Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

radiotv10by radiotv10
19/11/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza imikorere idaheza abagore mu buzima bwose.

Mushikiwabo yabitangarije mu nama ya 46 y’Abaminisitiri bo mu Muryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF) ibaye nyuma y’imyaka 30 habayeho inama ya Beijing yavugaga ku iterambere ry’umugore, abayitabiriye bakaba bibanze ku ruhare rw’umugore mu iterambere ry’ibihugu bigize uyu muryango mu myaka 30 ishize.

Yagize ati “Twigeze tuzirikana uruhare umugore akwiye kugira mu guhuriza hamwe umuryango ngo abantu babane neza? U Rwanda rurabizi. Nyoberwa ukuntu tutabasha kureba kure, ntitwumva kenshi mu mbwirwaruhame ko Isi idashobora kubaho yirengagiza abagize kimwe cya kabiri cy’abayituye? Ndabahamagarira banyakubahwa Baminisitiri guhanga icyerekezo gishya mu bihugu bikoresha Igifaransa kirangwa n’ukuri nta kwitinya, icyerekezo cyemera ubushobozi bw’abagore nta soni cyangwa kubibeshyaho haba mu gukemura amakimbirane no kwimakaza uburinganire mu ngo no mu miryango yacu. Ntitubyibeshyeho, gutsinda kw’abagore no guhabwa agaciro kabo kandi bakwiye ni inshingano zihuriweho namwe abagabo. Mudahari, ubwuzuzanye ntibwaba bwuzuye, ibyo tuvuga ntibyakumvikana. Intego y’iyi nama y’abaminisitiri ni iyo kuvugurura ingamba za Francophonie zishyigikira ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore, duteza imbere ibikorwa bifatika kandi tunashyiraho uburyo bwadufasha kugera ku byo tugamije kubona umusaruro.”

Nubwo hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga rw’u Rwanda, Domitille Mukantaganzwa, yavuze ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, u Rwanda rwakoze amahitamo yo gushyira umugore ku isonga mu kubaka igihugu kandi ko byatanze umusaruro.

Ati “Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, u Rwanda rwahisemo kwiyubaka rushyira umugore ku isonga ry’impinduka. Hashyizweho ingamba zo kwemeza ko uburinganire bwubahirizwa muri politiki zose za Leta. Izo ngamba zituma muri iki gihe dushobora gukurikirana ku buryo bwigenga ibyo twiyemeje imbere y’abaturage, kumenya ibibazo bihari no kuyobora impinduka hashingiwe ku mibare yizewe.

Igenamigambi rishyira imbere uburinganire, risabwa mu nzego zose za Leta, ni imwe mu nkingi zikomeye z’iyi nzira. Rigamije kwemeza ko umutungo wa Leta ugira uruhare mu kugabanya ubusumbane no mu guteza imbere ubukungu bw’abagore. Bitewe n’izi mpinduka, twabashije gukoresha neza imbaraga z’abagore mu mibereho y’igihugu muri rusange.”

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga kandi yavuze ko no mu rwego rw’ubutabera, na ho abagore batasigaye inyuma.

Ati “Mu bijyanye n’imiyoborere, u Rwanda ni rwo rufite umubare munini w’abagore mu Nteko Ishinga Amategeko ku isi hose 63,75%.

Mu rwego rw’ubutabera, aho nkorera, abagore bafite uruhare rukomeye mu gukemura amakimbirane no kubungabunga ubwiyunge bwashegeshwe cyane na Jenoside. Abagore bacamanza ni hafi kimwe cya kabiri cy’abacamanza bose. Hashize imyaka 20, mu manza za Gacaca, nagize amahirwe yo kuyobora abagore bakurikiranaga izo manza, kandi bagize uruhare rukomeye mu kugaragaza ukuri no mu bwiyunge.

Kugeza n’ubu kandi abagore ni igice kimwe cy’abunzi n’abakora imirimo y’ubwitange mu baturage hirya no hino mu gihugu.”

Umuryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa ugizwe n’Ibihugu 93, birimo ibinyamuryango 56 byuzuye (Full Members), bitanu byiyunze, n’ibindi 32 by’indorerezi, mu gihe abavuga ururimi rw’Igifaransa ku isi babarirwa muri miliyoni 321.

U Rwanda rumaze imyaka 55 ari umunyamuryango, kuko ari kimwe mu Bihugu byabaye ibinyamuryango kuva OIF yatangizwa mu 1970.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − fourteen =

Previous Post

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Next Post

Saving culture: Why it matters and how it benefits us all

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Saving culture: Why it matters and how it benefits us all

Saving culture: Why it matters and how it benefits us all

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.