run With Rwanda’ y’Abangilikani bo mu Rwanda i Gicumbi no muri America muri Colorado imaze kuzamura n’imyumvire y’abaturage mu gukora imyitozo ngororamubiri, aho abasaza n’abakecuru biruka kugira ngo barwanye indwara zitandura.

Bamwe borojwe inka

Abandi borozwa amatungo magufi
Hari n’abahawe amabati yo gusakaza inzu zabo

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − two =

Previous Post

Venezuel: Hamenyekanye ibyavuye mu matora yari ahanganishije Perezida n’utavuga rumwe n’ubutegetsi

Next Post

Haravugwa iyicwa ry’abacancuro b’Abarusiya benshi biciwe mu Gihugu cyo muri Afurika

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

by radiotv10
24/11/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, avuga ko amaze imyaka 14 abariwe inguranye y’ubutaka bwe bwubatsweho...

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

by radiotv10
24/11/2025
0

In many homes, disagreements between parents often come from one simple but powerful source: the desire to raise children the...

10 Reasons why you should visit Rwanda

10 Reasons why you should visit Rwanda

by radiotv10
24/11/2025
0

Rwanda has become one of Africa’s most inspiring destinations, a place where natural beauty, safety, culture, and progress blend into...

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

by radiotv10
24/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yahuye na mugenzi we Faustin Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, bagirana ibiganiro byagarutse ku mikoranire irimo...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa iyicwa ry’abacancuro b’Abarusiya benshi biciwe mu Gihugu cyo muri Afurika

Haravugwa iyicwa ry’abacancuro b’Abarusiya benshi biciwe mu Gihugu cyo muri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.