Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

N’amahanga yamaze kubona ko gutwara abagenzi muri Kigali bikirimo ibihato

radiotv10by radiotv10
20/10/2022
in MU RWANDA
2
N’amahanga yamaze kubona ko gutwara abagenzi muri Kigali bikirimo ibihato
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe Iterambere ryo gutwara abantu n’ibintu ITDP (The Institute for Transportation and Development Policy) wagaragaje ko uburyo bwo gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali bukirimo ibibazo kuko abatega imodoka rusange bamara umwanya munini bazitegereje.

Abatuye mu Mujyi wa Kigali bamaze igihe kitari gito binubira urwego rwo gutwara abagenzi kubera ubucye bw’imodoka zituma abazitega bamara umwanya munini batonze imirongo aho bategera.

Ni ikibazo giherutse kongera kuzamuka ndetse Urwego rw’igihugu Ngenzuramikorere (RURA) rukaba ruherutse kongera kompanyi itwara abagenzi mu mujyi wa Kigali.

Gusa n’ubundi abatega imodoka mu mujyi wa Kigali, bagaragaza ko “urwishe ya nka rukiyirimo” kuko umwanya bamara muri za Gare ugikomeje kuba muremure.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Ukwakira 2022, i Kigali hateraniye inama y’iminsi itatu yahuje Ibihugu bitandatu (u Rwanda, Kenya, Uganda, Tanzania, Egypt na Ethiopia), igamije kwigira hamwe uburyo bwo kunoza imiturire ku buryo n’urwego rwo gutwara abagenzi rworoha.

Ibi Bihugu biteraniye muri iyi nama ni nabyo byo muri Afurika bikorana n’Ikigo Mpuzamahanga ITDP (The Institute for Transportation and Development Policy) gishinzwe Iterambere ryo gutwara abantu n’ibintu.

Umuhuzabikorwa w’uyu muryango, Chris Kost avuga ko nubwo Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwashyize imbaraga mu kuzamura urwego rwo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ariko hakirimo ibibazo bikomeye.

Yagize ati “Ubu hashyizwemo imodoka nini zitwara abantu benshi, icyakora izo modoka ziracyari nke cyane. Ibyo bigatuma abantu bamara igihe kinini bazitegereje. Zibatambukaho zuzuye.”

Yakomeje agira ati “Tugomba gushaka uburyo twanoza imitwarire y’abantu. Hagashakwa n’uburyo izo modoka zidakererezwa n’umuvundo. Ibyo byatuma abantu bagenda ku magare no mu modoka zabo bwite babireka bakajya muri izi bus zitwara abantu mu buryo bwa rusange.”

Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imyubakire n’Imitunganyirize y’Umujyi wa Kigali, Asaba Katabarwa Emmanuel, na we ubwe yemeje ko uru rwego rwo gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali rukirimo ibibazo.

Yagize ati “Ni byo koko mu itwarwa ry’abantu haracyarimo ibibazo, hari ibibazo by’imodoka nkeya, harasabwa imodoka nyinshi kandi zigezweho, harasabwa imihanda yihariye y’amabisi.”

Icyakora agaragaza ko hari imishinga igamije kurandura ibi bibazo byose nubwo atatangaje igihe izashyirirwa mu bikorwa ku buryo amarira y’abanyakigali bamara amasaha n’amasaha bategereje imodoka, yahanagurwa.

Avuga ko hari umushinga uhuriweho n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali na Banki y’Isi, uzatuma imodoka nini zitwara abagenzi zajya zihabwa uburenganzira bwo kugenda mbere y’iz’abantu ku giti cyabo.

Ati “Ntizijye zihera mu muvundo w’ibinyabiziga aho usanga bisi y’abantu mirongo inani (80) yaheze inyuma y’imodoka 80 z’abantu 80 kandi ba bandi 80 bakwiye kuba ari bo bihuta kuko baba ari benshi kandi bari hamwe.”

Avuga ko uyu atari umushinga wo guhita umuntu ashyira mu bikorwa kuko usaba byinshi birimo ubushobozi bwo kubaka imihanda.

INKURU IRAMBUYE

RADIOTV10

Comments 2

  1. nsenga says:
    3 years ago

    Mwaramutse neza?
    Rura ifite akazi gakomeye cyane rwose ko gukemura iki kibazo gusa kuba imodoka ari nkeya bituma batwara abagenzi nabi ndabaha urugero muzajye kuri ligne ya Remera mu Mujyi ikorera Volcano murebe ukuntu bapakiramo abantu biteye agahinda kuburyo hari n’abagenda bitura hasi kubera kubura umwuka

    Reply
  2. Manzi says:
    3 years ago

    Erega ikosa ryabayeho mbona harabayeho nkuburyo beogukora akazu kabanu bafite amafaranga bakabaribo bahabwa ama company ashinzwe izomodoka ariko baretse burimunu ushoboye agashora muri transport nibagire abobaheza nakibazo cyogutwara abanu cyabaho rwose nkahose weee wambwira Ute ukunu uzumva ngo RFTC Niya runaka KBC niyarunaka jari transport niyarunaka abobanu bakaba aribo kamara baba fire imihanda bahawe bara banniye abandi nawundi washora ubwoseeeeee nyamara harikibazo gikomeye MWe mutabonaaa cg mwanabona mugatinya kukivuga

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Hatangiye gukusanywa inkunga y’umukecuru wihebeye Amavubi wagaragaye ko ariho mu buzima butanejeje

Next Post

Igisubizo Besigye yahaye Muhoozi wamubwiye ko amwemera kiratunguranye

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo Besigye yahaye Muhoozi wamubwiye ko amwemera kiratunguranye

Igisubizo Besigye yahaye Muhoozi wamubwiye ko amwemera kiratunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.