Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Museveni acyumva ko Muhoozi yasezeye mu Gisirikare yahise amuhamagara amusaba ikintu gikomeye

radiotv10by radiotv10
09/03/2022
in MU RWANDA
0
Museveni acyumva ko Muhoozi yasezeye mu Gisirikare yahise amuhamagara amusaba ikintu gikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni acyumva ko umuhungu we Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yasezeye mu Gisirikare, yahise amuhamagara amusaba kwisubiraho kuri iki cyemezo, akaguma muri UPDF.

Ikinyamakuru Chimpreports dukesha aya makuru, kivuga ko Perezida Museveni yagiriye inama Umujyanama we akaba n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, akamusaba kwisubiraho ku cyemezo yafashe cyo gusezera mu gisirikare.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Werurwe 2022, mu buryo butunguranye, Lt Gen Muhoozi yanditse ubutumwa kuri Twitter avuga ko nyuma y’imyaka 28 ari mu Gisirikare yafashe icyemezo cyo gusezera.

  • Gen Muhoozi yatangaje ko yasezeye mu Gisirikare

Ubutumwa bwe bwagiraga buti “Nyuma y’imyaka 28 ndi mu Gisirikare ntagereranywa, Igisirikare cya mbere ku Isi, nishimiye kumenyesha isezera ryanjye.”

Yakomeje avuga ko mu gihe yari mu Gisirikare we na bagenzi be bageze kuri byinshi. Ati “Ngomba urukundo n’icyubahiro abo bagabo n’abagore bose kubera kugera kuri ibyo byiza ku bwa Uganda.”

Chimpreports ivuga ko amakuru yizewe yamenye ari uko nyuma y’ubu butumwa bwa Muhoozi, Ise Museveni yahise amuhamagara akamusaba kuguma mu gisirikare.

Kugeza ubu ntiharamenyekana impamvu Muhoozi yifuza kuva mu gisirikare ku myaka 47 y’amavuko kandi yaragihiriwemo kuko yagiye azamurwa mu mapeti mu buryo bwihuse akanakigiriramo imyanya y’ubuyobozi inyuranye.

Gusa bamwe bavuga ko ari guca amarenga y’amakuru yakunze kuvugwa ko azasimbura se ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu muri 2026.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 4 =

Previous Post

Icyatumye umwe mu bakobwa bahatanira ikamba rya Miss Rwanda asezera cyamenyekanye

Next Post

Bavuga ko batasaniwe inzu kandi Perezida yarabahaye Miliyoni 10 bakanayobona ashyikirizwa ubuyobozi

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bavuga ko batasaniwe inzu kandi Perezida yarabahaye Miliyoni 10 bakanayobona ashyikirizwa ubuyobozi

Bavuga ko batasaniwe inzu kandi Perezida yarabahaye Miliyoni 10 bakanayobona ashyikirizwa ubuyobozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.