Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Museveni wari urwaye Covid-19 yatangaje inkuru nziza n’icyamutunguye atakekaga ko cyamubaho nka Perezida

radiotv10by radiotv10
19/06/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Museveni wari urwaye Covid-19 yatangaje inkuru nziza n’icyamutunguye atakekaga ko cyamubaho nka Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, wari umaze iminsi arwaye COVID-19, yatangaje ko ibipimo byagaragaje ko yakize, ariko avuga ko bamusuzumye bagasanga afite ikibazo gishingiye ku mirire mibi, ku buryo na we byamutunguye.

Museveni wari umaze icyumweru n’igice ari mu kato yishyizemo nyuma yo gusuzumwa bagasanga arwaye COVID-19, yatangaje ko ubu bamusuzumye bagasanga mu mubiri we, atagifite ubwandu bw’iyi ndwara yigeze kuba icyorezo ku Isi.

Muri ubu burwayi yagereranyije nk’urugamba, Museveni yavuze ko ubu “ndi uwatsinze urugamba rw’umwanzi. Iminsi yari ishize ari 11 kuva natangira urugamba ku itariki ya 07 Kamena 2023 ubwo natangazaga ijambo ry’Igihugu.”

Museveni wagarutse ku buryo bamusanzemo iyi ndwara, yavuze ko yafashe icyemezo cyo kujya mu kato mu gace ka Kololo kugira ngo yitarure umuryango we.

Yashimiye abagiye bamwoherereza ubutumwa bwo kumwifuriza gukira vuba, ndetse n’abaganga bamubaye hafi muri ubu burwayi bwe.

Yavuze ko yakurikiranye iby’iyi ndwara kuva yakwaduka ku Isi, ku buryo hari abitabaga Imana kubera kubura Vitamin D, akaba ari na byo byatumye na we asaba umuganga we Atwiine kureba ingango yayo mu mubiri we.

Ati “Mu buryo ntatekerezaga!! Ibipimo bya Vitamin D byari hasi cyane, yewe n’ibya Vitamin B12 byari biri hasi ndetse n’ibindi. Mutekereze kuba Perezida wa Uganda, afite ikibazo cy’imirire mibi ku buryo byanageraho bimugiraho ingaruka ku buzima bwe. Nahise ntangira gufata vitamin ndetse mu gihe gito zitangira kwiyongera.”

Museveni yakomeje yibaza icyabaye kugira ngo ibipimo bya Vitamini bye bijye hasi, ati “ese ni uko mbuze amafaranga yo kugura indyo yuzuye? Oya. Ahubwo ni uko umuntu abaho adakora ibyo akwiye gukora ndetse no kudakora ibyo akwiye gukora.”

Museveni yakomeje asaba abakora mu rwego rw’ubuvuzi kumara umwanya bakangurira abantu kwirinda indwara, kurusha gutegereza ko abantu bazarwara ngo bajye kwivuza.

Muri iyi baruwa ndende, Museveni uvuga ko ubu nta Covid-19 akirwaye, yasoje avuga ko yabaye ahagaritse kwambara agapfukamunwa kuko karimo kamutera ibibazo.

Museveni ubu ni muryerye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 9 =

Previous Post

Amavubi ko amenyereweho gutsindwa kuki ubu byabaye nko guca inka amabere?

Next Post

Abanyamakuru b’ibirangirire mu Rwanda bahuriye mu kiganiro nabo bahatwa ibibazo (VIDEO)

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko rihangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyekongo babuze uko basubira mu byabo mu bice birimo Umujyi wa Uvira, nyuma yuko...

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyamakuru b’ibirangirire mu Rwanda bahuriye mu kiganiro nabo bahatwa ibibazo (VIDEO)

Abanyamakuru b’ibirangirire mu Rwanda bahuriye mu kiganiro nabo bahatwa ibibazo (VIDEO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.