Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

N’amahanga yamaze kubona ko gutwara abagenzi muri Kigali bikirimo ibihato

radiotv10by radiotv10
20/10/2022
in MU RWANDA
2
N’amahanga yamaze kubona ko gutwara abagenzi muri Kigali bikirimo ibihato
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe Iterambere ryo gutwara abantu n’ibintu ITDP (The Institute for Transportation and Development Policy) wagaragaje ko uburyo bwo gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali bukirimo ibibazo kuko abatega imodoka rusange bamara umwanya munini bazitegereje.

Abatuye mu Mujyi wa Kigali bamaze igihe kitari gito binubira urwego rwo gutwara abagenzi kubera ubucye bw’imodoka zituma abazitega bamara umwanya munini batonze imirongo aho bategera.

Ni ikibazo giherutse kongera kuzamuka ndetse Urwego rw’igihugu Ngenzuramikorere (RURA) rukaba ruherutse kongera kompanyi itwara abagenzi mu mujyi wa Kigali.

Gusa n’ubundi abatega imodoka mu mujyi wa Kigali, bagaragaza ko “urwishe ya nka rukiyirimo” kuko umwanya bamara muri za Gare ugikomeje kuba muremure.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Ukwakira 2022, i Kigali hateraniye inama y’iminsi itatu yahuje Ibihugu bitandatu (u Rwanda, Kenya, Uganda, Tanzania, Egypt na Ethiopia), igamije kwigira hamwe uburyo bwo kunoza imiturire ku buryo n’urwego rwo gutwara abagenzi rworoha.

Ibi Bihugu biteraniye muri iyi nama ni nabyo byo muri Afurika bikorana n’Ikigo Mpuzamahanga ITDP (The Institute for Transportation and Development Policy) gishinzwe Iterambere ryo gutwara abantu n’ibintu.

Umuhuzabikorwa w’uyu muryango, Chris Kost avuga ko nubwo Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwashyize imbaraga mu kuzamura urwego rwo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ariko hakirimo ibibazo bikomeye.

Yagize ati “Ubu hashyizwemo imodoka nini zitwara abantu benshi, icyakora izo modoka ziracyari nke cyane. Ibyo bigatuma abantu bamara igihe kinini bazitegereje. Zibatambukaho zuzuye.”

Yakomeje agira ati “Tugomba gushaka uburyo twanoza imitwarire y’abantu. Hagashakwa n’uburyo izo modoka zidakererezwa n’umuvundo. Ibyo byatuma abantu bagenda ku magare no mu modoka zabo bwite babireka bakajya muri izi bus zitwara abantu mu buryo bwa rusange.”

Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imyubakire n’Imitunganyirize y’Umujyi wa Kigali, Asaba Katabarwa Emmanuel, na we ubwe yemeje ko uru rwego rwo gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali rukirimo ibibazo.

Yagize ati “Ni byo koko mu itwarwa ry’abantu haracyarimo ibibazo, hari ibibazo by’imodoka nkeya, harasabwa imodoka nyinshi kandi zigezweho, harasabwa imihanda yihariye y’amabisi.”

Icyakora agaragaza ko hari imishinga igamije kurandura ibi bibazo byose nubwo atatangaje igihe izashyirirwa mu bikorwa ku buryo amarira y’abanyakigali bamara amasaha n’amasaha bategereje imodoka, yahanagurwa.

Avuga ko hari umushinga uhuriweho n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali na Banki y’Isi, uzatuma imodoka nini zitwara abagenzi zajya zihabwa uburenganzira bwo kugenda mbere y’iz’abantu ku giti cyabo.

Ati “Ntizijye zihera mu muvundo w’ibinyabiziga aho usanga bisi y’abantu mirongo inani (80) yaheze inyuma y’imodoka 80 z’abantu 80 kandi ba bandi 80 bakwiye kuba ari bo bihuta kuko baba ari benshi kandi bari hamwe.”

Avuga ko uyu atari umushinga wo guhita umuntu ashyira mu bikorwa kuko usaba byinshi birimo ubushobozi bwo kubaka imihanda.

INKURU IRAMBUYE

RADIOTV10

Comments 2

  1. nsenga says:
    3 years ago

    Mwaramutse neza?
    Rura ifite akazi gakomeye cyane rwose ko gukemura iki kibazo gusa kuba imodoka ari nkeya bituma batwara abagenzi nabi ndabaha urugero muzajye kuri ligne ya Remera mu Mujyi ikorera Volcano murebe ukuntu bapakiramo abantu biteye agahinda kuburyo hari n’abagenda bitura hasi kubera kubura umwuka

    Reply
  2. Manzi says:
    3 years ago

    Erega ikosa ryabayeho mbona harabayeho nkuburyo beogukora akazu kabanu bafite amafaranga bakabaribo bahabwa ama company ashinzwe izomodoka ariko baretse burimunu ushoboye agashora muri transport nibagire abobaheza nakibazo cyogutwara abanu cyabaho rwose nkahose weee wambwira Ute ukunu uzumva ngo RFTC Niya runaka KBC niyarunaka jari transport niyarunaka abobanu bakaba aribo kamara baba fire imihanda bahawe bara banniye abandi nawundi washora ubwoseeeeee nyamara harikibazo gikomeye MWe mutabonaaa cg mwanabona mugatinya kukivuga

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Hatangiye gukusanywa inkunga y’umukecuru wihebeye Amavubi wagaragaye ko ariho mu buzima butanejeje

Next Post

Igisubizo Besigye yahaye Muhoozi wamubwiye ko amwemera kiratunguranye

Related Posts

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe
IMIBEREHO MYIZA

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

23/01/2026
Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo Besigye yahaye Muhoozi wamubwiye ko amwemera kiratunguranye

Igisubizo Besigye yahaye Muhoozi wamubwiye ko amwemera kiratunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.