Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Museveni wari urwaye Covid-19 yatangaje inkuru nziza n’icyamutunguye atakekaga ko cyamubaho nka Perezida

radiotv10by radiotv10
19/06/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Museveni wari urwaye Covid-19 yatangaje inkuru nziza n’icyamutunguye atakekaga ko cyamubaho nka Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, wari umaze iminsi arwaye COVID-19, yatangaje ko ibipimo byagaragaje ko yakize, ariko avuga ko bamusuzumye bagasanga afite ikibazo gishingiye ku mirire mibi, ku buryo na we byamutunguye.

Museveni wari umaze icyumweru n’igice ari mu kato yishyizemo nyuma yo gusuzumwa bagasanga arwaye COVID-19, yatangaje ko ubu bamusuzumye bagasanga mu mubiri we, atagifite ubwandu bw’iyi ndwara yigeze kuba icyorezo ku Isi.

Muri ubu burwayi yagereranyije nk’urugamba, Museveni yavuze ko ubu “ndi uwatsinze urugamba rw’umwanzi. Iminsi yari ishize ari 11 kuva natangira urugamba ku itariki ya 07 Kamena 2023 ubwo natangazaga ijambo ry’Igihugu.”

Museveni wagarutse ku buryo bamusanzemo iyi ndwara, yavuze ko yafashe icyemezo cyo kujya mu kato mu gace ka Kololo kugira ngo yitarure umuryango we.

Yashimiye abagiye bamwoherereza ubutumwa bwo kumwifuriza gukira vuba, ndetse n’abaganga bamubaye hafi muri ubu burwayi bwe.

Yavuze ko yakurikiranye iby’iyi ndwara kuva yakwaduka ku Isi, ku buryo hari abitabaga Imana kubera kubura Vitamin D, akaba ari na byo byatumye na we asaba umuganga we Atwiine kureba ingango yayo mu mubiri we.

Ati “Mu buryo ntatekerezaga!! Ibipimo bya Vitamin D byari hasi cyane, yewe n’ibya Vitamin B12 byari biri hasi ndetse n’ibindi. Mutekereze kuba Perezida wa Uganda, afite ikibazo cy’imirire mibi ku buryo byanageraho bimugiraho ingaruka ku buzima bwe. Nahise ntangira gufata vitamin ndetse mu gihe gito zitangira kwiyongera.”

Museveni yakomeje yibaza icyabaye kugira ngo ibipimo bya Vitamini bye bijye hasi, ati “ese ni uko mbuze amafaranga yo kugura indyo yuzuye? Oya. Ahubwo ni uko umuntu abaho adakora ibyo akwiye gukora ndetse no kudakora ibyo akwiye gukora.”

Museveni yakomeje asaba abakora mu rwego rw’ubuvuzi kumara umwanya bakangurira abantu kwirinda indwara, kurusha gutegereza ko abantu bazarwara ngo bajye kwivuza.

Muri iyi baruwa ndende, Museveni uvuga ko ubu nta Covid-19 akirwaye, yasoje avuga ko yabaye ahagaritse kwambara agapfukamunwa kuko karimo kamutera ibibazo.

Museveni ubu ni muryerye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − fourteen =

Previous Post

Amavubi ko amenyereweho gutsindwa kuki ubu byabaye nko guca inka amabere?

Next Post

Abanyamakuru b’ibirangirire mu Rwanda bahuriye mu kiganiro nabo bahatwa ibibazo (VIDEO)

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda
IMIBEREHO MYIZA

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

12/01/2026
Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyamakuru b’ibirangirire mu Rwanda bahuriye mu kiganiro nabo bahatwa ibibazo (VIDEO)

Abanyamakuru b’ibirangirire mu Rwanda bahuriye mu kiganiro nabo bahatwa ibibazo (VIDEO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.