Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Museveni yongeye gushimira Abanyarwanda uburyo bamwakiriye n’uburyo bamusezeye, ati “urukundo ruganze”

radiotv10by radiotv10
27/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Museveni yongeye gushimira Abanyarwanda uburyo bamwakiriye n’uburyo bamusezeye, ati “urukundo ruganze”
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda uherutse kugirira uruzinduko mu Rwanda aho yari yitabiriye CHOGM, yashimiye Abanyarwanda uburyo bamwakiriye, yongera gushimangira ko u Rwanda na Uganda ari abavandimwe, ati “Reka urukundo ruganze.”

Perezida Yoweri Museveni wari witabiriye ibikorwa bya CHOGM byaberaga mu Rwanda mu cyumwri gishize, ni umwe mu Baperezida bari bategezanyijwe amatsiko kuko yari amaze igihe ataza mu Rwanda ndetse akaba ari n’ubwa mbere yari aje kuva u Rwanda na Uganda byakubura umubano.

Na we ubwe uburyo yaje, byashimishije Abanyarwanda batari bacye kuko kuva yahaguruka muri Uganda, atahwemye kwereka abantu udushya ubwo yuriraga kajugujugu ya gisirikare.

Iyi kajugujugu yamusize hakurya muri Uganda, ubundi afata imodoka yamunyujije ku mupaka wa Gatuna aho yabanje no guhagaragara akaramutsa Abanyarwanda, ababaza amakuru.

Ageze i Kigali za Nyabugogo na Muhima, na bwo yakiranywe ubwuzu n’Abanyarwanda bari bashagaye, na we abashimira byimazeyo uburyo bamwakiranye urugwiro.

Having participated in the closing session of the CHOGM, I returned home via the Katuna border post. I thank our Rwandan brothers and sisters for the warmth not only during my stay but also during my departure from Kigali to Gatuna. Murakoze Cyane, reka urukundo ruganze. pic.twitter.com/8ZgeYqaou5

— Yoweri K Museveni (@KagutaMuseveni) June 26, 2022

Ubwo yasubiraga mu Gihugu cye, mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, Perezida Museveni, yatangaje ko no mu gutaha yongeye kunyura ku Mupaka wa Gatuna.

Yagize ati “Ndashimira abavandimwe b’Abanyarwanda urugwiro bangaragarije atari mu gihe namaze mu Rwanda ahubwo no mu gutaha kwanjye kuva Kigali kugeza Gatuna.”

Mu butumwa yanditse mu Kinyarwanda, Museveni yasoje agira ati “Murakoze Cyane, reka urukundo ruganze.”

Ubu butumwa buherekejwe n’amashusho agaragaza mu ncamacye uburyo yaje mu Rwanda n’uburyo Abanyarwanda bamwakiranye ubwuzu.

Perezida Museveni waherukaga mu Rwanda muri 2017 ubwo yitabiraga irahira rya Perezida Paul Kagame, na we yari aherutse kumwakira ubwo yitabiraga ibirori by’isabukuru ya Lt Gen Muhoozi Kainerugaba.

Museveni yaganiriye n’Abanyarwanda i Gatuna

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

“Harya ngo murashaka Serumogo?”- Kiyovu yamaze kumwongerera amasezerano

Next Post

Abavuga ngo Gen.Makenga yarapfuye dore turi kumwe kandi niwe uzabohora Congo- Maj Ngoma/M23

Related Posts

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IMYIDAGADURO

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abavuga ngo Gen.Makenga yarapfuye dore turi kumwe kandi niwe uzabohora Congo- Maj Ngoma/M23

Abavuga ngo Gen.Makenga yarapfuye dore turi kumwe kandi niwe uzabohora Congo- Maj Ngoma/M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.