• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

N’amarira bayabuze: Ibyabaye kuri ManUnited byatumye abafana bayo babura ayo bacira n’ayo bamira

radiotv10by radiotv10
06/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
N’amarira bayabuze: Ibyabaye kuri ManUnited byatumye abafana bayo babura ayo bacira n’ayo bamira
Share on FacebookShare on Twitter

Amateka yaherukaga kuba mu myaka 92 ishize ubwo Manchester United yatsindwaga na Wolves ibitego 7-0, none byongeye kuba muri 2023 ubwo Liverpool imaze iminsi ihagaze nabi yayizukiragaho ikayikubita ibitego nk’ibi bingana na 1/2 cy’umuzinga hiyongereyeho igitego kimwe (7).

Ku munota wa 43 w’umukino Umuholandi Cody Gakpo yafunguye amazamu ndetse biha Liverpool yari mu rugo isoza igice cya mbere iyoboye umukino.

Nyuma y’iminota ibiri (2) igice cya kabiri gitangiye, Nunez yongeye kunyeganyeza incundura z’umunyezamu David De Gea.

Benshi bahise batangira kwibaza icyo Umutoza Eric Ten Hag agiye gukora kugira ngo agarure ikipe ye mu mukino gusa biramwangira, kuko Manchester United yagaragazaga ibimenyetso by’uko ubwugarizi bwayo butameze neza.

Ku rundi ruhande ariko ni ko Jurgen Kloop n’abasore be bakomezaga gucana umuriro utazima kuri Manchester United ndetse biza no kubahira dore ko ku munota wa 50, Cody Gakpo wari watsinze igitego cya mbere yongeye gutsinda igitego cya 3, kikaba icya 2 kuri we muri uyu mukino.

Liverpool ntiyanyuzwe kuko ahagana ku munota wa 76 Nunez yatsinze igitego cya 4, ari na cyo cya 2 kuri we muri uyu mukino.

Ishyano ryaguye ubwo Mohamed Salah yatsindaga igitego cya 5 n’icya 6, ndetse bimugira umukinnyi umaze gutsindira Liverpool ibitego byinshi bigera ku 129 mu mikino 203 ya shampiyona y’Abongereza kuva yayigeramo aturutse muri As Roma muri 2017-2018.

Umunya-Brazil, Robert Firmino uberuka gusezera mu ikipe ya Liverpool, yinjiye mu kibuga asimbuye ndetse aba ari na we utsinda igitego cy’agashyinguracumu ari na cyo cya 7 ku busa bwa Manchester United.

Manchester United yongera gusubira mu mateka mabi yaherukaga mu mwaka w’i 1931 ubwo iyo kipe yatsindwaga na Wolves ibitego 7-0.

Liverpool imaze iminsi idahagaze neza yanyagiye Man United

Basohotse mu kibuga babuze uko bifata

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − nineteen =

Previous Post

Perezida Macron yabwije Tshisekedi ukuri kuryana mu kiganiro cyavuzwemo ibitatekerezwaga

Next Post

Muri Congo hagezeyo abandi basirikare bihariye barimo abanyuze mu Rwanda

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Muri Congo hagezeyo abandi basirikare bihariye barimo abanyuze mu Rwanda

Muri Congo hagezeyo abandi basirikare bihariye barimo abanyuze mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.