Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

N’amahanga yamaze kubona ko gutwara abagenzi muri Kigali bikirimo ibihato

radiotv10by radiotv10
20/10/2022
in MU RWANDA
2
N’amahanga yamaze kubona ko gutwara abagenzi muri Kigali bikirimo ibihato
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe Iterambere ryo gutwara abantu n’ibintu ITDP (The Institute for Transportation and Development Policy) wagaragaje ko uburyo bwo gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali bukirimo ibibazo kuko abatega imodoka rusange bamara umwanya munini bazitegereje.

Abatuye mu Mujyi wa Kigali bamaze igihe kitari gito binubira urwego rwo gutwara abagenzi kubera ubucye bw’imodoka zituma abazitega bamara umwanya munini batonze imirongo aho bategera.

Ni ikibazo giherutse kongera kuzamuka ndetse Urwego rw’igihugu Ngenzuramikorere (RURA) rukaba ruherutse kongera kompanyi itwara abagenzi mu mujyi wa Kigali.

Gusa n’ubundi abatega imodoka mu mujyi wa Kigali, bagaragaza ko “urwishe ya nka rukiyirimo” kuko umwanya bamara muri za Gare ugikomeje kuba muremure.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Ukwakira 2022, i Kigali hateraniye inama y’iminsi itatu yahuje Ibihugu bitandatu (u Rwanda, Kenya, Uganda, Tanzania, Egypt na Ethiopia), igamije kwigira hamwe uburyo bwo kunoza imiturire ku buryo n’urwego rwo gutwara abagenzi rworoha.

Ibi Bihugu biteraniye muri iyi nama ni nabyo byo muri Afurika bikorana n’Ikigo Mpuzamahanga ITDP (The Institute for Transportation and Development Policy) gishinzwe Iterambere ryo gutwara abantu n’ibintu.

Umuhuzabikorwa w’uyu muryango, Chris Kost avuga ko nubwo Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwashyize imbaraga mu kuzamura urwego rwo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ariko hakirimo ibibazo bikomeye.

Yagize ati “Ubu hashyizwemo imodoka nini zitwara abantu benshi, icyakora izo modoka ziracyari nke cyane. Ibyo bigatuma abantu bamara igihe kinini bazitegereje. Zibatambukaho zuzuye.”

Yakomeje agira ati “Tugomba gushaka uburyo twanoza imitwarire y’abantu. Hagashakwa n’uburyo izo modoka zidakererezwa n’umuvundo. Ibyo byatuma abantu bagenda ku magare no mu modoka zabo bwite babireka bakajya muri izi bus zitwara abantu mu buryo bwa rusange.”

Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imyubakire n’Imitunganyirize y’Umujyi wa Kigali, Asaba Katabarwa Emmanuel, na we ubwe yemeje ko uru rwego rwo gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali rukirimo ibibazo.

Yagize ati “Ni byo koko mu itwarwa ry’abantu haracyarimo ibibazo, hari ibibazo by’imodoka nkeya, harasabwa imodoka nyinshi kandi zigezweho, harasabwa imihanda yihariye y’amabisi.”

Icyakora agaragaza ko hari imishinga igamije kurandura ibi bibazo byose nubwo atatangaje igihe izashyirirwa mu bikorwa ku buryo amarira y’abanyakigali bamara amasaha n’amasaha bategereje imodoka, yahanagurwa.

Avuga ko hari umushinga uhuriweho n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali na Banki y’Isi, uzatuma imodoka nini zitwara abagenzi zajya zihabwa uburenganzira bwo kugenda mbere y’iz’abantu ku giti cyabo.

Ati “Ntizijye zihera mu muvundo w’ibinyabiziga aho usanga bisi y’abantu mirongo inani (80) yaheze inyuma y’imodoka 80 z’abantu 80 kandi ba bandi 80 bakwiye kuba ari bo bihuta kuko baba ari benshi kandi bari hamwe.”

Avuga ko uyu atari umushinga wo guhita umuntu ashyira mu bikorwa kuko usaba byinshi birimo ubushobozi bwo kubaka imihanda.

INKURU IRAMBUYE

RADIOTV10

Comments 2

  1. nsenga says:
    3 years ago

    Mwaramutse neza?
    Rura ifite akazi gakomeye cyane rwose ko gukemura iki kibazo gusa kuba imodoka ari nkeya bituma batwara abagenzi nabi ndabaha urugero muzajye kuri ligne ya Remera mu Mujyi ikorera Volcano murebe ukuntu bapakiramo abantu biteye agahinda kuburyo hari n’abagenda bitura hasi kubera kubura umwuka

    Reply
  2. Manzi says:
    3 years ago

    Erega ikosa ryabayeho mbona harabayeho nkuburyo beogukora akazu kabanu bafite amafaranga bakabaribo bahabwa ama company ashinzwe izomodoka ariko baretse burimunu ushoboye agashora muri transport nibagire abobaheza nakibazo cyogutwara abanu cyabaho rwose nkahose weee wambwira Ute ukunu uzumva ngo RFTC Niya runaka KBC niyarunaka jari transport niyarunaka abobanu bakaba aribo kamara baba fire imihanda bahawe bara banniye abandi nawundi washora ubwoseeeeee nyamara harikibazo gikomeye MWe mutabonaaa cg mwanabona mugatinya kukivuga

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Hatangiye gukusanywa inkunga y’umukecuru wihebeye Amavubi wagaragaye ko ariho mu buzima butanejeje

Next Post

Igisubizo Besigye yahaye Muhoozi wamubwiye ko amwemera kiratunguranye

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo Besigye yahaye Muhoozi wamubwiye ko amwemera kiratunguranye

Igisubizo Besigye yahaye Muhoozi wamubwiye ko amwemera kiratunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.