Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Na SG wa FERWAFA yaraye ijoro abategereje…Abana b’u Rwanda begukanye icy’Isi bakiranywe ubwuzu

radiotv10by radiotv10
26/05/2022
in Uncategorized
0
Na SG wa FERWAFA yaraye ijoro abategereje…Abana b’u Rwanda begukanye icy’Isi bakiranywe ubwuzu
Share on FacebookShare on Twitter

Abana b’amakipe y’u Rwanda yitabiriye Igikombe cy’Isi cy’amarerero ya Paris Saint Germain (PSG Academy World Cup), arimo iyegukanye igikombe itsinze iya Brazil, bageze mu Rwanda bakiranwa ubwuzu n’abarimo Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA.

Bagarutse mu Rwanda nyuma y’iminsi ibiri gusa ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 13 yegukanye Igikombe muri iri rushanwa, bigahesha ishema u Rwanda.

Iyi kipe yegukanye Igikombe cy’Isi, yashimwe na benshi bavuze ko inzego zishinzwe iterambere ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda zikwiye guhita zifatiraho zigategura aba bana bakazavamo abazakinira ikipe y’Igihugu ubu idahagaze neza kubera kudatanga umusaruro ushimishije.

Aba bana bageze ku Kibuge cy’Indenge Mpuzamahanga cya Kanombe mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Gicurasi 2022, baje bafite igikombe cyabo begukanye ndetse n’ibindera ry’Igihugu, bari kumwe n’abatoza bajyanye.

Binjiye mu kibuga cy’Indege ahasanzwe hakirirwa abashyitsi bururutse mu ndege, basanga bategerejwe n’abantu benshi barimo abana bagenzi babo bari baje kubakira ndetse n’abayobozi b’inzego zishinzwe iterambere ry’umupira w’amaguru barimo Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) Muhire Henry Brulart.

Aba bana begukanye igikombe cy’Isi cy’amarerero ya PSG, tariki 23 Gicurasi 2022 ubwo batsindaga ikipe yari ihagarariye Brazil, bakuriwe ingofero na benshi kubera ubuhanga bwabo mu mikinire.

Bageze ku mukino wa nyuma babanje kunyagira amakipe yari ahagarariye Ibihugu bitandukanye nka Qatar batsinze ibitego 6-0, banatsinda iya Korea ibitego 4-0.

Bari banatsinze kandi ikipe ya Leta Zunze Ubumwe za America ibitego 5-1 ndetse n’u Bufaransa 3-0.

Muri 1/2 cy’iri rushanwa, aba bana banatsinze ikipe yari ihagarariye Misi iyitsinda ibitego aho bayitsinze ibitego 3-2.

Abayobozi muri FEWARAFA barimo Umunyamabanga Mukuru bari baje kwakira aba bana
Bari bategerejwe n’abana bagenzi babo bishimiye kubahagararira neza
Bacyuye igikombe bakesha ubuhanga bwabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − fifteen =

Previous Post

Prince Kid wamaze kwambara iroza no mu bujurire yaburanishijwe mu muhezo

Next Post

Musanze: Yarwaye mu mutwe none yamenaguye inzu yubakiwe na Leta n’iza bagenzi be

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi
MU RWANDA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

11/04/2026
Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Yarwaye mu mutwe none yamenaguye inzu yubakiwe na Leta n’iza bagenzi be

Musanze: Yarwaye mu mutwe none yamenaguye inzu yubakiwe na Leta n’iza bagenzi be

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.