• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

radiotv10by radiotv10
21/11/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri, rwaranzwe n’ibikorwa birimo gutemberana mu rwuri rwe akanamugabira Inka z’Inyambo nk’ikimenyetso cy’ubucuti bushikamye basanzwe bafitanye.

Ubu butumwa bwo gushimira, Perezida Paul Kagame yabutanze kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Ugushyingo 2025, abunyujije ku mbuga nkoranyambaga ze.

Yagize ati “Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye, His Highness Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, ku bw’uruzinduko yagiriye mu Rwanda n’ibiganiro by’ingirakamaro twagiranye.”

Umukuru w’Igihugu yakomeje avuga ko u Rwanda rwagenderewe n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, rwishimira umubano ushikamye rufitanye na Leta ya Qatar, kimwe n’ubushuti bwihariye, bukomeje kuganisha aheza imikoranire y’Ibihugu byombi.

Ati “Twishimiye gukomeza kubakira ku ntambwe yatewe muri uru ruzinduko ndetse no guteza imbere intego z’inyungu zihuriwe n’Ibihugu byacu n’abaturage bacu.”

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani yari yageze mu Rwanda kuri uyu wa Kane, aho yakiriwe ku Kibuga cy’Indege cya Kigali na Perezida Paul Kagame.

Aba bayobozi bombi kandi ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane banatambagiye mu rwuri rwa Perezida Kagame ruri Kibugabuga mu Karere ka Bugesera, anamugabira Inka z’inyambo nk’ikimenyetso cy’igihango n’ubucuti busanzwe buri hagati y’Umukuru w’u Rwanda na Emir wa Qatar.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 2 =

Previous Post

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Next Post

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.