• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Museveni wari urwaye Covid-19 yatangaje inkuru nziza n’icyamutunguye atakekaga ko cyamubaho nka Perezida

radiotv10by radiotv10
19/06/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Museveni wari urwaye Covid-19 yatangaje inkuru nziza n’icyamutunguye atakekaga ko cyamubaho nka Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, wari umaze iminsi arwaye COVID-19, yatangaje ko ibipimo byagaragaje ko yakize, ariko avuga ko bamusuzumye bagasanga afite ikibazo gishingiye ku mirire mibi, ku buryo na we byamutunguye.

Museveni wari umaze icyumweru n’igice ari mu kato yishyizemo nyuma yo gusuzumwa bagasanga arwaye COVID-19, yatangaje ko ubu bamusuzumye bagasanga mu mubiri we, atagifite ubwandu bw’iyi ndwara yigeze kuba icyorezo ku Isi.

Muri ubu burwayi yagereranyije nk’urugamba, Museveni yavuze ko ubu “ndi uwatsinze urugamba rw’umwanzi. Iminsi yari ishize ari 11 kuva natangira urugamba ku itariki ya 07 Kamena 2023 ubwo natangazaga ijambo ry’Igihugu.”

Museveni wagarutse ku buryo bamusanzemo iyi ndwara, yavuze ko yafashe icyemezo cyo kujya mu kato mu gace ka Kololo kugira ngo yitarure umuryango we.

Yashimiye abagiye bamwoherereza ubutumwa bwo kumwifuriza gukira vuba, ndetse n’abaganga bamubaye hafi muri ubu burwayi bwe.

Yavuze ko yakurikiranye iby’iyi ndwara kuva yakwaduka ku Isi, ku buryo hari abitabaga Imana kubera kubura Vitamin D, akaba ari na byo byatumye na we asaba umuganga we Atwiine kureba ingango yayo mu mubiri we.

Ati “Mu buryo ntatekerezaga!! Ibipimo bya Vitamin D byari hasi cyane, yewe n’ibya Vitamin B12 byari biri hasi ndetse n’ibindi. Mutekereze kuba Perezida wa Uganda, afite ikibazo cy’imirire mibi ku buryo byanageraho bimugiraho ingaruka ku buzima bwe. Nahise ntangira gufata vitamin ndetse mu gihe gito zitangira kwiyongera.”

Museveni yakomeje yibaza icyabaye kugira ngo ibipimo bya Vitamini bye bijye hasi, ati “ese ni uko mbuze amafaranga yo kugura indyo yuzuye? Oya. Ahubwo ni uko umuntu abaho adakora ibyo akwiye gukora ndetse no kudakora ibyo akwiye gukora.”

Museveni yakomeje asaba abakora mu rwego rw’ubuvuzi kumara umwanya bakangurira abantu kwirinda indwara, kurusha gutegereza ko abantu bazarwara ngo bajye kwivuza.

Muri iyi baruwa ndende, Museveni uvuga ko ubu nta Covid-19 akirwaye, yasoje avuga ko yabaye ahagaritse kwambara agapfukamunwa kuko karimo kamutera ibibazo.

Museveni ubu ni muryerye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + twelve =

Previous Post

Amavubi ko amenyereweho gutsindwa kuki ubu byabaye nko guca inka amabere?

Next Post

Abanyamakuru b’ibirangirire mu Rwanda bahuriye mu kiganiro nabo bahatwa ibibazo (VIDEO)

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Abanyamakuru b’ibirangirire mu Rwanda bahuriye mu kiganiro nabo bahatwa ibibazo (VIDEO)

Abanyamakuru b’ibirangirire mu Rwanda bahuriye mu kiganiro nabo bahatwa ibibazo (VIDEO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.