Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Musenyeri wa Diyoseze EAR-Byumba yagaragaje ibyafasha abantu guca ukubiri no gutegera amaboko abaterankunga

radiotv10by radiotv10
29/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Musenyeri wa Diyoseze EAR-Byumba yagaragaje ibyafasha abantu guca ukubiri no gutegera amaboko abaterankunga
Share on FacebookShare on Twitter

Musenyeri wa Diyoseze EAR-Byumba, Ngendahayo Emmanuel arahamagarira abaturage gukora cyane no gukoresha neza inkunga abatishoboye bahabwa, kugira ngo birinde gusabiriza, cyangwa gusubira inyuma ngo bazakomeze gutegera amaboko abaterankunga.

Ni mu gikorwa cyo koroza amatungo abaturage bo muri Diyoseze ya Byumba, cyakozwe n’iri Torero rya EAR, risanzwe rifasha abaturage bo mu gace ka Kibari mu Murenge wa Byumba mu Karere ka Gicumbi.

Aka gace kari gafite umubare munini w’abaturage bakennye, ndetse kakaba gatumwemo n’imiryango y’abasigajwe inyuma n’amateka irenga 200.

Muri uyu mwaka, abayoboye b’iri Torere ry’Abangilikani, bakoze ibikorwa bigamije guteza imbere aka gace, birimo kubaka Ikigo Nderabuzima, ibibuga by’imyidagaduduro ndetse barimo n’ibigo by’amashuri.

Nsengimana Anastase, umwe mu baturage batuye muri aka gace, avuga ko bashima ibyakozwe n’iri torero, bikomeje guhindura imibereho yabo.

Ati “Aka gace barakubatse na n’ubu imirimo iracyakomeje, ni byiza turabashimira ndetse twiteguye kubonamo akazi.”

Iyi diyoseese ya Byumba y’itorero abangikani, isanzwe ifitanye imikoranire n’Abangilikani bo muri Leta Zunze Ubumwe za AmeriCa muri leta ya Corolado Spring mu guteza imbere aka gace ka kibarI.

Pasteri Kenny Robertson wo muri Cororado Spring yagize ati ”Imyaka 20 irashize dukoranye n’itorero Angilikani ry’u Rwanda, twabayeho kubera Itorero Angilikani ry’ u Rwanda dufite kugaruka tugashimira ubufatanye dufitanye. Twubakanye Ikigo Nderabuzima cya Ruhenda kugira ngo abaturage babone aho bivuriza, inzu mberabyombi Salle igiye kuzura n’ibigo by’amashuri y’imyuga, abaturage bazigiramo kugira ngo bagire ubumenyi, babone imirimo babeho mu buzima bwiza. Ubuzima bwiza ni bwo Imana itwifuriza kubamo.”

Bamwe mu bagabiwe inka ku bufatanye bwa Diyoseze ya Byumba n’iri Torero ryo muri Leta Zunze Ubumwe za America, bavuga ko aya matungo agiye kubahindurira ubuzima, akabafasha kugira ubuzima bwiza no kwiteza imbere.

Basabire Angelique yagize ati “Ubu ngiye kubona ifumbire n’amata yo guha abana kugira ngo bazagira ikibazo cy’igwingira.”

Musenyeri wa Diyose EAR Byumba, Ngendahayo Emmanuel avuga ko nk’Itorero bafite inshingano zo kubwiriza ubutumwa bwiza mu baturage ariko bakanabafasha kugira imibereho myiza.

Yaboneyeho gusaba abaturage gukura amboko mu mifuka bagakora kugira ngo birinde ko ejo hazaza bazasabiriza cyangwa aba bahawe aya matungo bakazakomeza gutegera amaboko abaterankunga.

Ati “Turabwira abaturage ko ibikorwa tuba twabahaye n’ibyo dukorana babyiteho, ibyo twabahaye mu ngo babifate neza bareke kubigurisha, Hanyuma na bo bazibuke no gufasha kuko hari abo tuba twahaye amatungo bakwiye kuziturira abandi, ubwo ni umuco mwiza wo gusangira no gusabana. Hanyuma icyakabiri ibi ni ibikorwa bizabaha ubushobozi bwabo bwo kwirwanaho badakomeje gusabiriza.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Byumba, Ngezahumuremyi Theoneste arashima uruhare rw’Abangilikani mu guteza imbere aka gace ka Kibali kuko bifasha Leta mu ntego yihaye mu gukura abaturage mu bukene.

Ati “Kuba baratekereje ku byateza abaturage imbere ku bikorwa remezo bubatse birimo ivuriro rya Ruhenda, ikibuga cyiza cy’umupira w’amaguru, inzu mberabyombi ndetse no gutekereza guha abaturage amatungo abafasha kwiteza imbere, ubwisungane mu kwivuza n’ibindi birimo no kurwanya indwara zitandura mu marushanwa yo kwiruka ni ibintu dushama cyane.”

Gahunda ya ‘Run With Rwanda’ y’Abangilikani bo mu Rwanda i Gicumbi no muri America muri Colorado imaze kuzamura n’imyumvire y’abaturage mu gukora imyitozo ngororamubiri, aho abasaza n’abakecuru biruka kugira ngo barwanye indwara zitandura.

Bamwe borojwe inka

Abandi borozwa amatungo magufi
Hari n’abahawe amabati yo gusakaza inzu zabo

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − thirteen =

Previous Post

Venezuel: Hamenyekanye ibyavuye mu matora yari ahanganishije Perezida n’utavuga rumwe n’ubutegetsi

Next Post

Haravugwa iyicwa ry’abacancuro b’Abarusiya benshi biciwe mu Gihugu cyo muri Afurika

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa iyicwa ry’abacancuro b’Abarusiya benshi biciwe mu Gihugu cyo muri Afurika

Haravugwa iyicwa ry’abacancuro b’Abarusiya benshi biciwe mu Gihugu cyo muri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.