Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Narabibonaga ariko simbyumve-Perezida Kagame yavuze icyo yatekerezaga ku bibazo byamugize impunzi afite imyaka 4

radiotv10by radiotv10
08/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Narabibonaga ariko simbyumve-Perezida Kagame yavuze icyo yatekerezaga ku bibazo byamugize impunzi afite imyaka 4
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko akiri muto, yabonaga ibibazo byari byugarije Umugabane wa Afurika byumwihariko ibyari mu Gihugu yavukiyemo akaza kukivamo akiri muto akajya kuba impunzi afite imyaka ine, ariko ko uko yagiye akura, we na bagenzi be, bagiye batekereza icyakorwa kugira ngo babisohokemo.

Perezida Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Ugushyingo 2024, mu Ihuriro ry’Urubyiruko ‘Youth Connekt’ ryateraniye i Kigali ryitabiriwe n’Urubyiruko ruturutse mu Bihugu binyuranye ku Mugabane wa Afurika.

Umukuru w’u Rwanda wagarutse ku bibazo byakunze kugaragara ku Mugabane wa Afurika, n’icyakorwa kugira ngo bikemuke, yavuze ko akiri muto cyane, “atari afite ijisho ryo gusesengura ibibazo, ariko ko yabonaga ko bihari.”

Ati “Ikibazo narakibonaga, ariko sincyumve. Ibibazo narabibonaga, nabibagamo, byamfashe igihe kugira ngo mbona ko ibi bintu bidakwiye kuba biriho ku bantu barimo nanjye ubwanjye, ndetse uko nagiye nkura, nagiye mbona ko hari ikigomba gukorwa.”

Perezida Kagame yavuze kandi ko icyo gihe yabonye ko kuba hari icyakorwa, bitareba abandi bantu, uretse abari mu ibyo bibazo na we arimo.

Yagarutse ku mateka ye bwite, aho umuryango we wahunze ibibazo byari mu Rwanda by’ubutegetsi bwariho icyo gihe bwatotezaga Abanyarwanda bo mu bwoko bumwe, aho we yari afite imyaka ine y’amavuko.

Ati “Urumva ko mu myaka ine, mu by’ukuri nta byinshi natekerezaga ku byariho biba. Icyo gihe ni bwo umuryango wanjye wagiye mu buhungiro, uhunga iki Gihugu, kandi rwose icyo gihe umuryango wanjye wari umeze neza ugereranyije n’imibereho y’icyo gihe, ntakibazo wari ufite ariko twisanze turi impunzi mu kindi Gihugu.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko yabaye impunzi akiri muto, ariko ko ibyo abisangiye n’abandi benshi babaye muri ubu buzima bw’ubuhunzi kubera ibibazo byariho byari bishingiye ku butegetsi bubi bwariho mu Rwanda icyo gihe.

Yavuze ko mu gukurira muri ubwo buzima bw’ubuhunzi, byanatumye batangira gufata amasomo bakiri bato kuko batangiye gutekereza icyakorwa.

Ati “Byumwihariko ikibazo nibazaga icyo gihe, nkanabaza umubyeyi wanjye ubwo nari mfite imyaka 12, naramubazaga nti ‘ariko twakoze iki?, kubera iki turi hano?’ twari mu nkambi y’impunzi turya ari uko baduhaye irasiyo twabonaga buri cyumweru,…”

Byari ibibazo bya politiki, bigiye birimo uruvangitirane rw’ibindi birimo iby’amateka y’ubukoloni, ibyo mu bihe by’ubwigenge, byose byagiye bituma batekereza icyakorwa.

Perezida Kagame avuga ko ikibabaje ari uko ibi byabaye kuva ku myaka ine ye, bikiri no kuba ku bandi bana muri iki gihe mu Bihugu bimwe, bitewe n’imitegekere mibi y’Ibihugu byabo na politiki mbi zabyo.

Ati “Kubera iki uyu munsi haba hakiri kuba ibintu byambayeho mfite imyaka ine, bikaba biri kuba muri iki gihe, ahantu runaka, ntabwo bishobora kuba muri iki Gihugu, ariko kuki biri kuba ahandi ku Mugabane wacu?, turacyafite impunzi, turacyafite amakimbirane ashingiye ku bwoko…”

Perezida Paul Kagame avuga ko ubundi ibyabaye ku Rwanda byari bikwiye kubera isomo abandi, ndetse ko kuri we no ku Banyarwanda bose bikwiye kubabera isomo, kandi ko ryabafashije akaba ari na ryo ribagejeje aho bageze ubu.

Ati “Namwe rubyiruko muri hano, ntibikwiye ko mugomba kunyura muri ibyo kugira ngo mubashe kugera ku byo abakiri bato b’icyo gihe banyuzemo kugira ngo bagere aho bageze uyu munsi. Mukwiye kwigira ku mateka y’ibyabaye ku bandi, ariko mukanishyira mu mwanya wo kuvuga ngo ‘bishobora no kumbaho, cyangwa se igihe biramutse bimbayeho ni iki nakora kugira ngo mbikumire, cyangwa se ni iki nakora kugira ngo nzahangane na byo kugira ngo nzabisohokemo amahoro’.”

Perezida Kagame yavuze kandi ko abantu bakwiye gutekereza ibi mu buryo bwagutse mu nyungu z’umuryango mugari rusange w’aho batuye, birinda kutagwa mu kangaratete nk’akagwiririye u Rwanda.

Perezida Paul Kagame ubwo yageraga muri Kigali Convention Center ahabereye iri huriro

Ni ihuriro ryitabiriwe n’urubyiruko ruturutse mu Bihugu binyuranye muri Afurika

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 4 =

Previous Post

Amakuru agezweho kuri Baltasar wabaye ikimenyabose ku mbuga nkoranyambaga

Next Post

Bwa mbere umuhanzikazi Ariel Wayz yatanze umucyo ku cyamutandukanyije na Juno Kizigenza bakundanaga

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inzigo yabererekeye business: Juno Kizigenza na Ariel Ways bahuriye mu ndirimbo

Bwa mbere umuhanzikazi Ariel Wayz yatanze umucyo ku cyamutandukanyije na Juno Kizigenza bakundanaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.