Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Na SG wa FERWAFA yaraye ijoro abategereje…Abana b’u Rwanda begukanye icy’Isi bakiranywe ubwuzu

radiotv10by radiotv10
26/05/2022
in Uncategorized
0
Na SG wa FERWAFA yaraye ijoro abategereje…Abana b’u Rwanda begukanye icy’Isi bakiranywe ubwuzu
Share on FacebookShare on Twitter

Abana b’amakipe y’u Rwanda yitabiriye Igikombe cy’Isi cy’amarerero ya Paris Saint Germain (PSG Academy World Cup), arimo iyegukanye igikombe itsinze iya Brazil, bageze mu Rwanda bakiranwa ubwuzu n’abarimo Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA.

Bagarutse mu Rwanda nyuma y’iminsi ibiri gusa ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 13 yegukanye Igikombe muri iri rushanwa, bigahesha ishema u Rwanda.

Iyi kipe yegukanye Igikombe cy’Isi, yashimwe na benshi bavuze ko inzego zishinzwe iterambere ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda zikwiye guhita zifatiraho zigategura aba bana bakazavamo abazakinira ikipe y’Igihugu ubu idahagaze neza kubera kudatanga umusaruro ushimishije.

Aba bana bageze ku Kibuge cy’Indenge Mpuzamahanga cya Kanombe mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Gicurasi 2022, baje bafite igikombe cyabo begukanye ndetse n’ibindera ry’Igihugu, bari kumwe n’abatoza bajyanye.

Binjiye mu kibuga cy’Indege ahasanzwe hakirirwa abashyitsi bururutse mu ndege, basanga bategerejwe n’abantu benshi barimo abana bagenzi babo bari baje kubakira ndetse n’abayobozi b’inzego zishinzwe iterambere ry’umupira w’amaguru barimo Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) Muhire Henry Brulart.

Aba bana begukanye igikombe cy’Isi cy’amarerero ya PSG, tariki 23 Gicurasi 2022 ubwo batsindaga ikipe yari ihagarariye Brazil, bakuriwe ingofero na benshi kubera ubuhanga bwabo mu mikinire.

Bageze ku mukino wa nyuma babanje kunyagira amakipe yari ahagarariye Ibihugu bitandukanye nka Qatar batsinze ibitego 6-0, banatsinda iya Korea ibitego 4-0.

Bari banatsinze kandi ikipe ya Leta Zunze Ubumwe za America ibitego 5-1 ndetse n’u Bufaransa 3-0.

Muri 1/2 cy’iri rushanwa, aba bana banatsinze ikipe yari ihagarariye Misi iyitsinda ibitego aho bayitsinze ibitego 3-2.

Abayobozi muri FEWARAFA barimo Umunyamabanga Mukuru bari baje kwakira aba bana
Bari bategerejwe n’abana bagenzi babo bishimiye kubahagararira neza
Bacyuye igikombe bakesha ubuhanga bwabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + sixteen =

Previous Post

Prince Kid wamaze kwambara iroza no mu bujurire yaburanishijwe mu muhezo

Next Post

Musanze: Yarwaye mu mutwe none yamenaguye inzu yubakiwe na Leta n’iza bagenzi be

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

03/12/2025
Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Yarwaye mu mutwe none yamenaguye inzu yubakiwe na Leta n’iza bagenzi be

Musanze: Yarwaye mu mutwe none yamenaguye inzu yubakiwe na Leta n’iza bagenzi be

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.