• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Na Minisitiri yakingiwe: Kurandura icyorezo kimaze guhitana abiganjemo abaganga mu Rwanda birakomeje

radiotv10by radiotv10
09/10/2024
in MU RWANDA
0
Na Minisitiri yakingiwe: Kurandura icyorezo kimaze guhitana abiganjemo abaganga mu Rwanda birakomeje
Share on FacebookShare on Twitter

Igikorwa cyo gutanga inkingo z’icyorezo cya Marburg, kirakomeje, aho cyatangiriye ku bafite ibyago byinshi byo kwibasirwa nacyo, barimo abakora mu rwego rw’ubuzima. N’Umunyamabanga wa Leta muri MINISANTE, Dr. Yvan Butera yakingiwe.

Dr. Yvan Butera yakingiriwe ku Bitaro Byitiriwe Umwami Fayisali byatangiye gukingira abakozi babyo kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Ukwakira 2024.

Amakuru yatangajwe n’Ubuyobozi bw’ibi Bitaro Byitiriwe Umwami Fayisali kuri uyu wa Kabiri, avuga ko “Uyu munsi twatangiye gutanga inkingo za Marburg ku bakozi bari ku ruhembe mu guhangana n’iyi ndwara, n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Dr. Yvan Butera na we yakingiwe.”

Ubuyobozi bw’Ibitaro Byitiriwe Umwami Fayisali buvuga ko gutanga inkingo, ari imwe mu ntambwe ikomeye yo kurinda abakora mu rwego rw’ubuvuzi ndetse no gukomeza kurinda aba bakomeje kugira uruhare mu buzima.

Kuva iki cyorezo cya Marburg cyagera mu Rwanda kimaze guhitana abantu 13 barimo umwe witabye Imana kuri uyu wa Kabiri, aho amakuru yizewe avuga ko na we yari umuganga ndetse wanakoraga muri ibi Bitaro Byitiriwe Umwami Fayisali.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera na we wamaze gukingirwa, aherutse gutangaza ko muri izi nkingo za Marburg, hatangwa doze imwe ikaba ihagije, nk’uko byemejwe n’ubushakashatsi bwakozwe muri 2018 ubwo izi nkingo zatangiraga gukoreshwa.

Yagize ati “Ubushakashatsi bwakozwe icyo gihe bugaragaza ko Doze imwe nyuma y’iminsi itatu ubudahangarwa bw’umuntu buba bwatangiye kwiyubaka ku kigero kigera kuri 70% noneho nyuma y’icyumweru ubudahangarwa bwe buba bumaze kugera hafi kuri 95% na 96%. Doze imwe irahagije kugira ngo ikurinde.”

Dr. Yvan Butera kandi yahumurije abashobora kugira impungenge ko izi nkingo zishobora kugira ingaruka ku bazihabwa, avuga ko kuva zatangira gutangwa, nta muntu n’umwe zaguye nabi.

Abakingiwe babanzaga guhabwa amabwiriza y’izi nkingo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − one =

Previous Post

Umuhanzi ugezweho muri gakondo Nyarwanda agiye kuyisangiza ab’i Burayi

Next Post

USA: Ubuzima burasa n’ubwahagaze muri Florida kubera amakuru bakiriye yazamuye ubwoba

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
USA: Ubuzima burasa n’ubwahagaze muri Florida kubera amakuru bakiriye yazamuye ubwoba

USA: Ubuzima burasa n’ubwahagaze muri Florida kubera amakuru bakiriye yazamuye ubwoba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.