Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mushikiwabachou- Mushikiwabo ijambo yungukiye mu Rwanda yamaze kurisanisha n’izina rye

radiotv10by radiotv10
06/09/2022
in MU RWANDA
0
Mushikiwabachou- Mushikiwabo ijambo yungukiye mu Rwanda yamaze kurisanisha n’izina rye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, uheruka mu Rwanda, yavuze ko yishimiye urwenya yagiranye n’abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga bamwigishije ijambo rishya “Abachouu”.

Louise Mushikiwabo wari mu Rwanda mu cyumweru gishize aho yari yitabiriye umuhango wo Kwita Izina Abana b’Ingagi wabaye tariki 02 Nzeri 2022, yanagiranye ikiganiro cyuje urwenya ku mbuga nkoranyambaga.

Ubwo yatangaga igitekerezo ku ifoto yafashwe ubwo yari ageze ahabereye umuhango wo Kwita Izina, yagize ati “Ab’iwacu muraho!! Site yitwa urukumbuzi.com murayizi? [yashakaga kugaragaza ko yari akumbuye u Rwanda]”

Umwe mu bakoresha urubuga rwa Twitter witwa Rodrigue Izy yahise amusubiza agira ati “Hariya wanditse ngo Ab’iwacu basigaye bahashyira ijambo ngo Aba chouuuu.”

Mushikiwabo ukunze kuganira ku mbuga nkoranyambaga, yahise agira ati “Murakoze kumpa update y’imvugo igezweho. Ariko se umuchouuuu wa kweli kweli mumwita nde?”

Iri jambo Umuchou rinagezweho muri iyi minsi mu mvugo z’abakiri bato baba berekana ko bakundana, Mushikiwabo yahise arifata ndetse ubu yamaze no kurisanisha n’izina rye.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter kuri uyu wa Mbere tariki 05 Nzeri 2022, yagize ati “Rubyiruko, uruto n’urwo tungana, nabonye abibaza niba nsoma commentaires (ibitekerezo) zanyu, mbashimiye ibiganiro n’urwenya twasangiye muri iyi weekend yo Kwita Izina! Ubu nageze mu mahanga mu yindi mirimo mu Bihugu bya Francophonie byo mu nyanja y’Ubuhinde. Twikomereze imihigo! Mushikiwabachouuuu.”

Mushikiwabo wise Umwana w’Ingabo izina rya Turikumwe, yagarutse ku mvugo yakoresheje ubwo yari agiye kuyobora OIF, agasezeranya Abanyarwanda ko azakomeza kubaba hafi.

Icyo gihe yakoresheje ijambo ry’Igifaransa ‘on est ensamble’ ryanamamaye cyane, rigakoreshwa na benshi muri icyo gihe.

Mushikiwabo ubwo yari ageze ahabereye umuhango wo Kwita Izina (Photo/RBA)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Odinga ngo icyemezo cy’Urw’Ikirenga yagifashe nk’igitekerezo cyarwo ati “Ntibirangiriye aha”

Next Post

DStv mu bigo biza ku isonga bifite ‘Brands’ zikunzwe kurusha izindi muri Afurika

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DStv mu bigo biza ku isonga bifite ‘Brands’ zikunzwe kurusha izindi muri Afurika

DStv mu bigo biza ku isonga bifite 'Brands' zikunzwe kurusha izindi muri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.