Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

N’amahanga yamaze kubona ko gutwara abagenzi muri Kigali bikirimo ibihato

radiotv10by radiotv10
20/10/2022
in MU RWANDA
2
N’amahanga yamaze kubona ko gutwara abagenzi muri Kigali bikirimo ibihato
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe Iterambere ryo gutwara abantu n’ibintu ITDP (The Institute for Transportation and Development Policy) wagaragaje ko uburyo bwo gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali bukirimo ibibazo kuko abatega imodoka rusange bamara umwanya munini bazitegereje.

Abatuye mu Mujyi wa Kigali bamaze igihe kitari gito binubira urwego rwo gutwara abagenzi kubera ubucye bw’imodoka zituma abazitega bamara umwanya munini batonze imirongo aho bategera.

Ni ikibazo giherutse kongera kuzamuka ndetse Urwego rw’igihugu Ngenzuramikorere (RURA) rukaba ruherutse kongera kompanyi itwara abagenzi mu mujyi wa Kigali.

Gusa n’ubundi abatega imodoka mu mujyi wa Kigali, bagaragaza ko “urwishe ya nka rukiyirimo” kuko umwanya bamara muri za Gare ugikomeje kuba muremure.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Ukwakira 2022, i Kigali hateraniye inama y’iminsi itatu yahuje Ibihugu bitandatu (u Rwanda, Kenya, Uganda, Tanzania, Egypt na Ethiopia), igamije kwigira hamwe uburyo bwo kunoza imiturire ku buryo n’urwego rwo gutwara abagenzi rworoha.

Ibi Bihugu biteraniye muri iyi nama ni nabyo byo muri Afurika bikorana n’Ikigo Mpuzamahanga ITDP (The Institute for Transportation and Development Policy) gishinzwe Iterambere ryo gutwara abantu n’ibintu.

Umuhuzabikorwa w’uyu muryango, Chris Kost avuga ko nubwo Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwashyize imbaraga mu kuzamura urwego rwo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ariko hakirimo ibibazo bikomeye.

Yagize ati “Ubu hashyizwemo imodoka nini zitwara abantu benshi, icyakora izo modoka ziracyari nke cyane. Ibyo bigatuma abantu bamara igihe kinini bazitegereje. Zibatambukaho zuzuye.”

Yakomeje agira ati “Tugomba gushaka uburyo twanoza imitwarire y’abantu. Hagashakwa n’uburyo izo modoka zidakererezwa n’umuvundo. Ibyo byatuma abantu bagenda ku magare no mu modoka zabo bwite babireka bakajya muri izi bus zitwara abantu mu buryo bwa rusange.”

Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imyubakire n’Imitunganyirize y’Umujyi wa Kigali, Asaba Katabarwa Emmanuel, na we ubwe yemeje ko uru rwego rwo gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali rukirimo ibibazo.

Yagize ati “Ni byo koko mu itwarwa ry’abantu haracyarimo ibibazo, hari ibibazo by’imodoka nkeya, harasabwa imodoka nyinshi kandi zigezweho, harasabwa imihanda yihariye y’amabisi.”

Icyakora agaragaza ko hari imishinga igamije kurandura ibi bibazo byose nubwo atatangaje igihe izashyirirwa mu bikorwa ku buryo amarira y’abanyakigali bamara amasaha n’amasaha bategereje imodoka, yahanagurwa.

Avuga ko hari umushinga uhuriweho n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali na Banki y’Isi, uzatuma imodoka nini zitwara abagenzi zajya zihabwa uburenganzira bwo kugenda mbere y’iz’abantu ku giti cyabo.

Ati “Ntizijye zihera mu muvundo w’ibinyabiziga aho usanga bisi y’abantu mirongo inani (80) yaheze inyuma y’imodoka 80 z’abantu 80 kandi ba bandi 80 bakwiye kuba ari bo bihuta kuko baba ari benshi kandi bari hamwe.”

Avuga ko uyu atari umushinga wo guhita umuntu ashyira mu bikorwa kuko usaba byinshi birimo ubushobozi bwo kubaka imihanda.

INKURU IRAMBUYE

RADIOTV10

Comments 2

  1. nsenga says:
    3 years ago

    Mwaramutse neza?
    Rura ifite akazi gakomeye cyane rwose ko gukemura iki kibazo gusa kuba imodoka ari nkeya bituma batwara abagenzi nabi ndabaha urugero muzajye kuri ligne ya Remera mu Mujyi ikorera Volcano murebe ukuntu bapakiramo abantu biteye agahinda kuburyo hari n’abagenda bitura hasi kubera kubura umwuka

    Reply
  2. Manzi says:
    3 years ago

    Erega ikosa ryabayeho mbona harabayeho nkuburyo beogukora akazu kabanu bafite amafaranga bakabaribo bahabwa ama company ashinzwe izomodoka ariko baretse burimunu ushoboye agashora muri transport nibagire abobaheza nakibazo cyogutwara abanu cyabaho rwose nkahose weee wambwira Ute ukunu uzumva ngo RFTC Niya runaka KBC niyarunaka jari transport niyarunaka abobanu bakaba aribo kamara baba fire imihanda bahawe bara banniye abandi nawundi washora ubwoseeeeee nyamara harikibazo gikomeye MWe mutabonaaa cg mwanabona mugatinya kukivuga

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Hatangiye gukusanywa inkunga y’umukecuru wihebeye Amavubi wagaragaye ko ariho mu buzima butanejeje

Next Post

Igisubizo Besigye yahaye Muhoozi wamubwiye ko amwemera kiratunguranye

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

by radiotv10
04/11/2025
0

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Turere dutatu two mu Ntara y’Amajyepfo bahereweho mu gukosoza imyirondoro yabo kugira ngo bizabafashe kuzahabwa...

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

by radiotv10
03/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko rufunze abagabo batatu bafatanywe amahembe y’inzovu yaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bayatwaye mu...

IZIHERUKA

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu
IBYAMAMARE

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

by radiotv10
04/11/2025
0

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

04/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

04/11/2025
Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo Besigye yahaye Muhoozi wamubwiye ko amwemera kiratunguranye

Igisubizo Besigye yahaye Muhoozi wamubwiye ko amwemera kiratunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.