Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Na SG wa FERWAFA yaraye ijoro abategereje…Abana b’u Rwanda begukanye icy’Isi bakiranywe ubwuzu

radiotv10by radiotv10
26/05/2022
in Uncategorized
0
Na SG wa FERWAFA yaraye ijoro abategereje…Abana b’u Rwanda begukanye icy’Isi bakiranywe ubwuzu
Share on FacebookShare on Twitter

Abana b’amakipe y’u Rwanda yitabiriye Igikombe cy’Isi cy’amarerero ya Paris Saint Germain (PSG Academy World Cup), arimo iyegukanye igikombe itsinze iya Brazil, bageze mu Rwanda bakiranwa ubwuzu n’abarimo Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA.

Bagarutse mu Rwanda nyuma y’iminsi ibiri gusa ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 13 yegukanye Igikombe muri iri rushanwa, bigahesha ishema u Rwanda.

Iyi kipe yegukanye Igikombe cy’Isi, yashimwe na benshi bavuze ko inzego zishinzwe iterambere ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda zikwiye guhita zifatiraho zigategura aba bana bakazavamo abazakinira ikipe y’Igihugu ubu idahagaze neza kubera kudatanga umusaruro ushimishije.

Aba bana bageze ku Kibuge cy’Indenge Mpuzamahanga cya Kanombe mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Gicurasi 2022, baje bafite igikombe cyabo begukanye ndetse n’ibindera ry’Igihugu, bari kumwe n’abatoza bajyanye.

Binjiye mu kibuga cy’Indege ahasanzwe hakirirwa abashyitsi bururutse mu ndege, basanga bategerejwe n’abantu benshi barimo abana bagenzi babo bari baje kubakira ndetse n’abayobozi b’inzego zishinzwe iterambere ry’umupira w’amaguru barimo Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) Muhire Henry Brulart.

Aba bana begukanye igikombe cy’Isi cy’amarerero ya PSG, tariki 23 Gicurasi 2022 ubwo batsindaga ikipe yari ihagarariye Brazil, bakuriwe ingofero na benshi kubera ubuhanga bwabo mu mikinire.

Bageze ku mukino wa nyuma babanje kunyagira amakipe yari ahagarariye Ibihugu bitandukanye nka Qatar batsinze ibitego 6-0, banatsinda iya Korea ibitego 4-0.

Bari banatsinze kandi ikipe ya Leta Zunze Ubumwe za America ibitego 5-1 ndetse n’u Bufaransa 3-0.

Muri 1/2 cy’iri rushanwa, aba bana banatsinze ikipe yari ihagarariye Misi iyitsinda ibitego aho bayitsinze ibitego 3-2.

Abayobozi muri FEWARAFA barimo Umunyamabanga Mukuru bari baje kwakira aba bana
Bari bategerejwe n’abana bagenzi babo bishimiye kubahagararira neza
Bacyuye igikombe bakesha ubuhanga bwabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 7 =

Previous Post

Prince Kid wamaze kwambara iroza no mu bujurire yaburanishijwe mu muhezo

Next Post

Musanze: Yarwaye mu mutwe none yamenaguye inzu yubakiwe na Leta n’iza bagenzi be

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Yarwaye mu mutwe none yamenaguye inzu yubakiwe na Leta n’iza bagenzi be

Musanze: Yarwaye mu mutwe none yamenaguye inzu yubakiwe na Leta n’iza bagenzi be

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.