Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Museveni yongeye gushimira Abanyarwanda uburyo bamwakiriye n’uburyo bamusezeye, ati “urukundo ruganze”

radiotv10by radiotv10
27/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Museveni yongeye gushimira Abanyarwanda uburyo bamwakiriye n’uburyo bamusezeye, ati “urukundo ruganze”
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda uherutse kugirira uruzinduko mu Rwanda aho yari yitabiriye CHOGM, yashimiye Abanyarwanda uburyo bamwakiriye, yongera gushimangira ko u Rwanda na Uganda ari abavandimwe, ati “Reka urukundo ruganze.”

Perezida Yoweri Museveni wari witabiriye ibikorwa bya CHOGM byaberaga mu Rwanda mu cyumwri gishize, ni umwe mu Baperezida bari bategezanyijwe amatsiko kuko yari amaze igihe ataza mu Rwanda ndetse akaba ari n’ubwa mbere yari aje kuva u Rwanda na Uganda byakubura umubano.

Na we ubwe uburyo yaje, byashimishije Abanyarwanda batari bacye kuko kuva yahaguruka muri Uganda, atahwemye kwereka abantu udushya ubwo yuriraga kajugujugu ya gisirikare.

Iyi kajugujugu yamusize hakurya muri Uganda, ubundi afata imodoka yamunyujije ku mupaka wa Gatuna aho yabanje no guhagaragara akaramutsa Abanyarwanda, ababaza amakuru.

Ageze i Kigali za Nyabugogo na Muhima, na bwo yakiranywe ubwuzu n’Abanyarwanda bari bashagaye, na we abashimira byimazeyo uburyo bamwakiranye urugwiro.

Having participated in the closing session of the CHOGM, I returned home via the Katuna border post. I thank our Rwandan brothers and sisters for the warmth not only during my stay but also during my departure from Kigali to Gatuna. Murakoze Cyane, reka urukundo ruganze. pic.twitter.com/8ZgeYqaou5

— Yoweri K Museveni (@KagutaMuseveni) June 26, 2022

Ubwo yasubiraga mu Gihugu cye, mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, Perezida Museveni, yatangaje ko no mu gutaha yongeye kunyura ku Mupaka wa Gatuna.

Yagize ati “Ndashimira abavandimwe b’Abanyarwanda urugwiro bangaragarije atari mu gihe namaze mu Rwanda ahubwo no mu gutaha kwanjye kuva Kigali kugeza Gatuna.”

Mu butumwa yanditse mu Kinyarwanda, Museveni yasoje agira ati “Murakoze Cyane, reka urukundo ruganze.”

Ubu butumwa buherekejwe n’amashusho agaragaza mu ncamacye uburyo yaje mu Rwanda n’uburyo Abanyarwanda bamwakiranye ubwuzu.

Perezida Museveni waherukaga mu Rwanda muri 2017 ubwo yitabiraga irahira rya Perezida Paul Kagame, na we yari aherutse kumwakira ubwo yitabiraga ibirori by’isabukuru ya Lt Gen Muhoozi Kainerugaba.

Museveni yaganiriye n’Abanyarwanda i Gatuna

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

“Harya ngo murashaka Serumogo?”- Kiyovu yamaze kumwongerera amasezerano

Next Post

Abavuga ngo Gen.Makenga yarapfuye dore turi kumwe kandi niwe uzabohora Congo- Maj Ngoma/M23

Related Posts

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye
IBYAMAMARE

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abavuga ngo Gen.Makenga yarapfuye dore turi kumwe kandi niwe uzabohora Congo- Maj Ngoma/M23

Abavuga ngo Gen.Makenga yarapfuye dore turi kumwe kandi niwe uzabohora Congo- Maj Ngoma/M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.