Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Natwaye umugenzi tugezeyo ampa Waragi nyinywa nibagiwe ko ntwara Moto- Uwasanzwemo 7 ya alukoro

radiotv10by radiotv10
10/12/2021
in MU RWANDA
0
Natwaye umugenzi tugezeyo ampa Waragi nyinywa nibagiwe ko ntwara Moto- Uwasanzwemo 7 ya alukoro

Hagenimana Xavier

Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bantu 19 bafashwe batwaye ibinyabiziga banyoye inzoga, yavuze ko habayeho uburangare kuko yanyoye inzoga yitwa Waragi ubwo yari atwaye umugenzi yamugezayo akamuzimarina na we akibagirwa ko asubira mu muhanda.

Aba bantu 19 berekanywe na Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa Kane tariki 09 Ukuboza 2021, bafatiwe mu bice binyuranye bo mu Mujyi wa Kigali hagati ya tariki 05-08 Ukuboza 2021.

Hagenimana Xavier yiyemereye ko yafashwe yanyoye ibisindisha ku rwego rwo hejuru kuko ibipimo byagaragaje ko afite umusemburo wa Alukoro ungana na 7.

Yavuze ko yafatiwe Nyabugogo, afatwa ku isaha ya saa tatu z’ijoro, aricuza  ibyo yakoze agira inama bagenzi be kutazagwa mu makosa nk’ayo yaguyemo.

Hagenimana Xavier avuga ko ku wa kabiri tariki ya 07 Ukuboza yatwaye umugenzi mu bice bya Kanombe agezeyo amuzimanira inzoga yitwa Waragi undi arayinywa.

Ati “Narayinyoye nibagirwa ko ntwaye moto, mu kugaruka ngeze Nyabugogo baramfata bapimye basanga mfite igipimo cya 7 n.ibice.”

Ndayizigiye Nepomuscene, yavuze ko yafashwe mu ijoro rya tariki ya 6 Ukuboza afatirwa mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Nyarugenge mu Kagari ka Rwampala. Yemeye ko abapolisi bamufashe yanyoye  inzoga.

Yagize ati “Bamfashe ku isaha ya saa tanu z’ijoro ntwaye moto  nanyoye, abapolisi barapimye basanga mfite ibipimo biri hejuru by’umusemburo wa Alukoro. Amakosa narayakoze kandi ndayasabira imbabazi.”

Ndayizigiye Nepomuscene yemera ko yakoze amakosa agasaba imbabazi

Umuvugizi wa Polisi mu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, Senior Superintendent of Police (SSP) Rene Irere yongeye kwibutsa abatwara ibinyabizga ko bagomba kuzirikana ko ubuzima bwabo n’ubw’abandi bakoresha umuhanda ari ingenzi bityo bagomba kwirinda icyateza impanuka mu muhanda.

Yavuze ko abatazajya babyubahiriza bazajya bafatwa babihanirwe kuko Polisi ntizahagarika ibikorwa byo kurwanya ikintu cyose cyateza umutekano wo mu muhanda.

Herekanywe abantu 19

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 5 =

Previous Post

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi 176 zivuye muri Libya

Next Post

Uganda ikomeje kugaragariza Abanyarwanda urwango rukomeye: Hari umusore wiciweyo arashwe n’abasirikare

Related Posts

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu...

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali; guhera ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza, yibukijwe ko mu cyumweru...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

by radiotv10
16/09/2025
0

The Government of Rwanda has announced that by 2025, households with access to electricity have reached 85%, up from less...

IZIHERUKA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar
MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda ikomeje kugaragariza Abanyarwanda urwango rukomeye: Hari umusore wiciweyo arashwe n’abasirikare

Uganda ikomeje kugaragariza Abanyarwanda urwango rukomeye: Hari umusore wiciweyo arashwe n'abasirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.